Thursday, May 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

radiotv10by radiotv10
28/07/2021
in MU RWANDA
0
Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania yakingiwe Covid-19 uyu munsi ku wa gatatu nyuma y’uko igihugu cye cyemeye kwakira inkingo z’iki cyorezo no kuzitanga.

Samia Suluhu, wagiye ku butegetsi mu kwezi kwa gatatu, yagize ati: “Ntabwo turi ikirwa ni yo mpamvu ubu twatangiye gukingira.”

Perezida Samia Suluhu akingirwa

Mukuru w’ikigo cyo kwirinda no kurwanya ibyorezo cy’ubumwe bwa Africa (Africa CDC) yashimye Samia Suluhu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19

Gutangiza gukingira muri Tanzania byabereye mu rugo rw’umukuru w’igihugu i Dar es Salaam, ahakingiriwe na minisitiri w’intebe, abakuru b’amadini n’abahoze ari abategetsi.

Uwo yasimbuye, John Magufuli wapfuye mu kwezi kwa gatatu, yakerensaga Coronavirus kandi yari yaranze inkingo zayo zakorewe mu mahanga.

Madamu Samia Suluhu yahinduye ibintu afata undi murongo, asaba rubanda gukurikiza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

Mu minsi ishize, Tanzania yakiriye doze miliyoni imwe y’inkingo za Johnson & Johnson zivuye mu mugambi wa Covax wo kugeza izi nkingo ku bihugu bikennye.

Ubu bwoko bw’inkingo za Johnson & Johnson abarutewe bahabwa doze imwe.

Mu muhango wo gutangiza gukingira, Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose kwikingiza kandi ko hazaboneka izindi doze nyinshi z’inkingo.

Yavuze ko atazaganisha igihugu mu nzira yakijyana mu kaga kuko ari umubyeyi, nyirakuru w’abana na perezida.

Samia w’imyaka 61 yagize ati: “Kuva mvutse nafashe inkingo nyinshi kandi izo twahawe tukiri impinja zaraturinze iyo myaka yose, rero nta mpungenge mfite.”

Tanzania's Magufuli remains absent, so will VP Samia Hassan Suluhu take  over?

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania yakingiwe Covid-19 uyu munsi ku wa gatatu nyuma y’uko igihugu cye cyemeye kwakira inkingo z’iki cyorezo no kuzitanga

Abanyamuziki baririmbye indirimbo ishishikariza abantu kwikingiza no kwirinda Covid, nubwo muri uwo muhango bahererekanyaga indangururamajwi ebyiri (microphones) batazihanaguje umuti wica imyanda n’udukoko dutera indwara.

Ku wa kabiri, umukuru w’ikigo cyo kwirinda no kurwanya ibyorezo cy’ubumwe bwa Africa (Africa CDC) yashimye Samia Suluhu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 8 =

Previous Post

UGANDA: Milutin Sredojević yongeye kugirwa umutoza mukuru wa Uganda Cranes nyuma y’imyaka ine

Next Post

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Related Posts

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

by radiotv10
14/05/2026
0

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy uzwi mu gutara no gutangaza amakuru, yasabiwe igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,2 Frw mu...

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

by radiotv10
14/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika birimo n’u Rwanda, bifatwa mu...

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

by radiotv10
14/05/2026
0

Nyuma yuko Umunyamakurukazi ukorera igitangazamakuru cyo mu Rwanda, yandikiye Perezida Paul Kagame ibaruwa ifunguye avugamo akarengane yakorewe mu butabera yashaga...

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

by radiotv10
14/05/2026
0

Abagabo batatu bakekwaho kwiba moto bakazijyana mu mashyamba bakazikuramo amapiyese, bafatiwe mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, n’ubundi...

RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

by radiotv10
14/05/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwataye muri yombi ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukobwa ukora mu rugo rwo mu Murenge wa Gatumba...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo
MU RWANDA

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

by radiotv10
14/05/2026
0

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

14/05/2026
Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

14/05/2026
Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

Hatanzwe umucyo ku by’umunyamakurukazi wandikiye Perezida Kagame amusaba ubutabera ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina yakorewe

14/05/2026
Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

Batatu bafatanywe ibimenyetso by’ubujura bwa moto bakoraga

14/05/2026
RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

RIB yafunze ukekwaho gutwikisha amazi ashyushye umukozi wo mu rugo amuziza gutinda guteka

14/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy yaburanishijwe anasabirwa igifungo

Undi Muminisitiri muri Guverinoma y’u Bwongereza yeguye byongera igitutu kuri Minisitiri w’Intebe usabwa kwegura

Perezida Kagame yagaragaje ibiba byihishe inyuma y’ibihano bifatirwa bimwe mu Bihugu birimo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.