Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Clare Akamanzi na Pierre Damien ngo ni Abaminisitiri- Papa Cyangwe na Chris Eazy baradusekeje

radiotv10by radiotv10
11/11/2022
in IMYIDAGADURO, SIPORO, UDUSHYA
0
Clare Akamanzi na Pierre Damien ngo ni Abaminisitiri- Papa Cyangwe na Chris Eazy baradusekeje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu kiganiro 10 Battle cya RADIOTV10, Papa Cyangwe na Chris Eazy bahanganye mu mukino nkarishyabwenge waranzwe n’ibitwenge, bageze ku Baminisitiri bazi bo mu Rwanda, umwe avuga ko azi Clare Akamanzi na Pierre Damien.

Uyu mukino wa 10 Batlle utambuka ku bitangazamakuru bya RADIOTV10 ukaba kimwe mu biganiro bikunzwe mu Rwanda, noneho wahuriyemo aba bahanzi bagezweho muri iyi minsi.

Ni umukino urangwa no kubaza abawitabiriye ibintu runaka cyangwa abantu bashobora kuvuga mu gihe cy’amasegonda 30’’.

Inota rya mbere muri uyu mukino, ryegukanywe na Chris Eazy wasubije imikino itanu ikinwa hadakoreshejwe umupira.

Babajijwe abanyamakuru b’imikino bazi, Papa Cyangwe yavuze ko yavuga barindwi ariko birangira avuze batatu gusa, bituma inota rya kabiri ryegukanwa na Chris Eazy.

Babajijwe kandi Abaperezida bo ku Mugabane wa Afurika bazi, Chris Eazy yiyemeza kuvuga bane, ariko amasegonda 30’’ amurangirana avuze babiri ari bo Paul Kagame na Museveni, bituma Papa Cyangwe yegukana inota rye rya mbere.

Naho ibikoresho umuntu ashobora gusanga mu cyumba cyo kuraramo, Papa Cyangwe yavuze ko yavuga 11, ariko avugamo n’ibikoresho byo mu gikoni kuko yavuzemo isorori na Cafetiere.

Ni igisubuzo cyazamuye ibitwenge, aho Chris Eazy yahise asa nk’userereza Papa Cyangwe mu buryo bwo gutera ubuse, ati “Wafata isorori ukayibika mu cyumba?…imbeba zagutera.”

Babajijwe Abaminisitiri bazi mu Rwanda, Chris Eazy avuga ko yavuga batatu ariko byarangiye nta n’umwe avuze wa nyawe kuko yavuze uwitwa Liam, Clare Akamanzi usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wa RDB, na Dr Pierre Damien Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe ariko ubu utagifite umwanya mu buyobozi bw’u Rwanda.

Babajijwe indirimbo bavuga mu masegonda 30’’, Papa Cyangwe yiyemeje kuvuga 20 ariko birangira avuze 17.

Nubwo Chris Eazy yananiwe kuvuga Abaminisitiri ariko yegukanye uyu mukino kuko yagize amanota atanu (5) kuri abiri (2) ya Papa Cyangwe.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 19 =

Previous Post

Reka nkorakore kuri ibyo bibero- Igisupusupu agarukanye indirimbo yumvikanamo inzongamubiri

Next Post

Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Related Posts

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida w’Inzibacyuho wa Rayon Sports, Murenzi Abdallah yahumurije abakunzi b’iyi kipe bamaze kwiheba ko batakiri mu makipe ahatanira igikombe cya...

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

Menya ibihembo bitubutse byahawe abakinnyi ba Senegal nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Perezida wa Senegal, Bassirou Diomaye yakiriye ikipe y’iki Gihugu nyuma yo kwegukana Igikombe cya Afurika, ayigenera ibihembo binyuranye, birimo agashimwe...

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

Icyumvikana mu butumwa bw’umukinnyi wa Maroc wahushije penaliti

by radiotv10
20/01/2026
0

Umukinnyi wa Real Madrid n'Ikipe y'Igihugu ya Maroc, Brahim Diaz wahushije penalitiki ku mukino wa nyuma w'Igikombe cya Afurika, yanditse...

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

Hatangajwe icyemezo cyafashwe ku bitaranyuze APR byatumye hari n’abafana bigaragambya

by radiotv10
20/01/2026
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryemeje ko igitego cyanzwe cya APR FC mu mukino wayihuje na El Merrikh SC,...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Amakuru mashya kuri Sadio Mané asubiza agatima impembero Abanyafurika bakunda ruhago

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.