Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cameroon: Ibitangazamakuru bizongera kuvuga kuri Perezida uherutse kubikwa akiriho byategujwe kuzabona akaga

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Cameroon: Ibitangazamakuru bizongera kuvuga kuri Perezida uherutse kubikwa akiriho byategujwe kuzabona akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Cameroon yatanze itegeko ryo gufunga igitangazamakuru icyo ari cyo cyose cyongera gutangaza amakuru yerekeranye n’ubuzima bwa Perezida Paul Biya umaze ibyumweru birenga bitanu atagaragara mu ruhame, byanatumye hari bamwe bamubika ko yapfuye.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’amakuru yari amaze iminsi avugwa ko Perezida Biya w’imyaka 91 y’amavuko ashobora kuba yaratabarutse aguye mu Gihugu cy’amahanga, ariko Leta iza kubihakana ivuga ko ari ibihuha.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Paul Atanga Nji, yavuze ko guhera ubu ibiganiro mpaka byose byavugaga ku buzima bwa Perezida bihagaritswe.

Yagize ati “Ibiganiro byose byaba ibyo ku bitangazamakuru cyangwa se no ku mbuga nkoranyambaga bivuga ku buzima bwa Perezida Paul Biya, birahagaritswe kuko kuvuga ku Mukuru w’Igihugu kugeza ubu byamaze kujya mu ishusho y’umutekano w’Igihugu, hashingiwe ku makuru y’ibihuha ari gutangazwa.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yashimangiye ko uzarenga kuri iri tegeko azaba akoze icyaha cyo gutuka no guharabika Umukuru w’Igihugu, icyo gihe hazitabazwa amategeko.

Minisitiri Nji yasabye abayobozi b’Intara guhita bashyiraho itsinda rishinzwe kujya rikusanya ibiganiro mpaka n’ibindi byose bikorerwa mu bitangazamakuru byigenga, bakabirikodinga kugira ngo babashe kugenzura neza ibivugirwa muri ibyo biganiro.

Perezida Biya aheruka kugaragara mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bya Afrika n’u Bushinwa yabereye i Beijing kuva ku itariki 4 kugeza ku ya 5 Nzeri 2024.

Yaje kugaragara bwa nyuma ku itariki 08 z’uko kwezi yurira indege iva i Beijing, kuva ubwo ntiyongera kugaragara, ibyatumye amakuru ahita atangira gucicikana cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru, ko yaba ashobora kuba yaranitabye Imana, kuko atigeze anajya mu nteko rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye, yateraniye i New York tariki 22 Nzeri kandi Guverinoma ya Cameroon yari yavuze ko yagombaga gutanga ikiganiro muri iyi Nteko.

Ntiyagiye no mu nama y’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Igifaransa, yateraniye i Paris mu Bufaransa ku itariki ya 4 n’iya 5 z’uku kwezi k’Ukwakira.

Kugeza ubu ntibizwi neza aho aherereye, cyakora ku wa Kabiri w’iki cyumweru Guverinoma ya Cameroon yatangaje ko Perezida Biya atitabye Imana nk’uko ibihuha biri kubivuga, ahubwo ko ari i Geneve mu Busuwisi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty + eighteen =

Previous Post

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yitabye Imana

Next Post

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.