Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bagaragaje ibyishimo batewe no kuba Perezida Paul Kagame yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, akaba azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga.

Babigaragaje mu biganiro bagiranye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi uri muri Centrafrique, aho kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kanama 2024, ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, General Zéphirin Mamadou; basuye abasirikare b’u Rwanda bariyo ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi bafite icyicaro gikuru muri Bingo mu nkengero z’umujyi wa Bangui.

Maj Gen Vincent Nyakarundi, mu butumwa yagejeje kuri aba basirikare, yababwiye ko ubuyobozi bwa RDF bushimira akazi kabo n’inshingano zabo bakomeje gukorera kure y’imiryango yabo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, yashimangiye akamaro ko gukomeza kujya bavugana n’imiryango yabo basize mu Rwanda no gukomeza kuyifasha kugira ubuzima bwiza.

Nanone kandi yabasabye gukomeza kuzuza inshingano zabo mu buryo bwa kinyamwuga ndetse barangwa n’imyitwarire myiza mu gucunga abasivile muri Centrafrique nk’uko babikora mu Rwanda.

Muri ibi biganiro, abasirikare b’u Rwanda bagaragaje akanyamuneza batewe no kuba Perezida Paul Kagame yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Sgt Jean Paul Nzabanita wavuze mu izina rya bagenzi be, yagize ati “Nkatwe nk’abasirikare bari hano muri Centrafrique mu butumwa bw’amasezerano y’impande zombi, twishimiye intsinzi ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, twishimira by’ikirenga kuba yarongeye kutubera Perezida akanatubera Umugaba w’Ikirenga.”

Sgt Nzabanita kandi yashimiye abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda badahwema gukomeza gusura abasirikare b’u Rwanda baba bari mu butumwa bw’amahoro.

Ati “Dushimira muri rusange abayobozi bacu b’ingabo badahwema kudusanga aho batwohereje mu kazi kugira ngo bakomeze badukurikirane mu kazi, badutera morale mu kazi, kandi natwe tukaba tubizeza ko akazi badutumye tuzagasohoza neza ijana ku ijana.”

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi, bageze muri iki Gihugu muri 2020, abo bagiye bahasanga bo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bo bagiyeyo mu mwakwa wa 2014.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yari kumwe na General Zéphirin Mamadou

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 16 =

Previous Post

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Next Post

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.