Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byamenyekanye ko abaguye mu mpanuka ikomeye muri Congo biganjemo abasirikare b’ikindi Gihugu

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in AMAHANGA
0
Byamenyekanye ko abaguye mu mpanuka ikomeye muri Congo biganjemo abasirikare b’ikindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 14 barimo abasirikare 12 ba Uganda bahitanywe n’impanuka ikomeye yabereye mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi mpanuka kandi yakomerekeyemo abantu barenga 50, yabaye ku ya 22 Ukwakira 2024 mu muhanda Makeke-Bela muri Teritwari ya Mambasa mu Ntara ya Ituri.

Ni impanuka y’imodoka y’ikamyo yari itwaye abasirikare ba Uganda, yabaye ubwo yabanzaga kugonga umumotari ndetse n’abagenzi babiri na bo bahise bagwa aho.

Amakuru avuga ko umushoferi wari utwaye iyi kamyo yari irimo abasirikare ba Uganda, yabanje gufata feri ubwo yahuraga n’umumotari ariko imodoka ikanga guhagarara, igahita yahuranya moto na yo igahita yibarangura.

Abagenzi babiri bari kuri moto bahise bitaba Imana, mu gihe umumotari wari ubatwaye we yarokotse ariko agakomereka bikabije.

Mu bantu 14 bahitanywe n’iyi mpanduka, barimo abasirikare 12 mu Ngabo za Uganda, mu gihe abakomerekejwe n’iyi mpanuka, barenga 50 barimo n’ubundi abasirikare ba Uganda.

Ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, imirambo y’aba basirikare ba Uganda, yahise igarurwa muri Beni mbere yuko yoherezwa mu Gihugu cyabo cya Uganda.

Polisi ya Congo, ivuga ko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko ukabije ndetse n’ibibazo by’iyi modoka y’ikamyo yagize muri feri.

Nanone kandi hari andi makuru avuga ko abasirikare bo muri Uganda bataramenyera imihanda n’amategeko yayo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba basirikare ba Uganda bahuye n’ibi byago, ni bamwe mu bari mu butumwa buhuriweho hagati y’Ingabo z’iki Gihugu n’iza DRC, bari mu bikorwa bya gisirikare byiswe Shujaa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ufite ibirindiro mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + 15 =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku murwayi mushya wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Next Post

Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Related Posts

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

by radiotv10
06/01/2026
0

Raporo ku bugenzuzi bwakorewe ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’Amahoro, yagaragaje ko hari ingingo z’ingenzi zikomeje kwirengagizwa mu masezerano y’i Washington,...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

by radiotv10
06/01/2026
0

A report assessing the implementation of peace agreements has revealed that key provisions of the Washington Peace Agreement continue to...

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

by radiotv10
06/01/2026
0

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri...

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

Amagambo ya mbere ya Maduro n’umugore we ku nshuro ya mbere bagejejwe imbere y’Urukiko

by radiotv10
06/01/2026
0

Nicolás Maduro wahoze ari Perezida wa Venezuela uherutse gufatwa na Leta Zunze Ubumwe za America zimusanze mu Gihugu cye, ubwo...

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

by radiotv10
06/01/2026
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, nyuma yuko yohereje abakomando bagafata Perezida wa Venezuela kubera kumushinja ubucuruzi...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.