Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Clarisse Karasira yongeye guteza impaka kubera kuvuga ko azabera u Rwanda umugisha

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
3
Clarisse Karasira yongeye guteza impaka kubera kuvuga ko azabera u Rwanda umugisha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Clairisse Karasira umaze iminsi atorohewe ku mbuga nkoranyambaga kubera ibitekerezo ashyiraho, yongeye kuzamura impaka nyuma yo kuvuga ko yifuza kubera umugisha u Rwanda, bamwe bamubaza uko azabigeraho yararuhunze.

Mu minsi micye ishize, Clarisse Karasira na bwo yari yazamuye impaka ubwo yavugaga ko yahiriwe agashinga urugo rwe kandi ko abikesha kuba yaririnze kuba icyomanzi akagendera mu nzira igororotse.

Ubu butumwa butavuzweho rumwe na bamwe mu babutanze ibitekerezo, bavuze ko icyo yarushije abandi ari amahirwe atari ubupfura cyangwa imyitwarire myiza nkuko yabivugaga.

Mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa, harimo n’uwavuze ko azi neza ko na we yigeze kunyura mu nzira zitagororotse kuko hari aho yakundaga kujya gusura umusore.

Uyu muhanzikazi usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America yongeye gutanga ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko yifuza kubera umugisha urwamwibarutse, butuma bamwe bahaguruka bakamusaba kureka gukomeza kwishyira hejuru.

Uwitwa Salimu Sare yagize ati “Mujye mureka kuvuga gusa ntabikorwa, ubwo ni gute uvuga ko uzateza imbere Igihugu cyawe utarajya guhaha inyanya mu isoko ryo mur wakubyaye ngo ubashe guteza imbere uwazicuruje wibera hanze Sha.”

Uwitwa Matare Joshua na we yabajije Clarisse Karasira uburyo azateza u Rwanda imbere kandi nta gikorwa akora cyabigaragaza.

Yagize ati “Ku muganda w’ukwezi ukora se? wavuze ko ukunda USA ko ntawe uzakubuza kugaruka nubishaka ukareka amadabidabi?”

Uwiyita Umunyarwandakazi kuri Twitter, yagize ati “Ko wagihunze se wirutse ujya he? Ni yo ndangagaciro Abantu mwese muri guhungira za Burayi abandi baririrwa bagwa mu nyanja bahunga Ibihugu byabo African ariko Uti nzavugira imahanga ko nkunda Igihugu cyange ubu se uri kugikorera iki? Vuga uti Numva mfite ishyaka ko Nabonye Visa ahaaa.”

RADIOTV10

Comments 3

  1. Etienne says:
    3 years ago

    Abanyamukuru namwe muransetsa,
    Bose bamutwamye nta numwe wamushyigikiye!!!

    Reply
  2. Muhindakazi jackline says:
    3 years ago

    Ese ninde wamushyigikira ko aba yirata aho amariye iki igigihugu umuganda wigihugu?iki nanjye ashima aho yagiye abin di yiturize

    Reply
  3. Habyarimana Martin says:
    3 years ago

    dushime imana, yo izi impamvu twabuze visa, kuba umugabo ataraye iwe, ntibimubuza gutekereza aba yasize, njyewe ntacyo nshinza clarisse, banyarwanda, kumpande zose, ubundi ngo, utinda mubyabandi ibyawe bigahomba, please, azimpamv yabivuze, woe wamenye ibyawe, iwabandi urahapagasiriza ariko ntuhatura, azataha iwabo ni mu rwagasabo, mwese mushaka kujyayo ariko twabuze icyo aturusha, si amafaranga ahubwo ni amahirwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × two =

Previous Post

Rulindo: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umukecuru umurusha imyaka 23 wari umwugamishije imvura

Next Post

Perezida Kagame na Tshisekedi ntibagaragara mu nama ya EAC, Museveni na Ndayishimiye bahageze

Related Posts

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

by radiotv10
27/11/2025
0

In every society, peace is not just the absence of war; it is the presence of unity, justice, and understanding....

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

by radiotv10
27/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwataye muri yombi abandi bantu babiri barimo umunyamakuru Cyprien Uzabakiriho uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho y’urukozasoni...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

IZIHERUKA

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti
MU RWANDA

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Tshisekedi ntibagaragara mu nama ya EAC, Museveni na Ndayishimiye bahageze

Perezida Kagame na Tshisekedi ntibagaragara mu nama ya EAC, Museveni na Ndayishimiye bahageze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.