Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cameroon: Ibitangazamakuru bizongera kuvuga kuri Perezida uherutse kubikwa akiriho byategujwe kuzabona akaga

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Cameroon: Ibitangazamakuru bizongera kuvuga kuri Perezida uherutse kubikwa akiriho byategujwe kuzabona akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Cameroon yatanze itegeko ryo gufunga igitangazamakuru icyo ari cyo cyose cyongera gutangaza amakuru yerekeranye n’ubuzima bwa Perezida Paul Biya umaze ibyumweru birenga bitanu atagaragara mu ruhame, byanatumye hari bamwe bamubika ko yapfuye.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’amakuru yari amaze iminsi avugwa ko Perezida Biya w’imyaka 91 y’amavuko ashobora kuba yaratabarutse aguye mu Gihugu cy’amahanga, ariko Leta iza kubihakana ivuga ko ari ibihuha.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Paul Atanga Nji, yavuze ko guhera ubu ibiganiro mpaka byose byavugaga ku buzima bwa Perezida bihagaritswe.

Yagize ati “Ibiganiro byose byaba ibyo ku bitangazamakuru cyangwa se no ku mbuga nkoranyambaga bivuga ku buzima bwa Perezida Paul Biya, birahagaritswe kuko kuvuga ku Mukuru w’Igihugu kugeza ubu byamaze kujya mu ishusho y’umutekano w’Igihugu, hashingiwe ku makuru y’ibihuha ari gutangazwa.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yashimangiye ko uzarenga kuri iri tegeko azaba akoze icyaha cyo gutuka no guharabika Umukuru w’Igihugu, icyo gihe hazitabazwa amategeko.

Minisitiri Nji yasabye abayobozi b’Intara guhita bashyiraho itsinda rishinzwe kujya rikusanya ibiganiro mpaka n’ibindi byose bikorerwa mu bitangazamakuru byigenga, bakabirikodinga kugira ngo babashe kugenzura neza ibivugirwa muri ibyo biganiro.

Perezida Biya aheruka kugaragara mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bya Afrika n’u Bushinwa yabereye i Beijing kuva ku itariki 4 kugeza ku ya 5 Nzeri 2024.

Yaje kugaragara bwa nyuma ku itariki 08 z’uko kwezi yurira indege iva i Beijing, kuva ubwo ntiyongera kugaragara, ibyatumye amakuru ahita atangira gucicikana cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru, ko yaba ashobora kuba yaranitabye Imana, kuko atigeze anajya mu nteko rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye, yateraniye i New York tariki 22 Nzeri kandi Guverinoma ya Cameroon yari yavuze ko yagombaga gutanga ikiganiro muri iyi Nteko.

Ntiyagiye no mu nama y’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Igifaransa, yateraniye i Paris mu Bufaransa ku itariki ya 4 n’iya 5 z’uku kwezi k’Ukwakira.

Kugeza ubu ntibizwi neza aho aherereye, cyakora ku wa Kabiri w’iki cyumweru Guverinoma ya Cameroon yatangaje ko Perezida Biya atitabye Imana nk’uko ibihuha biri kubivuga, ahubwo ko ari i Geneve mu Busuwisi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 6 =

Previous Post

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yitabye Imana

Next Post

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Related Posts

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

IZIHERUKA

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi
IBYAMAMARE

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

22/12/2025
Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.