Umujyanama Mukuru ushinzwe Itumanaho akaba n’Umuvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, aherutse gutabwa muri yombi, n’urwego rw’iki Gihugu rushinzwe Iperereza azira gukoresha mu buriganya konti ya X [twitter] y’uru rwego.
Uyu witwa Aimé Emmanuel Nibigira, yatawe muri yombi tariki ya 13 Gashyantare 2026, aza kurekurwa mu cyumweru gishize tariki ya 18 Gashyantare.
Amakuru dukesha SOS Médias Burundi, avuga ko uyu muvugizi w’Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi, yari acumbikiwe mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe iperereza (SNR) i Bujumbura.
Amakuru avuga ko yashinjwaga gukoresha mu buryo bubi konti y’Inteko Ishinga Amategeko y’urubuga Nkoranyambaga rwa X [Twitter].
Bivugwa ko yashinjwaga na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko n’Umunyamabanga Mukuru. Umwe mu bagize umuryango we yagize ati “Yahamagawe ku kazi ubwo yari mu kiruhuko.”
Nk’uko ayo makuru abivuga, Aimé Emmanuel Nibigira yajyanywe muri kasho ya SNR nyuma gato y’ibyo birego. Yagumye muri kasho kugeza arekuwe ku mugoroba wo ku wa Gatatu.
Umwe mu bo mu muryango we ahakana ibyashinjwaga uyu muvugizi w’Inteko, aho yagize ati “Mu by’ukuri, hari umuntu washoboraga gukoresha mudasobwa ye mu biro ubwo yari muri konji.”
Kugeza ubu ntacyo Inteko Ishinga Amategeko y’u Burundi iratangaza kuri iki kibazo, ndetse ntiharajya hanze n’ibyavuye mu iperereza.
RADIOTV10










