Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Byamenyekanye ko abaguye mu mpanuka ikomeye muri Congo biganjemo abasirikare b’ikindi Gihugu

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in AMAHANGA
0
Byamenyekanye ko abaguye mu mpanuka ikomeye muri Congo biganjemo abasirikare b’ikindi Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 14 barimo abasirikare 12 ba Uganda bahitanywe n’impanuka ikomeye yabereye mu Ntara ya Ituri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Iyi mpanuka kandi yakomerekeyemo abantu barenga 50, yabaye ku ya 22 Ukwakira 2024 mu muhanda Makeke-Bela muri Teritwari ya Mambasa mu Ntara ya Ituri.

Ni impanuka y’imodoka y’ikamyo yari itwaye abasirikare ba Uganda, yabaye ubwo yabanzaga kugonga umumotari ndetse n’abagenzi babiri na bo bahise bagwa aho.

Amakuru avuga ko umushoferi wari utwaye iyi kamyo yari irimo abasirikare ba Uganda, yabanje gufata feri ubwo yahuraga n’umumotari ariko imodoka ikanga guhagarara, igahita yahuranya moto na yo igahita yibarangura.

Abagenzi babiri bari kuri moto bahise bitaba Imana, mu gihe umumotari wari ubatwaye we yarokotse ariko agakomereka bikabije.

Mu bantu 14 bahitanywe n’iyi mpanduka, barimo abasirikare 12 mu Ngabo za Uganda, mu gihe abakomerekejwe n’iyi mpanuka, barenga 50 barimo n’ubundi abasirikare ba Uganda.

Ubwo iyi mpanuka yari ikimara kuba, imirambo y’aba basirikare ba Uganda, yahise igarurwa muri Beni mbere yuko yoherezwa mu Gihugu cyabo cya Uganda.

Polisi ya Congo, ivuga ko iyi mpanuka yatewe n’umuvuduko ukabije ndetse n’ibibazo by’iyi modoka y’ikamyo yagize muri feri.

Nanone kandi hari andi makuru avuga ko abasirikare bo muri Uganda bataramenyera imihanda n’amategeko yayo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Aba basirikare ba Uganda bahuye n’ibi byago, ni bamwe mu bari mu butumwa buhuriweho hagati y’Ingabo z’iki Gihugu n’iza DRC, bari mu bikorwa bya gisirikare byiswe Shujaa byo kurwanya umutwe w’iterabwoba wa ADF urwanya ubutegetsi bwa Uganda ufite ibirindiro mu burasirazuba bwa Congo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + fourteen =

Previous Post

Hatanzwe umucyo ku murwayi mushya wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Next Post

Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Kigali: Agahinda ni kenshi mu muryango wabuze abana batatu bapfiriye rimwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.