Saturday, November 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Colorado: Umupolisi yafunzwe nyuma yo gukangisha kurasa ucyekwaho icyaha ubwo yamufataga

radiotv10by radiotv10
29/07/2021
in MU RWANDA
0
Colorado: Umupolisi yafunzwe nyuma yo gukangisha kurasa ucyekwaho icyaha ubwo yamufataga
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi wo muri leta ya Colorado muri Amerika yatawe muri yombi nyuma yuko afashwe amashusho akangisha umugabo ko yamwica ubwo yari arimo kumuta muri yombi.

Amashusho ya ‘camera’ bambara ku myenda agaragaza umupolisi John Haubert ukorera mu mujyi wa Aurora akoresha imbunda ntoya ye ayikubitisha uwo mugabo, amubwira ngo “nugenda, ndakurasa”.

Uku gutabwa muri yombi kubaye mu gihe hari ugucungira hafi gukomeye imyitwarire mibi ya polisi, nyuma y’urupfu rwa George Floyd mu 2020, rwateje imyigaragambyo mu gihugu.

Undi mupolisi na we yatawe muri yombi ashinjwa kunanirwa kubuza Bwana Haubert ibyo yakoze.

Videwo yeretswe abanyamakuru ku wa kabiri igaragaza Bwana Haubert akomeza gusubiramo ngo “reka kurwana”, mu gihe uwo mugabo amubwira ati, “sinshobora no guhumeka” none “urimo kunyica”.

Uwo mugabo – wari urimo gutabwa muri yombi acyekwaho kwinjira mu nzu y’undi nta ruhushya – yajyanwe mu bitaro nyuma y’ibyabaye.

Nkuko bikubiye mu nyandiko yo guta muri yombi, Bwana Haubert ubu arimo gukorwaho iperereza ku byaha bitandukanye bishoboka, birimo gukubita no gukangisha umuntu intwaro yica.

Umupolisi wa kabiri, Francine Martinez, ashinjwa kutagerageza kubuza Bwana Haubert gukoresha ingufu. Amakuru avuga ko aba bapolisi bombi bishyikirije polisi bo ubwabo.

Hashize imyaka polisi ikorera mu mujyi wa Aurora ishinjwa kwitwara nabi, harimo n’umugabo wapfuye arimo gutabwa muri yombi mu mwaka wa 2019.

Bijyanye n’itegeko rishya ryo kubazwa ku mikorere, abapolisi bo muri Colorado basabwa kugira icyo bakora iyo babonye ibikorwa by’imyitwarire mibi cyangwa ibyo gukoresha imbaraga z’umurengera.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa kabiri, Vanessa Wilson ukuriye polisi ikorera mu mujyi wa Aurora yavuze ko uko guta muri yombi uwo mugabo ari “igikorwa giteye ishozi cyane”.

Madamu Vanessa yagize ati: “Birahangayikishije cyane. Turabihiwe. Turarakaye. Aka si akazi ka polisi. Ntabwo dutoza ibi”.

Umushinga w’itegeko wemejwe mu mwaka ushize n’inteko ya leta ya Colorado, ubuza polisi gukoresha ingufu zavamo kwica abacyekwaho ibyaha, keretse polisi ibaye iri hafi kuba mu kaga gatewe n’intwaro.

Ikindi, iryo tegeko ribuza uburyo bwo gusa nk’uniga umuntu mu gihe cyo kumuta muri yombi, ndetse rikuraho ubudahangarwa bwo mu mategeko bwo kurinda abapolisi, ibi bituma bashobora kuba baregwa.

Bitarenze mu mwaka wa 2023, abapolisi bose bo muri leta ya Colorado basabwa kuzaba bambara ‘camera’ ku mubiri yo kugenzura imyitwarire yabo mu kazi.

Nkuko bitangazwa n’ikigo cy’ubuvugizi Prison Policy, abapolisi bari mu kazi muri Amerika bica abaturage b’abasivile ku gipimo cy’abantu 33.5 muri buri miliyoni 10 buri mwaka – umubare uri hejuru cyane ugereranyije no mu bindi bihugu bikize.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + nine =

Previous Post

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Next Post

TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

Related Posts

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

by radiotv10
01/11/2025
0

The nationwide identity verification and photo registration exercise for Rwanda’s new digital ID system began in Huye, Gisagara and Nyanza...

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

by radiotv10
01/11/2025
0

There’s a growing buzz and growing worry about internships in Rwanda that pay little or nothing. For many graduates, internships...

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

by radiotv10
01/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 62 y’amavuko ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yafatiwe ku Biro by'Umurenge wa Rubengera mu Karere ka...

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

Eng.-Genocide suspect arrested after 31 years in hiding

by radiotv10
01/11/2025
0

A 62-year-old man suspected of taking part in the 1994 Genocide against the Tutsi was arrested at the Rubengera Sector...

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

Akazi k’Ingabo z’u Rwanda mu rugamba rwo guhashya ibyihebe muri Mozambique kongeye kuzirikanwa

by radiotv10
31/10/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Mozambique, Gen Júlio dos Santos Jane wasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu mujyi wa wa...

IZIHERUKA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda
AMAHANGA

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

by radiotv10
01/11/2025
0

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

01/11/2025
BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

01/11/2025
Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

Unpaid internships in Rwanda: Are young people being exploited?

01/11/2025
Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

Ukekwaho Jenoside umaze imyaka 31 yihishahisha yafatiwe ku Murenge yagiye kwaka serivisi ahita atanga amakuru y’ibanze

01/11/2025
Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

Irebere uburyo abakinnyi ba Man.United baje mu myitozo bambaye (AMAFOTO)

31/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abayobozi ba AFC/M23 mu muhango wo guherekeza Musenyeri w’i Goma wanitabiriwe n’Umushumba wo mu Rwanda

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

BREAKING: Ibyavuye mu matora ya Perezida muri Tanzania byatangajwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.