• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Commonwealth igezweho ni umurage adusigiye- Perezida Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Commonwealth igezweho ni umurage adusigiye- Perezida Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth II watanze kuri uyu wa Kane, amushimira uko yayoboye Commonwealth ndetse no kuba asize uyu muryango uhagaze neza ujyanye n’Igihe Isi irimo.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame unayoboye Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Icyongereza (Commonwealth), yatangaje ibi nyuma yuko Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza itangarije ko Queen Elizabeth II yatanze mu mahoro.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Muri iki gihe twunamiye Nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II, turazirikana imyaka 70 amaze ku ngoma ya Commonwealth (Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza). Commonwealth igezweho ijyanye n’igihe ni umurage asize.”

Perezida Paul Kagame kandi yaboneyeho kwihanganisha umuryango w’Ubwami bw’u Bwongereza ndetse n’Abongereza bose muri rusange mu ibi bihe bitoroshye byo kubura Umwamikazi.

Yagize ati “Ndihanganisha cyane umwami (King Charles), Umwamikazi n’umuryango wose w’ubwami ndetse n’abaturage bose b’u Bwongereza n’ab’Umuryango wa Commonwealth.”

Queen Elizabeth II yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022 nkuko byemejwe n’Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza mu itangazo yashyize.

Ubwami bw’u Bwongereza, bwatangaje ko Queen Elizabeth II yatanze mu mahoro aho yari kwitabwaho n’abaganga be i Balmoral muri Scotland.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + nine =

Previous Post

Mbere yuko Umwamikazi atanga hagaragaye ibimenyetso birimo ishusho ye mu kirere

Next Post

Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.