Sunday, June 1, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Gahunda ya Guma Mu Rugo yongereweho iminsi itanu

radiotv10by radiotv10
30/07/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19: Gahunda ya Guma Mu Rugo yongereweho iminsi itanu
Share on FacebookShare on Twitter

Byari biteganyijwe ko iminsi icumi ya gahunda ya Guma mu rugo ku mujyi wa Kigali n’utundi turere umunani irangirana n’yu wa mbere tariki 26 Nyakanga 2021 ariko byaje guhinduka biba ngombwa ko hongera gufatwa indi minsi itanu abatuye muri ibice bagakomeza kuguma muri iyi gahunda kuzageza tariki 31 Nyakanga 2021.

Umujyi wa Kigali ndetse n’uturere turimo; Burera, Gicumbi, Kamonyi, Musanze, Nyagatare, Rubavu, Rwamagana na Rutsiro, abaturage bahatuye barakomeza kubahiriza ingamba za guma mu rugo kuzageza tariki 31 Nyakanga 2021 ubwo hazaba harebwa niba abaturage basubira mu bikorwa cyangwa niba gahunda ikomeza.

Abaturage bari muri utu turere umunani n’umujyi wa Kigali babujijwe ibi bikurikira:

1.Kuva mu rugo no gusurana birabujijwe keretse ku mpamvu z’ingenzi nk’izerekeye ubuzima, guhaha ibiribwa, kujya kuri banki n’abakozi bagiye gutanga izo serivisi.

2.Ibikorwa bya siporo ikorewe hanze n’imyidagaduro birabujijwe.

3.Ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange zirabujijwe. Gusa, imodoka zitwara abakozi bajya mu bikorwa byemerewe gukomeza zizakomeza gukora. Moto n’amagare ntibyemewe gutwara abagenzi, ariko bishobora kwifashishwa mu gutwara imizigo.

4.Ibiro by’inzego za leta n’iby’abikorera birafunze. Abakozi bose bazakorera mu rugo cyereka abatanga serivisi z’ingenzi zibasaba kujya aho basanzwe bakorera.

5.Ibikorwa by’ubucuruzi birafunze, cyeretse abacuruza ibiribwa,imiti, ibikomoka kuri peteroli n’ibindi bikoresho by’ibanze byemejwe ariko bagakoresha abakozi batarenze 30% by’abakozi bose. Ibikorwa byose byemerewe gukomeza bizajya bifunga saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00’).

6.Amashuri yose arafunze harimo na za kaminuza. Amabwiriza areba abanyeshuri bazakora ibizamini bya leta muri Nyakanga na Kanama 2021 bizagenwa na Minisiteri y’ubuzima.

7.Abagenzi bose binjira mu gihugu bakoresheje ikibuga mpuzamahanga cya Kigali bagomba kuba bafite icyemezo cy’uko bipimishije COVID-19 (PCR Test) amasaha 72 mbere y’uko bahaguruka kandi bakubahiriza amabwiriza y’inzego z’ubuzima yo kwirinda COVID-19.

8.Ibikorwa by’ubukerarugendo bizakomeza kubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19. Muri ibyo bikorwa harimo amahoteli,abashinzwe kuyobora ba mukerarugendo na serivisi zo gutwara ba mukerarugendo.

9.Ibikorwa by’ubuhinzi n’ubworozi bizakomeza kubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.

10.Pisine na spas zizakomeza gufunga. Icyakora, abantu bacumbitse muri hoteli bemerewe gukora izo siporo muri hoteli bacumbitsemo ariko berekanye ko bipimishije COVID-19.

11.Imihango yo gushyingura ntigomba kurenza abantu 15.

Prime Minister Édouard Ngirente of Rwanda joins the Compact2025 Leadership Council

Dr.Edouard Ngirente Minisitiri w’intebe unashyira umukono kuri aya mabwiriza

Inkuru ya: Denise Mbabazi Mpambara/RadioTV10Rwanda

 

 

 

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Jamel Eddine Neffati yagizwe umutoza wungirije muri APR FC asimbura Paul Pablo Morchón

Next Post

Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Related Posts

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

by radiotv10
30/05/2025
0

Urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, Impeta n’Imidari by’Ishimwe (CHENO) rwashyize umucyo ku mpamvu zatumye mu ishuri ryisumbuye rya Nyange hashyinguye babiri...

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

IFOTO: Umuyobozi muri MTN Rwanda asangira ifunguro n’abanyeshuri

by radiotv10
30/05/2025
0

Alain Numa, Umuyobozi ushinzwe iyamamazabikorwa muri Sosiyete y’Itumanaho ya MTN Rwanda, yifashishije ifoto asangira ifunguro n’abayenshuri, yagaragaje ko yishimira uruhare...

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

Ibisobanuro byatanzwe n’umusaza watahanye umugore ‘wicuruza’ agapfira we bataragira icyo bakora

by radiotv10
30/05/2025
0

Umusaza w’imyaka 62 wo mu Murenge wa Rugarika mu Karere ka Kamonyi, yatawe muri yombi nyuma y’urupfu rw’umugore uvugwaho kwicuruza...

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

Agakiriro ka Gisozi kongeye kwibasirwa n’inkongi ifite imbaraga

by radiotv10
30/05/2025
0

Inkongi y’umuriro ifite imbaraga yongeye kugaragara mu Gakiriro ka Gisozi gaherereye mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, kakunze...

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

Ubuvuzi bwo hasi mu Rwanda bwinjijwemo agashya k’Ikoranabuhanga ry’Ubwenge Buhangano-AI

by radiotv10
30/05/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima ibinyujije mu Kigo cy'Igihugu cy’Ubuzima (RBC) yatangije ikoreshwa rya sisiteme y'Ubwenge Buhangano (AI/Artificial Intelligence) ifasha Abajyanama b’Ubuzima kuvura...

IZIHERUKA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23
AMAHANGA

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

by radiotv10
31/05/2025
0

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

31/05/2025
Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

30/05/2025
Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

Amakuru agezweho kuri AFC/M23 nyuma y’iminsi itatu y’imirwano ikaze hagati yayo na Wazalendo

30/05/2025
Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

Annet Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ ufunze yongeye kumugenera ubutumwa

30/05/2025
Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

Hatanzwe umucyo ku mpamvu i Nyange hashyinguwe intwari ebyiri kandi hariciwe batandatu

30/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Ally Niyonzima yananiwe n’iki muri Azam FC ?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Joseph Kabila kuva yagera i Goma yagaragaye ari kumwe n’abayobozi ba AFC/M23

Abakunzi b’Umuziki Nyarwanda mu Gihugu hose bagiye kongera kunyeganyega

Kabila yahuye n’irindi tsinda atangaza n’isezerano yarihaye rireba Abanyekongo bose

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.