Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CG (Rtd) Gasana wayoboye Polisi y’u Rwanda uri mu basezerewe yayisigiye isezerano rikomeye

radiotv10by radiotv10
30/09/2023
in MU RWANDA
0
CG (Rtd) Gasana wayoboye Polisi y’u Rwanda uri mu basezerewe yayisigiye isezerano rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanuel Gasana uri mu Bapolisi baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko nubwo bavuye muri Polisi y’u Rwanda ariko yo itabavuyemo, kuko bazakomeza kugendera ku ndangagaciro zayo nko kurangwa n’ikinyabupfura, ndetse n’igihe bazakenerwa cyose bazitaba karame.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, ubwo Polisi y’u Rwanda yakoraga umuhango wo gusezerera Abapolisi baherutse gushyirwa na Perezida Paul Kagame, mu kiruhuko cy’izabukuru.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu Alfred Gasana wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yari ahagarariyemo Perezida Paul Kagame, yashimiye aba bapolisi.

Yagize ati “Mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, ndashimira cyane mwe mwese mwashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, ku bw’umurava, ubwitange no kutizigama byabaranze mu gihe cyose mumaze mu kazi.”

Minisitiri Gasana yavuze ko Abanyarwanda bashimira imirimo yakozwe n’aba bapolisi, kuko bagize uruhare runini mu kuba u Rwanda ubu ari Igihugu gitekanye.

Ati “Abaturarwanda biteguye kubakira neza mu buzima busanzwe mugiyemo, ndetse no gufatanya namwe mu bikorwa bya buri munsi.”

Yababwiye kandi ko hari icyizere ko ubunararibonye n’ubunyangamugayo byabaranze bari mu nshingano, bazakomeza kubikoresha mu guteza imbere Igihugu.

CG (rtd) Emmanuel Gasana wavuze mu izina ry’Abapolisi bose bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yashimiye umukuru w’Igihugu wabashyize mu kiruhuko cy’izabukuru avuga ko bishimye kandi banyuzwe.

Yavuze kandi ko ubushishozi no kureba kure bya Perezida Kagame ari byo byafashije buri we wagize uruhare mu gutanga umusanzu we mu kubaka Igihugu nyuma yo kunyura mu majye

Ati “Turibuka uruhererekane rw’ibihe Igihugu cyanyuzemo bimwe mu byagezweho bitari gushoboka iyo tutagira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ubu tukaba dufite Igihugu cyiza gifite umutekano.”

Yakomeje agira ati “Ntacyo twamwitura usibye kumwubaha no kubahiriza umurongo yashyizeho wo kubaka u Rwanda twifuza.”

CG (rtd) Gasana yavuze ko nubwo Polisi bayivuyemo ariko yo itabavuyemo, kuko ubu bagiye mu rwego rw’inkeragutabara (reserve) kandi ko bagifite ikinyabupfura.

Ati “Ntituzatatira igihango cyo gukorera Igihugu, aho tuzakenerwa hose tuzaba twiteguye.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye na we yashimiye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ku murava n’ubwitange byabaranze mu kubaka Igihugu.

Yabibukije kandi ko nubwo bagiye mu kiruhuko, ariko Polisi y’u Rwanda ifite gahunda irambye yo kubaba hafi.

Ati “Bizadufasha kunoza akazi k’umutekano ku ruhande rumwe no kwita ku mibereho ya bagenzi bacu twahoranye mu kazi kandi bizanafasha mu guha icyizere abakiri bato bifuza kuba abapolisi kuko bazabona ko ari umwuga umuto yinjiramo afite imbaraga akazikoresha atizigama hanyuma zatangira kugabanyuka wa mwuga ukamutiza iz’abato bawusigayemo.”

Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo abo ku rwego rwa Komiseri 6, ba ofisiye bakuru 5, ba ofisiye bato 28, n’abapolisi bato 60.

Hari n’abapolisi 7 basezerewe ku mpamvu z’uburwayi na batandatu basezerewe ku zindi mpamvu zitandukanye.

CG Emmanuel Gasana na bagenzi be bashimiwe umuhate bakoranye
Minisitiri w’Umutekano yabashimiye
Umuyobozi Mukuru wa Polisi CG Namuhoranye yabizeje ko Polisi izakomeza kubaba hafi
Na bo basezeranyije Polisi kuzakomeza kugendera ku ndangagaciro zayo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 14 =

Previous Post

Ntiwakwigisha kurwanya amacakubiri nibucya akugaragareho- P.Kagame yikije ku bidakwiye bigaragara ku bayobozi bamwe

Next Post

Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Related Posts

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day
MU RWANDA

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.