Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

radiotv10by radiotv10
28/07/2021
in MU RWANDA
0
Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania yakingiwe Covid-19 uyu munsi ku wa gatatu nyuma y’uko igihugu cye cyemeye kwakira inkingo z’iki cyorezo no kuzitanga.

Samia Suluhu, wagiye ku butegetsi mu kwezi kwa gatatu, yagize ati: “Ntabwo turi ikirwa ni yo mpamvu ubu twatangiye gukingira.”

Perezida Samia Suluhu akingirwa

Mukuru w’ikigo cyo kwirinda no kurwanya ibyorezo cy’ubumwe bwa Africa (Africa CDC) yashimye Samia Suluhu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19

Gutangiza gukingira muri Tanzania byabereye mu rugo rw’umukuru w’igihugu i Dar es Salaam, ahakingiriwe na minisitiri w’intebe, abakuru b’amadini n’abahoze ari abategetsi.

Uwo yasimbuye, John Magufuli wapfuye mu kwezi kwa gatatu, yakerensaga Coronavirus kandi yari yaranze inkingo zayo zakorewe mu mahanga.

Madamu Samia Suluhu yahinduye ibintu afata undi murongo, asaba rubanda gukurikiza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

Mu minsi ishize, Tanzania yakiriye doze miliyoni imwe y’inkingo za Johnson & Johnson zivuye mu mugambi wa Covax wo kugeza izi nkingo ku bihugu bikennye.

Ubu bwoko bw’inkingo za Johnson & Johnson abarutewe bahabwa doze imwe.

Mu muhango wo gutangiza gukingira, Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose kwikingiza kandi ko hazaboneka izindi doze nyinshi z’inkingo.

Yavuze ko atazaganisha igihugu mu nzira yakijyana mu kaga kuko ari umubyeyi, nyirakuru w’abana na perezida.

Samia w’imyaka 61 yagize ati: “Kuva mvutse nafashe inkingo nyinshi kandi izo twahawe tukiri impinja zaraturinze iyo myaka yose, rero nta mpungenge mfite.”

Tanzania's Magufuli remains absent, so will VP Samia Hassan Suluhu take  over?

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania yakingiwe Covid-19 uyu munsi ku wa gatatu nyuma y’uko igihugu cye cyemeye kwakira inkingo z’iki cyorezo no kuzitanga

Abanyamuziki baririmbye indirimbo ishishikariza abantu kwikingiza no kwirinda Covid, nubwo muri uwo muhango bahererekanyaga indangururamajwi ebyiri (microphones) batazihanaguje umuti wica imyanda n’udukoko dutera indwara.

Ku wa kabiri, umukuru w’ikigo cyo kwirinda no kurwanya ibyorezo cy’ubumwe bwa Africa (Africa CDC) yashimye Samia Suluhu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − fourteen =

Previous Post

UGANDA: Milutin Sredojević yongeye kugirwa umutoza mukuru wa Uganda Cranes nyuma y’imyaka ine

Next Post

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Related Posts

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

IZIHERUKA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga
AMAHANGA

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

12/01/2026
Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

Barcelona yongeye gutwara Igikombe kiruta ibindi muri Espagne ibabaje mukeba wayo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.