Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Byari ibyishimo ubwo P.Kagame yakiraga ibyamamare bamutunguye bakamwifuriza isabukuru nziza habura amasaha (AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
23/10/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
0
Byari ibyishimo ubwo P.Kagame yakiraga ibyamamare bamutunguye bakamwifuriza isabukuru nziza habura amasaha (AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi b’ibyamamare ku Mugabane wa Afurika, bari mu Rwanda, banagize amahirwe yo kwakirwa na Perezida Paul Kagame, wababwiye ko mu Rwanda ari mu rugo, na bo bamushimira byimazeyo kuba icyitegererezo, ndetse baramutungura bamwifuriza isabukuru nziza y’amavuko yaburaga amasaha macye ngo igere.

Ni igikorwa cyabaye kuri iki Cyumweru tariki 22 Ukwakira 2023, mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Village Urugwiro, nyuma y’amasaha macye mu Rwanda hatangiwe ibihembo bya Trace Awards bitanzwe ku nshuro ya mbere.

Ubwo yakiraga abahanzi begukanye ibihembo, Perezida Paul Kagame na we yahawe igihembo n’abateguye ibi bihembo, anabashimira kuba bamuzirikanye, ndetse no kuba barateguye iki gikorwa.

Ati “Icya gatatu ndashaka gushimira mwe mwese yaba ari abahembwe, ndetse na Trace yegeranyije ibi byose igatuma biba ibyo ari ibyo, ndetse bikanagera no ku ntego byateguriwe.”

Umukuru w’u Rwanda yakomeje avuga kandi ko Igihugu kibahaye ikaze, ndetse ko bagomba kumva ko bari mu rugo iwabo nk’Abanyafurika cyangwa abakomoka muri Afurika.

Ati “Ndashaka kubizeza ko aha ari iwanyu. Ndabizi mwese uko muri aha, hafi ya mwese mufite aho mwita mu rugo, kandi ni na byiza, ariko mushobora no kwiyumvamo ko hano ari ahandi mu rugo mu gihe mutari iwanyu.

Ku badafite mu rugo ndakeka ko bashobora kuba ari bacye, ariko ndabizi bashobora kuba bahari kuko ndababwira nko kuri njye namaze imyaka 30 ntafite mu rugo, rero ibyo byanyigishije agaciro ko kugira aho kwita iwanyu kandi nzi igisobanuro n’akamaro kabyo, ni yo mpamvu mbabwira ko uwo ari we wese wifuza ko hano hamubera mu rugo ha kabiri, cyangwa hamubera iwabo, ahawe ikaze.”

Perezida Kagame yahaye ikaze aba bahanzi abasaba kumva ko mu Rwanda ari mu rugo

Perezida Kagame kandi yavuze ko yishimiye impano zabo zibafasha kubabera umuyoboro wo kunyuzamo ibitekerezo by’abantu, ari na zo zatumye bahabwa ibyo bihembo, kandi ko u Rwanda ruzakomeza gushyigikira iki gikorwa.

Ati “Iyo ni impano nziza kuri buri muntu, mu muryango mugari wose. Rero nagiraga ngo nongere mbabwire ko tuzakomeza kubana namwe igihe cyose tuzabishobora, tuzakora ibishoboka mu gutanga umusanzu mu kubyongerera agaciro.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko iki gikorwa gishora kwagurwa, kigakura kugira ngo gikomeze gufasha abahanzi ndetse n’abaturage bose kuko umuziki utanga ibyishimo kuri bose kandi ukanafasha benshi.

Bamwe mu bahanzi bafite amazina akomeye ku Mugabane wa Afurika, na bo bafashe ijambo, bagaragaje akanyamuneza ko kuba bahuye na Perezida Paul Kagame bahora bafatiraho icyitegererezo, bamushimira imiyoborere ye iteza imbere u Rwanda na Afurika.

Umuhanzikazi Nomcebo Zikode wo muri Afurika y’Epfo waririmbye indirimbo ‘Jerusalema’ yabaye ikimenyabose ku Isi, uri mu bafashe ijambo, yaririmbiye Umukuru w’u Rwanda agace gato k’iyi ndirimbo, akigasoza agira ati “Ndabizi ejo ni isabukuru yanyu nyakubahwa Perezida” ahita aririmba indirimbo yo kumwifuriza isabukuru nziza.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame, uyu munsi tariki 23 Ukwakira 2023, yujuje imyaka 66, aho benshi mu bakoresha imbuga nkoranyambaga, batangiye kumwifuriza isabukuru nziza.

Ubwo aba bahanzi bageraga muri Village Urugwiro
Bishimiye kwakirwa n’Umukuru w’u Rwanda
Perezida Kagame na we yagenewe igihembo kubera uburyo ateza imbere urubyiruko ndetse n’inganda ndangamuco
Perezida Kagame yahaye ikaze aba bahanzi abasaba kumva ko mu Rwanda ari mu rugo
Umuhanzi Rema ugezweho yavuze ko ari ubwa mbere ahuye na Perezida

Byamushimishije cyane
Nomcebo Zikode yamwifurije isabukuru nziza
Umuhanzikazi Bwiza na we yavuze ko guhura na Perezida Kagame byahoze ari inzozi ze

Umuraperi Kivumbi na we yishimye
Na mugenzi we Ish Kevin
Byari ibyishimo kuri bose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 17 =

Previous Post

Amakipe abiri y’i Burayi mu nkundura yo kwegukana umukinnyi w’ikipe ikomeye

Next Post

Ubushishozi bw’umuturage bwatumye hatahurwa ibitemewe byari mu gafuka

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubushishozi bw’umuturage bwatumye hatahurwa ibitemewe byari mu gafuka

Ubushishozi bw’umuturage bwatumye hatahurwa ibitemewe byari mu gafuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.