Saturday, March 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Tshisekedi yategetse ikigomba gukorwa nyuma y’impanuka ikanganye y’ubwato bwarimo abagenzi 270

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in AMAHANGA
1
Congo: Tshisekedi yategetse ikigomba gukorwa nyuma y’impanuka ikanganye y’ubwato bwarimo abagenzi 270
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ubwato bwari butwaye abagenzi barenga 270, bukoreye impanuka mu mugezi uherereye mu Ntara ya Maï-Ndombe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, igahitana abantu 86, Perezida Félix Tshisekedi yategetse ko hahita hakorwa iperereza rigomba kugaragaza icyateye iyi mpanuka.

Byatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024, mu butumwa bwatambutse kuri X.

Ubu bwato bwakoze impanuka, bwarohamye mu mugezi uzwi nka Kwa, uherereye mu Bilometero 70 uvuye mu mujyi wa Mushie mu Ntara ya Maï-Ndombe.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Congo, rivuga ko “Perezida Félix Tshisekedi yababajwe n’impanuka y’ubu bwato”  Yahitanye abantu barenga 80.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Umukuru w’Igihugu yihanganishije imiryango ndetse n’inshuti z’ababuriye ababo mu mpanuka. Arasaba kandi inzego zibishinzwe gufata ingamba zikwiye mu gufasha abantu bose bagizweho ingaruka n’aka kaga.”

Rikongera riti “Perezida wa Repubulika kandi yategetse ko hakorwa iperereza rigamije kumenya impamvu nyayo zateye aka kaga gakomeye kandi kababaje ndetse no kwirinda ko ibi byazongera kuba ukundi.”

Ubu bwato bwakoze impanuka, bwarimo abagenzi 271 berecyezaga i Kinshasa, aho bwaje kurohama bitewe no kuba moteri yabwo yapfuye buri kugenda, nk’uko byemejwe na Ren Makerm Komiseri ushinzwe iby’amazi mu Karere ka Mushi kabereyemo iyi mpanuka.

Abantu 86 mu bari muri ubu bwato, bahise bahasiga ubuzima, mu gihe abandi 185 babashije koga bakarokoka iyi mpanuka.

RADIOTV10

Comments 1

  1. nsengimana donatien says:
    2 years ago

    oooooh abo bitabye Imana baruhukire mu mahoro

    Reply

Leave a Reply to nsengimana donatien Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 4 =

Previous Post

Huye: Ibihungabanya umutekano wabo barabishinja abagakwiye kuwubacungira

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda basimbuwe muri Sudani y’Epfo bavuze uko ubutumwa bwagenze

Related Posts

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

Undi muyobozi wo hejuru mu gisirikare cya Iran yishwe na Israel

by radiotv10
26/03/2026
0

Leta ya Israel yatangaje ko yishe umuyobozi mukuru w’ingabo zirwanira mu mazi za Iran, Alireza Tangsiri, wavugwaga ko ari we...

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

Trump na Iran ntibahuza imvugo ku masezerano ategerejweho umuti

by radiotv10
26/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America,  Donald Trump, yavuze ko Iran ishishikajwe cyane no kugirana n’Igihugu cye amasezerano yo...

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

“Muzangaye gutinda ariko ntabwo bizahera” – Perezida Kagame ku butaka yemereye Abayisilamu 

by radiotv10
26/03/2026
0

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 25 Werurwe 2026, Perezida Paul Kagame yasezeranyije Abayisilamu bo mu Rwanda ko ikibazo cy’ubutaka...

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

Mu mashusho ababaje AFC/M23 yagaragaje ubugome ndengakamere bwakozwe na Wazalendo ikorana na FARDC

by radiotv10
24/03/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahanganye byumwihariko umutwe wa Wazalendo rwagabye ibitero muri Teritwari ya Kalehe mu Ntara ya Kivu...

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia wiyongereye

by radiotv10
24/03/2026
0

Umubare w’abahitanywe n’impanuka y’indege y’igisirikare cya Colombia, wazamutse ugera ku bantu 66, mu gihe abakomeretse ari 57. Iyi mpanuka y’indege...

IZIHERUKA

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore
MU RWANDA

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

by radiotv10
27/03/2026
0

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

27/03/2026
Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

27/03/2026
RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

RDF yaganirije Abahagarariye inyungu z’Igisirikare z’Ibihugu byabo mu Rwanda

27/03/2026
Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

Amajyepfo: Hemejwe ko Litiro zirenga ibihumbi 100 z’ibinyobwa bidakwiye zatahuwe mu mukwabu w’amezi abiri

27/03/2026
Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

26/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda basimbuwe muri Sudani y’Epfo bavuze uko ubutumwa bwagenze

Abapolisi b’u Rwanda basimbuwe muri Sudani y’Epfo bavuze uko ubutumwa bwagenze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Before You Date: Signs You Shouldn’t Ignore

U Rwanda rwagaragaje impamvu FDLR idakwiye gufatwa nk’umutwe witwaje intwaro usanzwe

Hari icyabonetse mu bikorwa byo gushakisha umushoferi wari utwaye imodoka yaguye muri Nyabarongo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.