Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

COVID-19: Rubavu bashyizwe muri “Guma mu karere”,Burera, Rutsiro,Nyagatare na Gicumbi bahabwa amabwiriza mashya

radiotv10by radiotv10
18/06/2021
in MU RWANDA
0
COVID-19: Rubavu bashyizwe muri “Guma mu karere”,Burera, Rutsiro,Nyagatare na Gicumbi bahabwa amabwiriza mashya
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kamena 2021 nibwo Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney yashyize umukono ku mabwiriza mashya yo kurwanya COVID-19, ingamba zasize akarere ka Rubavu gashyizwe muri “Guma mu Karere”, gahunda itemerera abagatuye kugira akandi karere bajyamo uhereye kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021.

Aya mabwiriza avuga ko guhera kuri uyu wa kane tariki 17 Kamena 2021 aka karere ka Rubavu gashyizwe muri “Guma mu karere” kugira ngo inzego zibishinzwe zifatanye n’abaturage zishobore gukurikirana neza no kugenzura iki cyorezo cya COVID-19 gikomeje gukaza umurego.

Muri aka karere ka Rubavu kandi guhera kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021, ingendo zirabujijwe guhera saa moya z’ijoro (19h00’) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 AM).

Gusa abakora ubwikorezi bw’ibicuruzwa hakoreshejwe ibinyabiziga bemerewe kubizana mu karere ka Rubavu kandi abafite ibicuruzwa byamburakiranya umupaka nabo bemerewe kubyambutsa hakurikijwe amabwiriza abigenga.

Amabwiriza mashya areba akarere ka Rutsiro avuga ko guhera kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021, ingendo zirabujijwe guhera saa moya z’ijoro (19h00’) kugeza saa kumi za mu gitondo (4:00 AM).

Kuva kuri uyu wa Kane tariki 17 Kamena 2021, amabwiriza agenga Burera, Gicumbi na Nyagatare avuga ko ingendo zibujijwe guhera saa moya z’ijoro (19h00’) kugeza saa kumi za mu gitondo (04:00’AM) mu mirenge ya: Cyanika, Kagogo, Kinyababa, Butaro,Kivuye na Bungwe mu karere ka Burera.

Rubaya, Cyumba na Kaniga mu karere ka Gicumbi. Matimba, Musheri, Rwempasha, Tabagwe, Karama na Kiyombe mu karere ka Nyagatare.

Sadam MIHIGO

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

EURO 2020: Ibitego bibiri bya Cristiano Ronaldo yatsinze Hungry byatumye aca uduhigo tune muri ruhago

Next Post

Igitego cya Ishimwe Anicet cyafashije APR FC gusubira Rayon Sports

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igitego cya Ishimwe Anicet cyafashije APR FC gusubira Rayon Sports

Igitego cya Ishimwe Anicet cyafashije APR FC gusubira Rayon Sports

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.