Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Colorado: Umupolisi yafunzwe nyuma yo gukangisha kurasa ucyekwaho icyaha ubwo yamufataga

radiotv10by radiotv10
29/07/2021
in MU RWANDA
0
Colorado: Umupolisi yafunzwe nyuma yo gukangisha kurasa ucyekwaho icyaha ubwo yamufataga
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi wo muri leta ya Colorado muri Amerika yatawe muri yombi nyuma yuko afashwe amashusho akangisha umugabo ko yamwica ubwo yari arimo kumuta muri yombi.

Amashusho ya ‘camera’ bambara ku myenda agaragaza umupolisi John Haubert ukorera mu mujyi wa Aurora akoresha imbunda ntoya ye ayikubitisha uwo mugabo, amubwira ngo “nugenda, ndakurasa”.

Uku gutabwa muri yombi kubaye mu gihe hari ugucungira hafi gukomeye imyitwarire mibi ya polisi, nyuma y’urupfu rwa George Floyd mu 2020, rwateje imyigaragambyo mu gihugu.

Undi mupolisi na we yatawe muri yombi ashinjwa kunanirwa kubuza Bwana Haubert ibyo yakoze.

Videwo yeretswe abanyamakuru ku wa kabiri igaragaza Bwana Haubert akomeza gusubiramo ngo “reka kurwana”, mu gihe uwo mugabo amubwira ati, “sinshobora no guhumeka” none “urimo kunyica”.

Uwo mugabo – wari urimo gutabwa muri yombi acyekwaho kwinjira mu nzu y’undi nta ruhushya – yajyanwe mu bitaro nyuma y’ibyabaye.

Nkuko bikubiye mu nyandiko yo guta muri yombi, Bwana Haubert ubu arimo gukorwaho iperereza ku byaha bitandukanye bishoboka, birimo gukubita no gukangisha umuntu intwaro yica.

Umupolisi wa kabiri, Francine Martinez, ashinjwa kutagerageza kubuza Bwana Haubert gukoresha ingufu. Amakuru avuga ko aba bapolisi bombi bishyikirije polisi bo ubwabo.

Hashize imyaka polisi ikorera mu mujyi wa Aurora ishinjwa kwitwara nabi, harimo n’umugabo wapfuye arimo gutabwa muri yombi mu mwaka wa 2019.

Bijyanye n’itegeko rishya ryo kubazwa ku mikorere, abapolisi bo muri Colorado basabwa kugira icyo bakora iyo babonye ibikorwa by’imyitwarire mibi cyangwa ibyo gukoresha imbaraga z’umurengera.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa kabiri, Vanessa Wilson ukuriye polisi ikorera mu mujyi wa Aurora yavuze ko uko guta muri yombi uwo mugabo ari “igikorwa giteye ishozi cyane”.

Madamu Vanessa yagize ati: “Birahangayikishije cyane. Turabihiwe. Turarakaye. Aka si akazi ka polisi. Ntabwo dutoza ibi”.

Umushinga w’itegeko wemejwe mu mwaka ushize n’inteko ya leta ya Colorado, ubuza polisi gukoresha ingufu zavamo kwica abacyekwaho ibyaha, keretse polisi ibaye iri hafi kuba mu kaga gatewe n’intwaro.

Ikindi, iryo tegeko ribuza uburyo bwo gusa nk’uniga umuntu mu gihe cyo kumuta muri yombi, ndetse rikuraho ubudahangarwa bwo mu mategeko bwo kurinda abapolisi, ibi bituma bashobora kuba baregwa.

Bitarenze mu mwaka wa 2023, abapolisi bose bo muri leta ya Colorado basabwa kuzaba bambara ‘camera’ ku mubiri yo kugenzura imyitwarire yabo mu kazi.

Nkuko bitangazwa n’ikigo cy’ubuvugizi Prison Policy, abapolisi bari mu kazi muri Amerika bica abaturage b’abasivile ku gipimo cy’abantu 33.5 muri buri miliyoni 10 buri mwaka – umubare uri hejuru cyane ugereranyije no mu bindi bihugu bikize.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Next Post

TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.