Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Commonwealth igezweho ni umurage adusigiye- Perezida Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth

radiotv10by radiotv10
09/09/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Commonwealth igezweho ni umurage adusigiye- Perezida Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yunamiye Umwamikazi Elizabeth II watanze kuri uyu wa Kane, amushimira uko yayoboye Commonwealth ndetse no kuba asize uyu muryango uhagaze neza ujyanye n’Igihe Isi irimo.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame unayoboye Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Icyongereza (Commonwealth), yatangaje ibi nyuma yuko Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza itangarije ko Queen Elizabeth II yatanze mu mahoro.

Mu butumwa yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Umukuru w’u Rwanda yagize ati “Muri iki gihe twunamiye Nyiricyubahiro Umwamikazi Elizabeth II, turazirikana imyaka 70 amaze ku ngoma ya Commonwealth (Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza). Commonwealth igezweho ijyanye n’igihe ni umurage asize.”

Perezida Paul Kagame kandi yaboneyeho kwihanganisha umuryango w’Ubwami bw’u Bwongereza ndetse n’Abongereza bose muri rusange mu ibi bihe bitoroshye byo kubura Umwamikazi.

Yagize ati “Ndihanganisha cyane umwami (King Charles), Umwamikazi n’umuryango wose w’ubwami ndetse n’abaturage bose b’u Bwongereza n’ab’Umuryango wa Commonwealth.”

Queen Elizabeth II yatanze ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 08 Nzeri 2022 nkuko byemejwe n’Ingoro y’Ubwami bw’u Bwongereza mu itangazo yashyize.

Ubwami bw’u Bwongereza, bwatangaje ko Queen Elizabeth II yatanze mu mahoro aho yari kwitabwaho n’abaganga be i Balmoral muri Scotland.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − one =

Previous Post

Mbere yuko Umwamikazi atanga hagaragaye ibimenyetso birimo ishusho ye mu kirere

Next Post

Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Ntitwamushyingura batatweretse uko bamwishe- Umuryango w’umusore warashwe n’Abapolisi i Rubavu wahagurutse

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.