Saturday, October 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byamenyekanye ko abaguye mu mpanuka ikomeye muri Congo biganjemo abasirikare b’ikindi Gihugu

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in AMAHANGA
0
Byamenyekanye ko abaguye mu mpanuka ikomeye muri Congo biganjemo abasirikare b’ikindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 14 barimo abasirikare 12 ba Uganda bahitanywe n’impanuka ikomeye yabereye mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi mpanuka kandi yakomerekeyemo abantu barenga 50, yabaye ku ya 22 Ukwakira 2024 mu muhanda Makeke-Bela muri Teritwari ya Mambasa mu Ntara ya Ituri.

Ni impanuka y’imodoka y’ikamyo yari itwaye abasirikare ba Uganda, yabaye ubwo yabanzaga kugonga umumotari ndetse n’abagenzi babiri na bo bahise bagwa aho.

Amakuru avuga ko umushoferi wari utwaye iyi kamyo yari irimo abasirikare ba Uganda, yabanje gufata feri ubwo yahuraga n’umumotari ariko imodoka ikanga guhagarara, igahita yahuranya moto na yo igahita yibarangura.

Abagenzi babiri bari kuri moto bahise bitaba Imana, mu gihe umumotari wari ubatwaye we yarokotse ariko agakomereka bikabije.

Mu bantu 14 bahitanywe n’iyi mpanduka, barimo abasirikare 12 mu Ngabo za Uganda, mu gihe abakomerekejwe n’iyi mpanuka, barenga 50 barimo n’ubundi abasirikare ba Uganda.

Ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, imirambo y’aba basirikare ba Uganda, yahise igarurwa muri Beni mbere yuko yoherezwa mu Gihugu cyabo cya Uganda.

Polisi ya Congo, ivuga ko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko ukabije ndetse n’ibibazo by’iyi modoka y’ikamyo yagize muri feri.

Nanone kandi hari andi makuru avuga ko abasirikare bo muri Uganda bataramenyera imihanda n’amategeko yayo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba basirikare ba Uganda bahuye n’ibi byago, ni bamwe mu bari mu butumwa buhuriweho hagati y’Ingabo z’iki Gihugu n’iza DRC, bari mu bikorwa bya gisirikare byiswe Shujaa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ufite ibirindiro mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × five =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku murwayi mushya wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Next Post

Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Related Posts

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

by radiotv10
25/10/2025
0

Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon, Issa Tchiroma Bakary, wamaze kwitangaza nk’uwatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu, yatangaje ko igihe hatangazwa...

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

by radiotv10
24/10/2025
0

Abantu 25 baburiye ubuzima mu mpanuka yabereye muri Leta ya Andhra Pradesh mu majyepfo y’u Buhindi, nyuma yuko bisi itwara...

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

Sarközy wabaye Perezida w’u Bufaransa uherutse kwishyikiriza Gereza ngo afungwe hatangajwe ibyo atazemererwa

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Umutekano mu Bufaransa, yavuze ko Nicolas Sarközy wayoboye iki Gihugu, mu myaka itanu azamara muri Gereza La Santé afungiyemo,...

Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

by radiotv10
24/10/2025
0

Ibihano Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Turmp yafatitye kompanyi ebyiri zicuruza ibikomoka kuri petrole zo mu Burusiya,...

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

FARDC yatumye hazamuka ubwoba bwinshi mu gace ko muri Kivu ya Ruguru

by radiotv10
22/10/2025
0

Ubwoba bwatashye abatuye mu gace ka Kashebere ko muri Teritwari ya Walikale muri Kivu ya Ruguru kubera indege y’intambara yo...

IZIHERUKA

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA
FOOTBALL

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

by radiotv10
25/10/2025
0

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

25/10/2025
Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

25/10/2025
Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

Utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Cameroon witangaje nk’uwatsinze amatora ya Perezida yavuze ikizakurikiraho nibitemezwa

25/10/2025
Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

Smart weekend spending: Budget tips for young professionals

25/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

25/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda ari mu bahawe inshingano muri FERWAFA

Abatuye muri Kicukiro bagaragarijwe icyashimangira ubumwe n’ubudaheranwa bigifite ibibibangamiye

Annette Murava n’umugabo we Bishop Gafaranga bazanye ubutumwa bifashishije ibyo banyuzemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.