Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe

radiotv10by radiotv10
10/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Umunyapolitiki byavuzwe ko yoherejwe na Leta mu biganiro by’ibanga na M23 wafunzwe akivayo yarekuwe
Share on FacebookShare on Twitter

Jean-Bosco Bahala, wahoze ari Umuhuzabikorwa wa Gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abari abasirikare no kwambura intwaro abarwanyi muri DRC, wari umaze igihe afungiye muri kasho y’ubutasi bwa gisirikare, yafunguwe.

Uyu Jean-Bosco Bahala wayoboye gahunda ya PDDRCS (Programme Désarmement, Démobilisation, Relèvement Communautaire et Stabilisation) yafunguriwe rimwe n’umwe mu bo bakoranaga, aho bafunguwe mu ijoro ryo ku wa 08 Ukwakira nk’uko tubikesha Radio Okapi.

Jean-Bosco Bahala yari yakuwe ku mwanya we tariki 23 Nyakanga 2024, nk’uko byari bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa Perezida Felix Tshisekedi.

Yari yatawe muri yombi akiva mu biganiro i Kampala muri Uganda, aho byavugwaga ko yari yoherejwe mu ibanga na Leta kuyihagararira mu biganiro na M23.

Gusa Jean-Bosco Bahala yari yabihakanye ko atari yagiye mu biganiro na AFC/M23, ahubwo ko yari yagiye mu butumwa bw’akazi gasanzwe, aho yavugaga ko yari yagiye kuganira n’ubuyobozi bwa Uganda ku buryo bwo kuzacyura abana b’Abanyekongo barekuwe n’umutwe wa LRA wo muri Centrafrique.

Uyu munyapolitiki yafunguwe nyuma y’amezi akabakaba abiri afunguye muri kasho z’ubutatsi bw’igisirikare cya Congo (DEMIAP).

Hari hashize igihe Imiryango itari iya Leta isaba ko uyu mugabo arekurwa kuko afunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Mu itangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 n’Umuvugizi w’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, Dieudonné Mushagakusa yavuze ko nta byaha byashinjwaga Jean-Bosco Bahala wahoze ari Umuhuzabikorwa wa PDDRCS.

Uyu muvugizi kandi yavuze ko ahubwo Jean Bosco Bahala agomba gusubizwa mu nshingano ze nk’umuyobozi, kuko nta cyaha yakoze.

Jean-Bosco Bahala yari yatawe muri yombi tariki 23 Nyakanga 2024, ubwo yari avuye mu ndege yari imukuye i Entebbe muri Uganda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 3 =

Previous Post

Abatwara ibinyabiziga bafatirwa mu makosa bakayagerekaho andi akabo kashobotse

Next Post

Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

by radiotv10
18/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko abarwanyi baryo batangiye kuva mu mujyi wa Uvira nyuma yo kwemera kuwurekura ribisabwe n’ubuhuza bwa Leta...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

by radiotv10
17/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko ryumva icyifuzo cy’abaturage bo muri Uvira bagaragaje ko badashaka ko rirekura uyu mujyi, ariko ko ari...

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

Eng.-An updated list of other Countries whose citizens are banned from entering the US

by radiotv10
17/12/2025
0

An updated list of additional countries whose citizens are prohibited from entering the United States has been made public. According...

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

Hasohotse urutonde rw’ibindi Bihugu byakomanyirijwe ko ababikomoka batemerewe kujya muri America

by radiotv10
17/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongereye ibindi Bihugu birindwi ku rutonde rw’ibihugu abaturage babyo batemerewe kwinjira...

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

Eng.-Message from AFC/M23 to residents of Uvira who expressed opposition to its withdrawal

by radiotv10
17/12/2025
0

The AFC/M23 coalition says it understands the wishes of residents of the city of Uvira who have expressed that they...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

18/12/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

Icyo Polisi y’u Rwanda ivuga ku bapolisi bagaragaye bashyira umuntu muri Pandagari mu buryo budakwiye

18/12/2025
Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

Inyongera ya 50%: dore agahigo k’amafaranga azahabwa amakipe azitabira igikombe cy’isi cya 2026

17/12/2025
Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

17/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Umukinnyi wakiniye ikipe yo mu Bwongereza yapfuye urupfu rutunguranye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Umwarimu yatawe muri yombi nyuma yo gusaba umwana kujya iwe kumusura bagatindana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.