Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Jean-Bosco Bahala, wahoze ari Umuhuzabikorwa wa Gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare no kwambura intwaro abarwanyi muri DRC, wari umaze igihe afungiye muri kasho y’ubutasi bwa gisirikare, yafunguwe.

Uyu Jean-Bosco Bahala wayoboye gahunda ya PDDRCS (Programme Désarmement, Démobilisation, Relèvement Communautaire et Stabilisation) yafunguriwe rimwe n’umwe mu bo bakoranaga, aho bafunguwe mu ijoro ryo ku wa 08 Ukwakira nk’uko tubikesha Radio Okapi.

Jean-Bosco Bahala yari yakuwe ku mwanya we tariki 23 Nyakanga 2024, nk’uko byari bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa Perezida Felix Tshisekedi.

Yari yatawe muri yombi akiva mu biganiro i Kampala muri Uganda, aho byavugwaga ko yari yoherejwe mu ibanga na Leta kuyihagararira mu biganiro na M23.

Gusa Jean-Bosco Bahala yari yabihakanye ko atari yagiye mu biganiro na AFC/M23, ahubwo ko yari yagiye mu butumwa bw’akazi gasanzwe, aho yavugaga ko yari yagiye kuganira n’ubuyobozi bwa Uganda ku buryo bwo kuzacyura abana b’Abanyekongo barekuwe n’umutwe wa LRA wo muri Centrafrique.

Uyu munyapolitiki yafunguwe nyuma y’amezi akabakaba abiri afunguye muri kasho z’ubutatsi bw’igisirikare cya Congo (DEMIAP).

Hari hashize igihe Imiryango itari iya Leta isaba ko uyu mugabo arekurwa kuko afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 n’Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, Dieudonné Mushagakusa yavuze ko nta byaha byashinjwaga Jean-Bosco Bahala wahoze ari Umuhuzabikorwa wa PDDRCS.

Uyu muvugizi kandi yavuze ko ahubwo Jean Bosco Bahala agomba gusubizwa mu nshingano ze nk’umuyobozi, kuko nta cyaha yakoze.

Jean-Bosco Bahala yari yatawe muri yombi tariki 23 Nyakanga 2024, ubwo yari avuye mu ndege yari imukuye i Entebbe muri Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 5 =

Previous Post

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Next Post

Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Related Posts

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

by radiotv10
09/12/2025
0

Raporo y'Umuryango w'Abanyamakuru batagira umupaka (Reporters Without Borders-RSF) yagaragaje ko Igihugu cya Israel ari cyo cyabaye icya mbere mu kwica...

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
09/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryifashishije amashusho agaragaza abaguye mu mirwano, riravuga ko mu gihe hakomeje umugambi wo kurimbura Abanyekongo bo mu burasirazuba...

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

by radiotv10
09/12/2025
0

AFC/M23 has published shocking and heartbreaking footage showing individuals who lost their lives in recent clashes, alleging that as the...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru atangazwa n’ibitangazamakuru by’i Burundi, aravuga ko abasirikare b’iki Gihugu bari gupfira no gukomerekera mu mirwano iri kubera mu burasirazuba...

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burundi, Bizimana Edouard yavuze ko iki Gihugu cyitifuza kwinjira mu ntambara ariko ko cyiteguye guhangana n’uwayigishozaho...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.