Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

UPDATE: Byemejwe imikino irimo n’uwazamuye impaka muri Shampiyona y’u Rwanda yasubitswe…Menya impamvu

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
UPDATE: Byemejwe imikino irimo n’uwazamuye impaka muri Shampiyona y’u Rwanda yasubitswe…Menya impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Urwego rukurikirana Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, Rwanda Premier League, bwamaze gusubika imikino y’umumunsi wa gatandatu w’iyi shampiyona, n’uw’ikirarane wa Rayon Sports na APR FC wari umaze iminsi uzamura impaka.

Amakuru yo gusubika imikino y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona, yatangiye kuvugwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, aho bimwe mu bitangazamakuru byayemezaga ariko Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bukaba butari bwayemeza.

Amakuru yizewe agera kuri RADIOTV10, yemeza ko amakipe akina Shampiyona y’u Rwanda, yohererejwe ubutumwa buyamenyesha isubikwa ry’iyi mikino.

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League kandi bwasohoye itangazo ryemeza isubikirwa ry’iyi mikino y’umunsi wa Gatandatu wa Shampiyona y’u Rwanda ndetse n’uw’ikirarane wa APR FC na Rayon Sports.

Iri tangazo rigira riti “Rwanda Premier League iramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru n’Abanyarwanda muri rusange ko kubera gahunda z’Ikipe y’lgihugu Amavubi, isubitse Umunsi wa 6 w’imikino wa Shampiyona ndetse n’umukino w’ikirarane wari guhuza Rayon
Sports na APR FC tariki 19 Ukwakira 2024.”

Rwanda Premier League kandi yavuze ko igihe hazasubukurirwa Shampiyona, hazakurikizwa ingengabihe yari isanzwe iriho.

Ni imikino yari iteganyijwe tariki 19 Ukwakira 2024, ikaba yahuriranye n’igihe hazaba hahamagawe abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu bazakina imikino yo gushaka itike y’Ibikombe bya Afurika, birimo icy’abakina imbere muri Afurika CHAN ndetse na CAN bizaba umwaka utaha wa 2025.

U Rwanda kandi rufite imikino na Djibouti mu gushaka itike ya CAN 2025, izaba tariki 25 na 27 Ukwakira 2024, ari na byo byatumye Shampiyona isubikwa iminsi itatu kugira ngo hategurwe iyi mikino y’Igihugu.

Isubikwa ry’iyi mikino ya Shampiyona ribaye mu gihe hari hamaze iminsi hari impaka, aho ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yari yasabye ko umukino w’ikirarane uzayihuza na mucyeba wayo Rayon Sports wagombaga kuba tariki 19 Ukwakira 2024, wasubikwa kugira ngo ibanze ikindi indi mikino ifite irimo uwa Gasogi United.

Ibi byatumye abakurikiranira hafi iby’umupira w’amaguru bavuga ko bitumvikana uburyo ikipe yategeka abategura Shampiyona, ngo basubike umukino ku nyungu zayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 3 =

Previous Post

Amakuru adashimije ava mu ikipe iyoboye muri Shampiyona y’u Bwongereza

Next Post

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.