Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Clarisse Karasira yongeye guteza impaka kubera kuvuga ko azabera u Rwanda umugisha

radiotv10by radiotv10
21/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA
3
Clarisse Karasira yongeye guteza impaka kubera kuvuga ko azabera u Rwanda umugisha
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzikazi Clairisse Karasira umaze iminsi atorohewe ku mbuga nkoranyambaga kubera ibitekerezo ashyiraho, yongeye kuzamura impaka nyuma yo kuvuga ko yifuza kubera umugisha u Rwanda, bamwe bamubaza uko azabigeraho yararuhunze.

Mu minsi micye ishize, Clarisse Karasira na bwo yari yazamuye impaka ubwo yavugaga ko yahiriwe agashinga urugo rwe kandi ko abikesha kuba yaririnze kuba icyomanzi akagendera mu nzira igororotse.

Ubu butumwa butavuzweho rumwe na bamwe mu babutanze ibitekerezo, bavuze ko icyo yarushije abandi ari amahirwe atari ubupfura cyangwa imyitwarire myiza nkuko yabivugaga.

Mu batanze ibitekerezo kuri ubu butumwa, harimo n’uwavuze ko azi neza ko na we yigeze kunyura mu nzira zitagororotse kuko hari aho yakundaga kujya gusura umusore.

Uyu muhanzikazi usigaye uba muri Leta Zunze Ubumwe za America yongeye gutanga ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga, avuga ko yifuza kubera umugisha urwamwibarutse, butuma bamwe bahaguruka bakamusaba kureka gukomeza kwishyira hejuru.

Uwitwa Salimu Sare yagize ati “Mujye mureka kuvuga gusa ntabikorwa, ubwo ni gute uvuga ko uzateza imbere Igihugu cyawe utarajya guhaha inyanya mu isoko ryo mur wakubyaye ngo ubashe guteza imbere uwazicuruje wibera hanze Sha.”

Uwitwa Matare Joshua na we yabajije Clarisse Karasira uburyo azateza u Rwanda imbere kandi nta gikorwa akora cyabigaragaza.

Yagize ati “Ku muganda w’ukwezi ukora se? wavuze ko ukunda USA ko ntawe uzakubuza kugaruka nubishaka ukareka amadabidabi?”

Uwiyita Umunyarwandakazi kuri Twitter, yagize ati “Ko wagihunze se wirutse ujya he? Ni yo ndangagaciro Abantu mwese muri guhungira za Burayi abandi baririrwa bagwa mu nyanja bahunga Ibihugu byabo African ariko Uti nzavugira imahanga ko nkunda Igihugu cyange ubu se uri kugikorera iki? Vuga uti Numva mfite ishyaka ko Nabonye Visa ahaaa.”

RADIOTV10

Comments 3

  1. Etienne says:
    4 years ago

    Abanyamukuru namwe muransetsa,
    Bose bamutwamye nta numwe wamushyigikiye!!!

    Reply
  2. Muhindakazi jackline says:
    3 years ago

    Ese ninde wamushyigikira ko aba yirata aho amariye iki igigihugu umuganda wigihugu?iki nanjye ashima aho yagiye abin di yiturize

    Reply
  3. Habyarimana Martin says:
    3 years ago

    dushime imana, yo izi impamvu twabuze visa, kuba umugabo ataraye iwe, ntibimubuza gutekereza aba yasize, njyewe ntacyo nshinza clarisse, banyarwanda, kumpande zose, ubundi ngo, utinda mubyabandi ibyawe bigahomba, please, azimpamv yabivuze, woe wamenye ibyawe, iwabandi urahapagasiriza ariko ntuhatura, azataha iwabo ni mu rwagasabo, mwese mushaka kujyayo ariko twabuze icyo aturusha, si amafaranga ahubwo ni amahirwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + 3 =

Previous Post

Rulindo: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umukecuru umurusha imyaka 23 wari umwugamishije imvura

Next Post

Perezida Kagame na Tshisekedi ntibagaragara mu nama ya EAC, Museveni na Ndayishimiye bahageze

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Tshisekedi ntibagaragara mu nama ya EAC, Museveni na Ndayishimiye bahageze

Perezida Kagame na Tshisekedi ntibagaragara mu nama ya EAC, Museveni na Ndayishimiye bahageze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.