Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga

radiotv10by radiotv10
07/08/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Centrafrique: Abasirikare b’u Rwanda bagaragaje uko bakiriye kuba Perezida Kagame azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bagaragaje ibyishimo batewe no kuba Perezida Paul Kagame yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda, akaba azakomeza kubabera Umugaba w’Ikirenga.

Babigaragaje mu biganiro bagiranye n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi uri muri Centrafrique, aho kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Kanama 2024, ari kumwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu, General Zéphirin Mamadou; basuye abasirikare b’u Rwanda bariyo ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi bafite icyicaro gikuru muri Bingo mu nkengero z’umujyi wa Bangui.

Maj Gen Vincent Nyakarundi, mu butumwa yagejeje kuri aba basirikare, yababwiye ko ubuyobozi bwa RDF bushimira akazi kabo n’inshingano zabo bakomeje gukorera kure y’imiryango yabo.

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka, yashimangiye akamaro ko gukomeza kujya bavugana n’imiryango yabo basize mu Rwanda no gukomeza kuyifasha kugira ubuzima bwiza.

Nanone kandi yabasabye gukomeza kuzuza inshingano zabo mu buryo bwa kinyamwuga ndetse barangwa n’imyitwarire myiza mu gucunga abasivile muri Centrafrique nk’uko babikora mu Rwanda.

Muri ibi biganiro, abasirikare b’u Rwanda bagaragaje akanyamuneza batewe no kuba Perezida Paul Kagame yarongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda n’Abanyarwanda.

Sgt Jean Paul Nzabanita wavuze mu izina rya bagenzi be, yagize ati “Nkatwe nk’abasirikare bari hano muri Centrafrique mu butumwa bw’amasezerano y’impande zombi, twishimiye intsinzi ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, twishimira by’ikirenga kuba yarongeye kutubera Perezida akanatubera Umugaba w’Ikirenga.”

Sgt Nzabanita kandi yashimiye abayobozi b’Ingabo z’u Rwanda badahwema gukomeza gusura abasirikare b’u Rwanda baba bari mu butumwa bw’amahoro.

Ati “Dushimira muri rusange abayobozi bacu b’ingabo badahwema kudusanga aho batwohereje mu kazi kugira ngo bakomeze badukurikirane mu kazi, badutera morale mu kazi, kandi natwe tukaba tubizeza ko akazi badutumye tuzagasohoza neza ijana ku ijana.”

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Centrafrique ku bw’amasezerano y’Ibihugu byombi, bageze muri iki Gihugu muri 2020, abo bagiye bahasanga bo bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, bo bagiyeyo mu mwakwa wa 2014.

Maj Gen Vincent Nyakarundi yari kumwe na General Zéphirin Mamadou

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 1 =

Previous Post

Hahishuwe akandi kamaro katazwi na benshi ko konsa umwana neza

Next Post

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Perezida Tshisekedi yazamuye ibirego bikomeye ashinja uwo yasimbuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.