Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

CG (Rtd) Gasana wayoboye Polisi y’u Rwanda uri mu basezerewe yayisigiye isezerano rikomeye

radiotv10by radiotv10
30/09/2023
in MU RWANDA
0
CG (Rtd) Gasana wayoboye Polisi y’u Rwanda uri mu basezerewe yayisigiye isezerano rikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

CG (Rtd) Emmanuel Gasana uri mu Bapolisi baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy’izabukuru, yavuze ko nubwo bavuye muri Polisi y’u Rwanda ariko yo itabavuyemo, kuko bazakomeza kugendera ku ndangagaciro zayo nko kurangwa n’ikinyabupfura, ndetse n’igihe bazakenerwa cyose bazitaba karame.

CG (Rtd) Emmanuel Gasana yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, ubwo Polisi y’u Rwanda yakoraga umuhango wo gusezerera Abapolisi baherutse gushyirwa na Perezida Paul Kagame, mu kiruhuko cy’izabukuru.

Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu Alfred Gasana wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, yari ahagarariyemo Perezida Paul Kagame, yashimiye aba bapolisi.

Yagize ati “Mu izina rya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda no mu izina ryanjye bwite, ndashimira cyane mwe mwese mwashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru, ku bw’umurava, ubwitange no kutizigama byabaranze mu gihe cyose mumaze mu kazi.”

Minisitiri Gasana yavuze ko Abanyarwanda bashimira imirimo yakozwe n’aba bapolisi, kuko bagize uruhare runini mu kuba u Rwanda ubu ari Igihugu gitekanye.

Ati “Abaturarwanda biteguye kubakira neza mu buzima busanzwe mugiyemo, ndetse no gufatanya namwe mu bikorwa bya buri munsi.”

Yababwiye kandi ko hari icyizere ko ubunararibonye n’ubunyangamugayo byabaranze bari mu nshingano, bazakomeza kubikoresha mu guteza imbere Igihugu.

CG (rtd) Emmanuel Gasana wavuze mu izina ry’Abapolisi bose bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru, yashimiye umukuru w’Igihugu wabashyize mu kiruhuko cy’izabukuru avuga ko bishimye kandi banyuzwe.

Yavuze kandi ko ubushishozi no kureba kure bya Perezida Kagame ari byo byafashije buri we wagize uruhare mu gutanga umusanzu we mu kubaka Igihugu nyuma yo kunyura mu majye

Ati “Turibuka uruhererekane rw’ibihe Igihugu cyanyuzemo bimwe mu byagezweho bitari gushoboka iyo tutagira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika ubu tukaba dufite Igihugu cyiza gifite umutekano.”

Yakomeje agira ati “Ntacyo twamwitura usibye kumwubaha no kubahiriza umurongo yashyizeho wo kubaka u Rwanda twifuza.”

CG (rtd) Gasana yavuze ko nubwo Polisi bayivuyemo ariko yo itabavuyemo, kuko ubu bagiye mu rwego rw’inkeragutabara (reserve) kandi ko bagifite ikinyabupfura.

Ati “Ntituzatatira igihango cyo gukorera Igihugu, aho tuzakenerwa hose tuzaba twiteguye.”

Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Felix Namuhoranye na we yashimiye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru ku murava n’ubwitange byabaranze mu kubaka Igihugu.

Yabibukije kandi ko nubwo bagiye mu kiruhuko, ariko Polisi y’u Rwanda ifite gahunda irambye yo kubaba hafi.

Ati “Bizadufasha kunoza akazi k’umutekano ku ruhande rumwe no kwita ku mibereho ya bagenzi bacu twahoranye mu kazi kandi bizanafasha mu guha icyizere abakiri bato bifuza kuba abapolisi kuko bazabona ko ari umwuga umuto yinjiramo afite imbaraga akazikoresha atizigama hanyuma zatangira kugabanyuka wa mwuga ukamutiza iz’abato bawusigayemo.”

Abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo abo ku rwego rwa Komiseri 6, ba ofisiye bakuru 5, ba ofisiye bato 28, n’abapolisi bato 60.

Hari n’abapolisi 7 basezerewe ku mpamvu z’uburwayi na batandatu basezerewe ku zindi mpamvu zitandukanye.

CG Emmanuel Gasana na bagenzi be bashimiwe umuhate bakoranye
Minisitiri w’Umutekano yabashimiye
Umuyobozi Mukuru wa Polisi CG Namuhoranye yabizeje ko Polisi izakomeza kubaba hafi
Na bo basezeranyije Polisi kuzakomeza kugendera ku ndangagaciro zayo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + fifteen =

Previous Post

Ntiwakwigisha kurwanya amacakubiri nibucya akugaragareho- P.Kagame yikije ku bidakwiye bigaragara ku bayobozi bamwe

Next Post

Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Related Posts

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

“Abagore b’Abatutsi turubaha kandi turi indahemuka.” Ni bumwe mu butumwa bw’Impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora...

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

by radiotv10
02/01/2026
0

Congolese refugees living in Rwanda have sent a message to FARDC Major General Sylvain Ekenge, who recently used language that...

IZIHERUKA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza
AMAHANGA

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

by radiotv10
04/01/2026
0

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

03/01/2026
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

03/01/2026
Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

03/01/2026
Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

03/01/2026
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Hari ikirego cyihutirwa cy’umugabo ukekwaho ibyumvikanamo indengakamere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.