Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

radiotv10by radiotv10
16/07/2025
in MU RWANDA
0
Byagenze gute ngo umunyeshuri umwe mu Rwanda akorere ikizamini cya Leta kuri Polisi?

Icyitonderwa: Ifoto ntihuye n'ibivugwa mu nkuru, ni iyifashishijwe

Share on FacebookShare on Twitter

Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2024-2025 mu Rwanda, umwe mu banyeshuri bari gukora ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye wiga mu kigo cy’ishuri ryo mu Karere ka Nyamagabe, yakoreye ikizamini cye kuri Polisi nyuma yo gufatanwa icyuma yari yitwaje avuga ko narangiza icy’uwo munsi agitera umuntu.

Uyu munyeshuri w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko, asanzwe yiga mu Rwunge rw’Amashuri (GS) Gasaka mu Karere ka Nyamagabe.

Ubwo abanyeshuri bazindukiraga mu kizamini cyakozwe kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nyakanga 2025, uyu munyeshuri yaje yitwaje imbugita yayihishe mu mukandara, aho yavugaga ko narangiza ikizamini cy’uwo munsi, aza kuyitera umuntu ariko atavuga uwo ari we.

Ibi byatumye inzego z’umutekano zari ahakorerwaga iki kizamini, zibyinjiramo, ndetse ashaka no kuzirwanya ariko ziramufata.

Aya makuru kandi yemwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye, wavuze ko uyu munyeshuri yahise afatwa ajyanwa kuri Biro bya Polisi bya Kigeme, ndetse aba ari na ho akorera Ikizamini cyari giteganyijwe kuri uyu wa Kabiri, akaba ari na ho yakoreye icya none tariki 16 Nyakanga kugira ngo uwo mugambi yumvikanye avuga kuri uyu wa Kabiri ataza kuwukomeza.

SP Emmanuel Habiyaremye yagize “Yafatanywe icyuma yari yambariyeho kiri ku mukandara, akaba anakekwaho kuba akoresha ibiyobyabwenge.”

Abazi uyu munyeshuri kandi bavuga ko asanzwe akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge, ndetse ko bishoboka ko ari byo byamuteye kugaragaza iyi myitwarire.

Polisi ivuga ko hahise hanatangira gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane amakuru arambuye kuri uyu munyeshuri n’icyaba kimutera kwitwara uku.

Mu bizamini bya Leta bikorwa mu Rwanda, hari bamwe mu banyeshuri babikorera ahatari ku Bigo by’Amashuri ku bw’impamvu zitandukanye, barimo ababa bafite ibibazo by’uburwayi boroherezwa gukorera kwa muganga kugira ngo badacikanwa n’ayo mahirwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − twelve =

Previous Post

“Too fat” or “Too skinny”?- Body shaming is never a joke

Next Post

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Related Posts

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

IZIHERUKA

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda
FOOTBALL

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

07/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

06/08/2025
U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Prosecution seeks 15-year prison sentence for Manzi, owner of Billion Traders

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Jules Karangwa wabaye umunyamakuru yahawe inshingano zikomeye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

What Rwandan students really think about AI in education

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.