Sunday, February 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Colorado: Umupolisi yafunzwe nyuma yo gukangisha kurasa ucyekwaho icyaha ubwo yamufataga

radiotv10by radiotv10
29/07/2021
in MU RWANDA
0
Colorado: Umupolisi yafunzwe nyuma yo gukangisha kurasa ucyekwaho icyaha ubwo yamufataga
Share on FacebookShare on Twitter

Umupolisi wo muri leta ya Colorado muri Amerika yatawe muri yombi nyuma yuko afashwe amashusho akangisha umugabo ko yamwica ubwo yari arimo kumuta muri yombi.

Amashusho ya ‘camera’ bambara ku myenda agaragaza umupolisi John Haubert ukorera mu mujyi wa Aurora akoresha imbunda ntoya ye ayikubitisha uwo mugabo, amubwira ngo “nugenda, ndakurasa”.

Uku gutabwa muri yombi kubaye mu gihe hari ugucungira hafi gukomeye imyitwarire mibi ya polisi, nyuma y’urupfu rwa George Floyd mu 2020, rwateje imyigaragambyo mu gihugu.

Undi mupolisi na we yatawe muri yombi ashinjwa kunanirwa kubuza Bwana Haubert ibyo yakoze.

Videwo yeretswe abanyamakuru ku wa kabiri igaragaza Bwana Haubert akomeza gusubiramo ngo “reka kurwana”, mu gihe uwo mugabo amubwira ati, “sinshobora no guhumeka” none “urimo kunyica”.

Uwo mugabo – wari urimo gutabwa muri yombi acyekwaho kwinjira mu nzu y’undi nta ruhushya – yajyanwe mu bitaro nyuma y’ibyabaye.

Nkuko bikubiye mu nyandiko yo guta muri yombi, Bwana Haubert ubu arimo gukorwaho iperereza ku byaha bitandukanye bishoboka, birimo gukubita no gukangisha umuntu intwaro yica.

Umupolisi wa kabiri, Francine Martinez, ashinjwa kutagerageza kubuza Bwana Haubert gukoresha ingufu. Amakuru avuga ko aba bapolisi bombi bishyikirije polisi bo ubwabo.

Hashize imyaka polisi ikorera mu mujyi wa Aurora ishinjwa kwitwara nabi, harimo n’umugabo wapfuye arimo gutabwa muri yombi mu mwaka wa 2019.

Bijyanye n’itegeko rishya ryo kubazwa ku mikorere, abapolisi bo muri Colorado basabwa kugira icyo bakora iyo babonye ibikorwa by’imyitwarire mibi cyangwa ibyo gukoresha imbaraga z’umurengera.

Mu kiganiro n’abanyamakuru ku wa kabiri, Vanessa Wilson ukuriye polisi ikorera mu mujyi wa Aurora yavuze ko uko guta muri yombi uwo mugabo ari “igikorwa giteye ishozi cyane”.

Madamu Vanessa yagize ati: “Birahangayikishije cyane. Turabihiwe. Turarakaye. Aka si akazi ka polisi. Ntabwo dutoza ibi”.

Umushinga w’itegeko wemejwe mu mwaka ushize n’inteko ya leta ya Colorado, ubuza polisi gukoresha ingufu zavamo kwica abacyekwaho ibyaha, keretse polisi ibaye iri hafi kuba mu kaga gatewe n’intwaro.

Ikindi, iryo tegeko ribuza uburyo bwo gusa nk’uniga umuntu mu gihe cyo kumuta muri yombi, ndetse rikuraho ubudahangarwa bwo mu mategeko bwo kurinda abapolisi, ibi bituma bashobora kuba baregwa.

Bitarenze mu mwaka wa 2023, abapolisi bose bo muri leta ya Colorado basabwa kuzaba bambara ‘camera’ ku mubiri yo kugenzura imyitwarire yabo mu kazi.

Nkuko bitangazwa n’ikigo cy’ubuvugizi Prison Policy, abapolisi bari mu kazi muri Amerika bica abaturage b’abasivile ku gipimo cy’abantu 33.5 muri buri miliyoni 10 buri mwaka – umubare uri hejuru cyane ugereranyije no mu bindi bihugu bikize.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + two =

Previous Post

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Next Post

TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umunyarwanda aho yicaye hose uyu munsi, ntakindi kimuri mu bitekerezo uretse Intwari z'u Rwanda n'ubutwari bwaziranze, dukesha umusingi w'ibyo Abanyarwanda...

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

by radiotv10
01/02/2026
0

Kayiranga Azalie wo mu kagari Gitwa mu murenge wa Gihombo akurikiranyweho kwica umuhungu we witwaga Habyalimana Michel wari umaze igihe...

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

by radiotv10
01/02/2026
0

Ku mugoroba ubanziriza umunsi wo kwizihiza Intwari z'u Rwanda, mu Karere ka Ruhango habereye igitaramo cyihariye cyari kigamije gusingiza no...

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

IZIHERUKA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

by radiotv10
01/02/2026
1

Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

01/02/2026
Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

01/02/2026
Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

31/01/2026
Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

TOKYO 2020: Salima Mukansanga yatoranyijwe mu bazasifura imikino Olempike ya ¼ mu bagore

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku mateka y’intwari twizihiza none n’ibyiciro byazo

Nyamasheke: Akurikiranyweho kwica umwana we wari ufite uburwayi bwo mu mutwe

Ruhango: Hakozwe ibikorwa byihariye bibinjiza mu kwizihiza Umunsi w’Intwari z’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.