Saturday, August 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Commonwealth igezweho ni umurage adusigiye- Perezida Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Commonwealth igezweho ni umurage adusigiye- Perezida Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth II watanze kuri uyu wa Kane, amushimira uko yayoboye Commonwealth ndetse no kuba asize uyu muryango uhagaze neza ujyanye n’Igihe Isi irimo.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame unayoboye Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Icyongereza (Commonwealth), yatangaje ibi nyuma yuko Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza itangarije ko Queen Elizabeth II yatanze mu mahoro.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Muri iki gihe twunamiye Nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II, turazirikana imyaka 70 amaze ku ngoma ya Commonwealth (Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza). Commonwealth igezweho ijyanye n’igihe ni umurage asize.”

Perezida Paul Kagame kandi yaboneyeho kwihanganisha umuryango w’Ubwami bw’u Bwongereza ndetse n’Abongereza bose muri rusange mu ibi bihe bitoroshye byo kubura Umwamikazi.

Yagize ati “Ndihanganisha cyane umwami (King Charles), Umwamikazi n’umuryango wose w’ubwami ndetse n’abaturage bose b’u Bwongereza n’ab’Umuryango wa Commonwealth.”

Queen Elizabeth II yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022 nkuko byemejwe n’Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza mu itangazo yashyize.

Ubwami bw’u Bwongereza, bwatangaje ko Queen Elizabeth II yatanze mu mahoro aho yari kwitabwaho n’abaganga be i Balmoral muri Scotland.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Mbere yuko Umwamikazi atanga hagaragaye ibimenyetso birimo ishusho ye mu kirere

Next Post

Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Related Posts

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

by radiotv10
02/08/2025
0

Mitali Protais wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko kuba yarabaye Minisitiri w’Umuco na Siporo, ndetse akanaruhagararira nka Ambasaderi muri...

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
02/08/2025
0

Abahuza b’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe mu bibazo bimaze igihe hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bahuriye...

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

by radiotv10
01/08/2025
0

Abafite inzu ahazwi nko mu Marangi mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge n’abahakorera, bavuga ko amafaranga ari hagati...

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

by radiotv10
01/08/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje ko mu nama ya mbere ya Komisiyo ishinzwe kugenzura ishyirwa mu bikorwa...

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

by radiotv10
01/08/2025
0

Minisiteri y’Uburezi ivuga ko guhindurira abarimu ibice bakoreramo (mutation) bigorana kuko aho baba bifuza kujya haba hari abandi basanzwe bahakorera....

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye
AMAHANGA

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

by radiotv10
02/08/2025
0

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

02/08/2025
Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

02/08/2025
Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

Police FC igiye kwipima na APR FC iyisimbuje Rayon Sports

02/08/2025
Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Perezida wa Kenya n’uwo yasimbuye bigeze kugirana umubano urimo igitotsi bagaragaye batemberana bishimye

Uwabaye muri Guverinoma y’u Rwanda Protais Mitali yitabiye Imana i Burayi

Abayobozi mu karere bagize icyo bavuga ku ntambwe iri guterwa mu by’u Rwanda na DRCongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.