• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi

radiotv10by radiotv10
27/04/2026
in MU RWANDA
0
Amakuru mashya: Canalbox yategetswe guha indishyi abakiliya bayo mu Rwanda bagizweho ingaruka na serivisi zayo mbi
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwafatiye ibihano kompanyi ya GVA Rwanda Ltd (Canalbox) nyuma yuko abakiliya bakoresha interineti yayo bagize ibibazo, ruyitegeka kubaha indishyi, no kwishyura amande ya buri munsi kugeza igihe izubahiriza amabwiriza yose.

Ibi bihano bikubuye mu itangazo ryashyizwe hanze na RURA kuri uyu wa Mbere tariki 27 Mata 2026, nyuma yuko uru Rwego rutangaje ko rwatangiye “gukurikirana Canalbox ku makosa ajyanye na serivisi mbi, mu rwego rwo kurengera abafatabuguzi bayo bamaze iminsi binubira ko idakora neza.”

RURA yatangaje ko “yafatiye ibihano GVA Rwanda Ltd (Canalbox) hashingiwe ku ngingo ya 269 y’Itegeko No. 24/2016 rigenga Ikoranabuhanga ry’Itumanaho mu Rwanda, kubera kudakurikiza amabwiriza byakomeje.”

Uru Rwego Ngenzuramikorere rukomeza rugira ruti “Iyi sosiyete isabwa guha indishyi abakiliya bose bagizweho ingaruka hagati ya tariki ya 13–20 Mata 2026, kwishyura amande ya buri munsi kugeza igihe yubahirije amabwiriza yose, no gutanga raporo z’aho igeze mu ishyirwamubikorwa mu gihe cyagenwe.”

Nanone kandi GVA yijeje RURA ko izubahiriza ibisabwa, kandi RURA izakomeza gukurikiranira hafi kugira ngo harebwe ko serivisi zisubira ku murongo neza.

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA ruvuga ko amabwiriza yahawe iyi kompanyi natubahirizwa hazafatwa izindi ngamba ziteganywa n’amategeko.

Serivisi mbi zavuzwe kuri Canalbox muri kiriya gihe, zagaragaye mu mikorere ya Interinet yayo, aho bamwe mu bakiliya bayo bavugaga ko interineti yayo yagendaga gahoro, rimwe na rimwe ntinakore.

Mu cyumweru gishize ubwo RURA yatangazaga ko yatangiye gukurikirana ibi bibazo byavuzwe kuri Canalbox, yari yatangaje ko “Nyuma yo kwihanangirizwa mu gihe gishize, Canalbox yahamagajwe kugira ngo itange ibisobanuro, ndetse inagaragaze ingamba zihuse zigamije gukemura ibi bibazo.”

Urwego Ngenzuramikorere rwari rwizeje ko ruzakomeza gukurikirana itangwa rya sevisi zinoze, runasaba abaturage kujya batanga amakuru mu gihe hari abahawe serivisi zitanoze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − five =

Previous Post

Ubukwe budasanzwe bwa ‘couples’ 300 zasezeraniye icyarimwe bwasigiye umunezero abageni n’abakwe

Next Post

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Abasirikare bane bakuru muri Uganda barimo Brigadier General bararegwa ubujura bwa litiro 270.000 za Lisansi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.