Wednesday, November 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

UPDATE: Byemejwe imikino irimo n’uwazamuye impaka muri Shampiyona y’u Rwanda yasubitswe…Menya impamvu

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
UPDATE: Byemejwe imikino irimo n’uwazamuye impaka muri Shampiyona y’u Rwanda yasubitswe…Menya impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Rwanda Premier League, bwamaze gusubika imikino y’umumunsi wa gatandatu w’iyi shampiyona, n’uw’ikirarane wa Rayon Sports na APR FC wari umaze iminsi uzamura impaka.

Amakuru yo gusubika imikino y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona, yatangiye kuvugwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, aho bimwe mu bitangazamakuru byayemezaga ariko Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bukaba butari bwayemeza.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, yemeza ko amakipe akina Shampiyona y’u Rwanda, yohererejwe ubutumwa buyamenyesha isubikwa ry’iyi mikino.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League kandi bwasohoye itangazo ryemeza isubikirwa ry’iyi mikino y’umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona y’u Rwanda ndetse n’uw’ikirarane wa APR FC na Rayon Sports.

Iri tangazo rigira riti “Rwanda Premier League iramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru n’Abanyarwanda muri rusange ko kubera gahunda z’Ikipe y’lgihugu Amavubi, isubitse Umunsi wa 6 w’imikino wa Shampiyona ndetse n’umukino w’ikirarane wari guhuza Rayon
Sports na APR FC tariki 19 Ukwakira 2024.”

Rwanda Premier League kandi yavuze ko igihe hazasubukurirwa Shampiyona, hazakurikizwa ingengabihe yari isanzwe iriho.

Ni imikino yari iteganyijwe tariki 19 Ukwakira 2024, ikaba yahuriranye n’igihe hazaba hahamagawe abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu bazakina imikino yo gushaka itike y’Ibikombe bya Afurika, birimo icy’abakina imbere muri Afurika CHAN ndetse na CAN bizaba umwaka utaha wa 2025.

U Rwanda kandi rufite imikino na Djibouti mu gushaka itike ya CAN 2025, izaba tariki 25 na 27 Ukwakira 2024, ari na byo byatumye Shampiyona isubikwa iminsi itatu kugira ngo hategurwe iyi mikino y’Igihugu.

Isubikwa ry’iyi mikino ya Shampiyona ribaye mu gihe hari hamaze iminsi hari impaka, aho ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yari yasabye ko umukino w’ikirarane uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports wagombaga kuba tariki 19 Ukwakira 2024, wasubikwa kugira ngo ibanze ikindi indi mikino ifite irimo uwa Gasogi United.

Ibi byatumye abakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru bavuga ko bitumvikana uburyo ikipe yategeka abategura Shampiyona, ngo basubike umukino ku nyungu zayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Amakuru adashimije ava mu ikipe iyoboye muri Shampiyona y’u Bwongereza

Next Post

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Related Posts

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

by radiotv10
11/11/2025
0

Aimable Nsabimana, myugariro w’ikipe ya Assabah Sports Club yo mu cyiciro cya mbere muri Libiya, yavuze ko yigeze gutekereza kureka...

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana yifashishije ubushakashatsi bwagiye hanze, yagaragaje ko gukora imyitozo ngororamubiri ihoraho, byatuma umuntu azigama ibihumbi 2,5...

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

by radiotv10
07/11/2025
0

Shampiyona ya volleyball irakomeza ku munsi wayo wa kane, imikino ibera muri Gymnase nshya iri muri Sainte Famille mu mujyi...

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

Umunyamakuru wa siporo uzwi mu Rwanda wasezeye igitangazamakuru yakoreraga hamenyakenye aho yerecyeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Umunyamakuru Isaac Rabbin Imani uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda, wamaze gusezera igitangazamakuru yakoreraga yari amazeho imyaka ine, hamenyekanye...

IZIHERUKA

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo
AMAHANGA

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

by radiotv10
12/11/2025
0

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

12/11/2025
Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

12/11/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibyamenyekanye ku byaha bishinjwa umwarimu wo muri Kaminuza y’u Rwanda

12/11/2025
Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

Inkuru nziza ku banywa ikawa: Ubushakashatsi bwagaragaje ibikwiye kumenya na benshi

12/11/2025
Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

12/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Tanzania yatangiye kotswa igitutu kubera ababuriye ubuzima mu myigaragambyo

Umuhanzi Yampano nyuma y’ibyabaye we yikomereje akazi noneho yisunze abazwi mu myidagaduro

Ibibazo bivugwa kuri moto za Sosiyete icuruza iz’amashanyarazi byinjiwemo n’inzego Nkuru mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.