Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Gahunda ya Guma Mu Rugo yongereweho iminsi itanu

radiotv10by radiotv10
30/07/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19: Gahunda ya Guma Mu Rugo yongereweho iminsi itanu
Share on FacebookShare on Twitter

Byari biteganyijwe ko iminsi icumi ya gahunda ya Guma mu rugo ku mujyi wa Kigali n’utundi turere umunani irangirana n’yu wa mbere tariki 26 Nyakanga 2021 ariko byaje guhinduka biba ngombwa ko hongera gufatwa indi minsi itanu abatuye muri ibice bagakomeza kuguma muri iyi gahunda kuzageza tariki 31 Nyakanga 2021.

Umujyi wa Kigali ndetse n’uturere turimo; Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, abaturage bahatuye barakomeza kubahiriza ingamba za guma mu rugo kuzageza tariki 31 Nyakanga 2021 ubwo hazaba harebwa niba abaturage basubira mu bikorwa cyangwa niba gahunda ikomeza.

Abaturage bari muri utu turere umunani n’umujyi wa Kigali babujijwe ibi bikurikira:

1.Kuva mu rugo no gusurana birabujijwe keretse ku mpamvu z’ingenzi nk’izerekeye ubuzima, guhaha ibiribwa, kujya kuri banki n’abakozi bagiye gutanga izo serivisi.

2.Ibikorwa bya siporo ikorewe hanze n’imyidagaduro birabujijwe.

3.Ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zirabujijwe. Gusa, imodoka zitwara abakozi bajya mu bikorwa byemerewe gukomeza zizakomeza gukora. Moto n’amagare ntibyemewe gutwara abagenzi, ariko bishobora kwifashishwa mu gutwara imizigo.

4.Ibiro by’inzego za leta n’iby’abikorera birafunze. Abakozi bose bazakorera mu rugo cyereka abatanga serivisi z’ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

5.Ibikorwa by’ubucuruzi birafunze, cyeretse abacuruza ibiribwa,imiti, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bikoresho by’ibanze byemejwe ariko bagakoresha abakozi batarenze 30% by’abakozi bose. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00’).

6.Amashuri yose arafunze harimo na za kaminuza. Amabwiriza areba abanyeshuri bazakora ibizamini bya leta muri Nyakanga na Kanama 2021 bizagenwa na Minisiteri y’ubuzima.

7.Abagenzi bose binjira mu gihugu bakoresheje ikibuga mpuzamahanga cya Kigali bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 (PCR Test) amasaha 72 mbere y’uko bahaguruka kandi bakubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima yo kwirinda COVID-19.

8.Ibikorwa by’ubukerarugendo bizakomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli,abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo.

9.Ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bizakomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.

10.Pisine na spas zizakomeza gufunga. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo muri hoteli bacumbitsemo ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

11.Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 15.

Prime Minister Édouard Ngirente of Rwanda joins the Compact2025 Leadership Council

Dr.Edouard Ngirente Minisitiri w’intebe unashyira umukono kuri aya mabwiriza

Inkuru ya: Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10Rwanda

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 15 =

Previous Post

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Next Post

Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.