Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma

radiotv10by radiotv10
01/06/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Bwa mbere uwagaragayeho ibiterasoni byavugishije benshi asobanuye ibitaramenyekanye n’ikibyihishe inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Uwahoze ari umukozi w’Akarere ka Nyamagabe, wagaragaye mushusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, yatumye afungwa akurikiranyweho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, ubu akaba yarafunguwe by’agateganyo, bwa mbere yabivuzeho birambuye, anagaruka ku cyo avuga ko cyari kibyihishe inyuma.

Edouard Murindababisha wahoze ari Data Manager (ushinzwe kubika amakuru mu ikoranabuhanga) w’Akarere ka Nyamagabe, yatawe muri yombi mu ntangiro za Mata 2023, nyuma y’amashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, amugaragaza ari mu kabari ameze nk’uri gukora imibonano mpuzabitsina n’umukobwa wari umwicayeho.

Yatawe muri yombi akurikiranyweho icyaha cyo gukora ibiterasoni mu ruhame, gihanwa n’ingingo ya 143 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko “Umuntu wese ukora ibiterasoni mu ruhame aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igihano cy’igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze imyaka ibiri (2).”

Mu cyumweru gishize, tariki 22 Gicurasi 2023, uyu mugabo yarekuwe by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwamuburanishije mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo yari yafatiwe cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30.

Nyuma yo gufungurwa, yaganiriye n’ikinyamakuru Umuseke, akibwira impamvu zatumye afungurwa, ari uko Urukiko rwasanze amashusho yari yashingiweho aregwa, atari ay’umwimerere.

Yavuze ko Ubushinjacyaha butabashije kugaragaza umukobwa wagaragaye mu mashusho bameze nk’abari gusambana, ndetse n’uwayafashe, n’uwayatangaje bwa mbere, bituma Urukiko rutesha agaciro iriya Videwo yasakaye.

Nanone kandi ngo umutangabuhamya washinjaga uregwa, yavuze ko atari yibereye ahafatiwe ariya mashusho yari nk’ikimenyetso cy’ibanze cyatumye uyu mugabo ajyanwa mu nkiko.

Murindababisha wumvikana nk’uhakana ko ibyagaragaye muri ariya mashusho bitabayeho, yavuze ko iriya videwo yakorewe amakabyankuru, hagamijwe kumuharabika.

Avuga ko byari umugambi w’umwe mu bayobozi mu nzego z’ibaze mu Karere ka Musanze washatse kumuvutsa amahirwe y’isoko yari yatsindiye.

Yagize ati “Byose niho byagiye bituruka kuko na wa munsi bamfashe tariki ya 6 (Mata), nari mfite kujya kubahugura tariki ya 8. Bakoze ibishoboka byose bamfata mbere y’uko njyayo.”

Avuga ko ariya mashusho yafatiwe mu kabari gaherereye mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, ubwo yari agiye gushaka ifunguro muri resitora mu mujyi rwagati, ariko agasanga ritaboneka, ari bwo yahise ajya muri kariya kabari kureba ko yabona icyo kurya.

Uyu mugabo avuga ko adasanzwe anywa n’inzoga, ndetse ko no muri ako kabari atari yagiyemo kunywa ahubwo ko yari yagiye kuhafatira ifunguro, ubundi akanaka icyo kurimanuza, ku buryo akeka ko hari icyo bamuvangiyemo.

Mu mvugo idatomora niba yemera ibigaragara muri ariya mashusho byarabayeho cyangwa bitarabayeho, yagize ati “Kuvuga ngo sibyo bisa nk’aho biba bigoranye. Niba umuntu agiye ahantu agiye kurya, warangiza kurya, wakwaka akantu ko kurenza ku biryo, wibaza niba batarashyizemo ibindi bintu.”

Edouard Murindababisha avuga ko ibyamubayeho byose hari abari babyihishe inyuma, ndetse ko n’amashusho yasakaye atari ay’ukuri, agasaba abantu kujya bitondera ayo babonye yose, ahubwo bagashyiramo inyurabwenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Umusesenguzi ahishuye impamvu ibiganiro ku bya Congo byitabiriwe n’Abaperezida babiri gusa abandi bagahagararirwa

Next Post

Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Hatangajwe abakinnyi b’Amavubi bahamagawe batarimo ba kapiteni babiri bamenyerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.