• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

UPDATE: Byemejwe imikino irimo n’uwazamuye impaka muri Shampiyona y’u Rwanda yasubitswe…Menya impamvu

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
UPDATE: Byemejwe imikino irimo n’uwazamuye impaka muri Shampiyona y’u Rwanda yasubitswe…Menya impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Rwanda Premier League, bwamaze gusubika imikino y’umumunsi wa gatandatu w’iyi shampiyona, n’uw’ikirarane wa Rayon Sports na APR FC wari umaze iminsi uzamura impaka.

Amakuru yo gusubika imikino y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona, yatangiye kuvugwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, aho bimwe mu bitangazamakuru byayemezaga ariko Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bukaba butari bwayemeza.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, yemeza ko amakipe akina Shampiyona y’u Rwanda, yohererejwe ubutumwa buyamenyesha isubikwa ry’iyi mikino.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League kandi bwasohoye itangazo ryemeza isubikirwa ry’iyi mikino y’umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona y’u Rwanda ndetse n’uw’ikirarane wa APR FC na Rayon Sports.

Iri tangazo rigira riti “Rwanda Premier League iramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru n’Abanyarwanda muri rusange ko kubera gahunda z’Ikipe y’lgihugu Amavubi, isubitse Umunsi wa 6 w’imikino wa Shampiyona ndetse n’umukino w’ikirarane wari guhuza Rayon
Sports na APR FC tariki 19 Ukwakira 2024.”

Rwanda Premier League kandi yavuze ko igihe hazasubukurirwa Shampiyona, hazakurikizwa ingengabihe yari isanzwe iriho.

Ni imikino yari iteganyijwe tariki 19 Ukwakira 2024, ikaba yahuriranye n’igihe hazaba hahamagawe abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu bazakina imikino yo gushaka itike y’Ibikombe bya Afurika, birimo icy’abakina imbere muri Afurika CHAN ndetse na CAN bizaba umwaka utaha wa 2025.

U Rwanda kandi rufite imikino na Djibouti mu gushaka itike ya CAN 2025, izaba tariki 25 na 27 Ukwakira 2024, ari na byo byatumye Shampiyona isubikwa iminsi itatu kugira ngo hategurwe iyi mikino y’Igihugu.

Isubikwa ry’iyi mikino ya Shampiyona ribaye mu gihe hari hamaze iminsi hari impaka, aho ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yari yasabye ko umukino w’ikirarane uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports wagombaga kuba tariki 19 Ukwakira 2024, wasubikwa kugira ngo ibanze ikindi indi mikino ifite irimo uwa Gasogi United.

Ibi byatumye abakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru bavuga ko bitumvikana uburyo ikipe yategeka abategura Shampiyona, ngo basubike umukino ku nyungu zayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − nine =

Previous Post

Amakuru adashimije ava mu ikipe iyoboye muri Shampiyona y’u Bwongereza

Next Post

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.