Saturday, November 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Jean-Bosco Bahala, wahoze ari Umuhuzabikorwa wa Gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare no kwambura intwaro abarwanyi muri DRC, wari umaze igihe afungiye muri kasho y’ubutasi bwa gisirikare, yafunguwe.

Uyu Jean-Bosco Bahala wayoboye gahunda ya PDDRCS (Programme Désarmement, Démobilisation, Relèvement Communautaire et Stabilisation) yafunguriwe rimwe n’umwe mu bo bakoranaga, aho bafunguwe mu ijoro ryo ku wa 08 Ukwakira nk’uko tubikesha Radio Okapi.

Jean-Bosco Bahala yari yakuwe ku mwanya we tariki 23 Nyakanga 2024, nk’uko byari bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa Perezida Felix Tshisekedi.

Yari yatawe muri yombi akiva mu biganiro i Kampala muri Uganda, aho byavugwaga ko yari yoherejwe mu ibanga na Leta kuyihagararira mu biganiro na M23.

Gusa Jean-Bosco Bahala yari yabihakanye ko atari yagiye mu biganiro na AFC/M23, ahubwo ko yari yagiye mu butumwa bw’akazi gasanzwe, aho yavugaga ko yari yagiye kuganira n’ubuyobozi bwa Uganda ku buryo bwo kuzacyura abana b’Abanyekongo barekuwe n’umutwe wa LRA wo muri Centrafrique.

Uyu munyapolitiki yafunguwe nyuma y’amezi akabakaba abiri afunguye muri kasho z’ubutatsi bw’igisirikare cya Congo (DEMIAP).

Hari hashize igihe Imiryango itari iya Leta isaba ko uyu mugabo arekurwa kuko afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 n’Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, Dieudonné Mushagakusa yavuze ko nta byaha byashinjwaga Jean-Bosco Bahala wahoze ari Umuhuzabikorwa wa PDDRCS.

Uyu muvugizi kandi yavuze ko ahubwo Jean Bosco Bahala agomba gusubizwa mu nshingano ze nk’umuyobozi, kuko nta cyaha yakoze.

Jean-Bosco Bahala yari yatawe muri yombi tariki 23 Nyakanga 2024, ubwo yari avuye mu ndege yari imukuye i Entebbe muri Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + fourteen =

Previous Post

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Next Post

Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Related Posts

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

AFC/M23 yongeye kugaragariza amahanga amarorerwa akorwa n’uruhande bahanganye inayerurira icyo yiyemeje

by radiotv10
07/11/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rigikomeje guhagarara ku ntego yo gucungura Abanyekongo bakomeje gukandamizwa n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, nyuma yuko yerekanye amashusho...

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

Abasirikare barimo Aba-Colonel mu gisirikare cya Congo bakurikiranyweho kunyereza kawunga, umuceri n’amata

by radiotv10
07/11/2025
0

Abasirikare 11 bo ku rwego rw’Abofisiye n’aba Sous-officiers mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), barimo batatu bafite...

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

Eng.-Senior FARDC Soldiers including Colonels accused of diverting food supplies such as rice and milk

by radiotv10
07/11/2025
0

Eleven soldiers ranked as Officers and Sous-officiers within the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC), including three...

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

Umushinjacyaha w’i Burundi yahunze Igihugu nyuma yuko konti ye itahuweho amafaranga menshi

by radiotv10
06/11/2025
0

Umushinjacyaha wo ku rwego rw’Igihugu mu Burundi ushinzwe Komini za Kirundo na Busoni, mu Ntara ya Butanyerera amaze iminsi ahungiye...

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

Perezidante wa Mexico yafashe icyemezo cyo kujyana mu nkiko umugabo wamukorakoreye mu ruhame

by radiotv10
06/11/2025
0

Perezida wa Mexico, Madamu Claudia Sheinbaum, yatangaje ko agiye kurega umugabo wamukoreye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nyuma yuko hari ugaragaye...

IZIHERUKA

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026
IMYIDAGADURO

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

08/11/2025
Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.