Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Cameroon: Ibitangazamakuru bizongera kuvuga kuri Perezida uherutse kubikwa akiriho byategujwe kuzabona akaga

radiotv10by radiotv10
11/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Cameroon: Ibitangazamakuru bizongera kuvuga kuri Perezida uherutse kubikwa akiriho byategujwe kuzabona akaga
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Cameroon yatanze itegeko ryo gufunga igitangazamakuru icyo ari cyo cyose cyongera gutangaza amakuru yerekeranye n’ubuzima bwa Perezida Paul Biya umaze ibyumweru birenga bitanu atagaragara mu ruhame, byanatumye hari bamwe bamubika ko yapfuye.

Iki cyemezo gifashwe nyuma y’amakuru yari amaze iminsi avugwa ko Perezida Biya w’imyaka 91 y’amavuko ashobora kuba yaratabarutse aguye mu Gihugu cy’amahanga, ariko Leta iza kubihakana ivuga ko ari ibihuha.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Paul Atanga Nji, yavuze ko guhera ubu ibiganiro mpaka byose byavugaga ku buzima bwa Perezida bihagaritswe.

Yagize ati “Ibiganiro byose byaba ibyo ku bitangazamakuru cyangwa se no ku mbuga nkoranyambaga bivuga ku buzima bwa Perezida Paul Biya, birahagaritswe kuko kuvuga ku Mukuru w’Igihugu kugeza ubu byamaze kujya mu ishusho y’umutekano w’Igihugu, hashingiwe ku makuru y’ibihuha ari gutangazwa.”

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yashimangiye ko uzarenga kuri iri tegeko azaba akoze icyaha cyo gutuka no guharabika Umukuru w’Igihugu, icyo gihe hazitabazwa amategeko.

Minisitiri Nji yasabye abayobozi b’Intara guhita bashyiraho itsinda rishinzwe kujya rikusanya ibiganiro mpaka n’ibindi byose bikorerwa mu bitangazamakuru byigenga, bakabirikodinga kugira ngo babashe kugenzura neza ibivugirwa muri ibyo biganiro.

Perezida Biya aheruka kugaragara mu nama y’Abakuru b’Ibihugu bya Afrika n’u Bushinwa yabereye i Beijing kuva ku itariki 4 kugeza ku ya 5 Nzeri 2024.

Yaje kugaragara bwa nyuma ku itariki 08 z’uko kwezi yurira indege iva i Beijing, kuva ubwo ntiyongera kugaragara, ibyatumye amakuru ahita atangira gucicikana cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru, ko yaba ashobora kuba yaranitabye Imana, kuko atigeze anajya mu nteko rusange ya 79 y’Umuryango w’Abibumbye, yateraniye i New York tariki 22 Nzeri kandi Guverinoma ya Cameroon yari yavuze ko yagombaga gutanga ikiganiro muri iyi Nteko.

Ntiyagiye no mu nama y’Ibihugu bivuga Ururimi rw’Igifaransa, yateraniye i Paris mu Bufaransa ku itariki ya 4 n’iya 5 z’uku kwezi k’Ukwakira.

Kugeza ubu ntibizwi neza aho aherereye, cyakora ku wa Kabiri w’iki cyumweru Guverinoma ya Cameroon yatangaje ko Perezida Biya atitabye Imana nk’uko ibihuha biri kubivuga, ahubwo ko ari i Geneve mu Busuwisi.

Assoumani TWAHIRWA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 4 =

Previous Post

Uwabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yitabye Imana

Next Post

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Andi makuru ku byagaragajwe n’iperereza ku Mupadiri ukekwaho gusambanya umunyeshuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.