Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Congo yazibukiriye iby’intambara yiyemeza gushyira imbere ibiganiro ku kibazo cya M23

radiotv10by radiotv10
24/09/2022
in MU RWANDA
0
Congo yazibukiriye iby’intambara yiyemeza gushyira imbere ibiganiro ku kibazo cya M23
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yemeje ko ubu ishyize imbere inzira za dipolomasi mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu Burasirazuba bw’iki Gihugu.

Byemejwe na Minisitiri w’Intebe Wungirije akaba n’uw’Ububanyi n’Amahanga, Christophe Lutundula mu kiganiro yagiranye na Radio Top Congo FM.

Iki kiganiro cyabaye nyuma yuko Perezida Paul Kagame w’u Rwanda na Felix Tshisekedi wa DRC, bagejeje ijambo ku bitabiriye Inteko Rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye yabereye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Perezida Felix Tshisekedi, mu ijambo yavuze Kabiri tariki 20 Nzeri 2022, yongeye gushinja u Rwanda kuba ari rwo rwateye Igihugu cye ngo rwitwaje umutwe wa M23.

Ku munsi wakurikiyeho, tariki 21 Nzeri 2022, Perezida Paul Kagame, mu ijambo yagejeje kuri iyi Nteko Rusange, yagarutse ku bibazo by’umutekano mucye byakunze kugaragara mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko atari ibya none ndetse ko uko bimeze ubu bidatandukanye n’uko byari mu myaka 20 ishize.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko inzira ikenewe kugira ngo ibi bibazo biranduke, ari iy’ubushake bwa Politiki aho kuba iyo kwitana bamwana.

Christophe Lutundula muri iki kiganiro yagiranye na Top Congo FM, yanagarutse ku byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres wemeye ko ubutumwa bw’ingabo z’uyu muryango muri Congo, butageze ku ntego yabwo ndetse ko bwaranzwe n’intege nke.

Antonio Guterres kandi yasabye ko habaho ibiganiro hagati ya DRC, Rwanda na Uganda mu gushaka umuti w’iki kibazo cy’imitwe yitwaje intwaro.

Lutundura yavuze ko iki cyumweru cy’Inteko Rusange ya UN, cyaranzwe no kuvugisha ukuri kandi ko ari ko gushobora gutanga umuti w’ibabazo bitewe n’uburyo kwakoreshwa.

Yagize ati “Perezida wa Reopubulika Felix Antoine Tshisekedi, yashyize hanze ukuri kose mu mbwirwaruhame ye, mu gihe mugenzi we Paul Kagame atatomoye.”

Yakomeje agira ati “Ukuri kwatanzwe na Antonio Guterres na Perezida Kagame, kwashyize ku meza bimwe mu bigize ikibazo nyirizina mu rwego rwo gushaka umuti w’ingaruka z’ikibazo cyashegeshe Igihugu n’abaturage bacyo.”

Abajijwe niba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izemera kuyoboka inzira y’ibiganiro, Christophe Lutundula yagize ati “Ijambo rirahendutse cyane mu gihe hari ukuri ndetse n’ubushake.”

Yakomeeje agira ati “Tuzakomeza kugendera ku kuri kuzaba guhari ariko mu gihe kubakiye ku kuri kwa nyako, ubundi hakazaho ubushake bwa politiki hagakurikiraho gushyira mu bikorwa hagendewe ku biri kuba.”

Christophe Lutundula yatangaje ibi mu gihe ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, zamaze kujya mu butumwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umutwe wa M23 ufatwa nk’ikibazo nyamukuru cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo, umaze amezi atatu ucunga Umujyi wa Bunagana ndetse ukaba unaherutse guhamagarira abashoramari kujya kuhakorera ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Uwabwiye Perezida ko yariganyijwe inzu ubu ukekwaho icyaha yafatiwe icyemezo n’Urukiko

Next Post

‘Ndongora nitunge’, umuvuno waciwe n’abakobwa bahonga abahungu bakarushingana ariko ntirumare kabiri

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu
FOOTBALL

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

by radiotv10
09/12/2025
0

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
‘Ndongora nitunge’, umuvuno waciwe n’abakobwa bahonga abahungu bakarushingana ariko ntirumare kabiri

'Ndongora nitunge', umuvuno waciwe n’abakobwa bahonga abahungu bakarushingana ariko ntirumare kabiri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.