Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Byasaba ko uba uri Spiderman- Igisubizo Polisi yasubije uwayibajije ikibazo

radiotv10by radiotv10
27/08/2025
in MU RWANDA
0
Byasaba ko uba uri Spiderman- Igisubizo Polisi yasubije uwayibajije ikibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Uwabajije Polisi y’u Rwanda icyakorwa mu gihe umuturage abonye imodoka yacitse feri itwaye abantu, uru rwego rwamusubije ko uwashaka gukora ubwo butabazi, byaba ari nko kwigira ‘Spiderman’ kuko ikibazo kimenywa n’utwaye ikinyabiziga.

Ni nyuma yuko umuturage ukoresha Konti yitwa Brotherwacu ku rubuga nkoranyambaga kuri X, anyujijeho ikibazo yageneye Polisi y’u Rwanda ku cyakorwa mu gihe umuturage abonye imodoka yabuze feri.

Ubu butumwa bugira buti “Nk’umuturage ubonye imodoka yacitse feri iri kwiruka mu muhanda, ni ubuhe butabazi bw’ibanze yakora kugira ngo atabare ubuzima bw’abarimo mu gihe police itari aho hafi?”

Polisi y’u Rwanda, mu gusubiza uyu muturage; yavuze ko iki gitekerezo cyahimbwe n’uyu muturage ubundi kidashoboka.

Uru rwego ruvuga ko ikinyabiziga cyacitse feri bimenywa n’umuntu ugitwaye, bityo ko kubimenya uri umuturage uri hanze, bidashoboka, kandi ko hari uburyo bwagenwe bwo kwirinda ko habaho iki kibazo.

Ubutumwa bwa polisi y’u Rwanda bugira buti “Ubundi iyo ikinyabiziga “cyacitse feri” bimenywa n’ugitwaye.”

Polisi yakomeje igira iti “Iyi “scene” watekereje kuyiyobora no kuyikina byasaba ko uba uri Spiderman [ibizwi muri filimi by’umuntu uba ari intwari itabara abari mu kaga].”

Uru rwego ruvuga ko uburyo bwo gusuzumisha ikinyabiziga busanzwe bukorwa mu gihe runaka cyagenwe ndetse no kuba umuntu yajya akigenzura uko umushoferi agiye gukora urugendo, ari bwo burinda ibibazo nka biriya byo kuba cyacika feri.

Polisi iti “Ubutabazi nyabwo ni uko ikinyabiziga kigomba guhora kigenzurwa neza, cyane cyane mbere yo kujya mu rugendo.”

Kimwe mu bizamini byibandwaho iyi ikinyabiziga kigiye gukorerwa isuzuma rizwi nka ‘Controle technique’, ni ukugenzura uburyo bw’imikorere ya feri yacyo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

Menya umubare w’aba mbere bamaze kwiyandikisha ngo bazahabwe Indangamuntu-Koranabuhanga y’u Rwanda

Next Post

Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

Hatewe intambwe yo kurandura umuco wo kudahana mu bice byabohojwe AFC/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.