Saturday, April 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza

radiotv10by radiotv10
28/07/2021
in MU RWANDA
0
Covid – Tanzania: Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose nabo kwikingiza
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania yakingiwe Covid-19 uyu munsi ku wa gatatu nyuma y’uko igihugu cye cyemeye kwakira inkingo z’iki cyorezo no kuzitanga.

Samia Suluhu, wagiye ku butegetsi mu kwezi kwa gatatu, yagize ati: “Ntabwo turi ikirwa ni yo mpamvu ubu twatangiye gukingira.”

Perezida Samia Suluhu akingirwa

Mukuru w’ikigo cyo kwirinda no kurwanya ibyorezo cy’ubumwe bwa Africa (Africa CDC) yashimye Samia Suluhu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19

Gutangiza gukingira muri Tanzania byabereye mu rugo rw’umukuru w’igihugu i Dar es Salaam, ahakingiriwe na minisitiri w’intebe, abakuru b’amadini n’abahoze ari abategetsi.

Uwo yasimbuye, John Magufuli wapfuye mu kwezi kwa gatatu, yakerensaga Coronavirus kandi yari yaranze inkingo zayo zakorewe mu mahanga.

Madamu Samia Suluhu yahinduye ibintu afata undi murongo, asaba rubanda gukurikiza amabwiriza yo kwirinda iki cyorezo.

Mu minsi ishize, Tanzania yakiriye doze miliyoni imwe y’inkingo za Johnson & Johnson zivuye mu mugambi wa Covax wo kugeza izi nkingo ku bihugu bikennye.

Ubu bwoko bw’inkingo za Johnson & Johnson abarutewe bahabwa doze imwe.

Mu muhango wo gutangiza gukingira, Perezida Samia Suluhu yasabye Abatanzania bose kwikingiza kandi ko hazaboneka izindi doze nyinshi z’inkingo.

Yavuze ko atazaganisha igihugu mu nzira yakijyana mu kaga kuko ari umubyeyi, nyirakuru w’abana na perezida.

Samia w’imyaka 61 yagize ati: “Kuva mvutse nafashe inkingo nyinshi kandi izo twahawe tukiri impinja zaraturinze iyo myaka yose, rero nta mpungenge mfite.”

Tanzania's Magufuli remains absent, so will VP Samia Hassan Suluhu take  over?

Perezida Samia Suluhu wa Tanzania yakingiwe Covid-19 uyu munsi ku wa gatatu nyuma y’uko igihugu cye cyemeye kwakira inkingo z’iki cyorezo no kuzitanga

Abanyamuziki baririmbye indirimbo ishishikariza abantu kwikingiza no kwirinda Covid, nubwo muri uwo muhango bahererekanyaga indangururamajwi ebyiri (microphones) batazihanaguje umuti wica imyanda n’udukoko dutera indwara.

Ku wa kabiri, umukuru w’ikigo cyo kwirinda no kurwanya ibyorezo cy’ubumwe bwa Africa (Africa CDC) yashimye Samia Suluhu gushyiraho ingamba zo kwirinda ikwirakwira rya COVID-19.

Inkuru ya BBC Gahuza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

UGANDA: Milutin Sredojević yongeye kugirwa umutoza mukuru wa Uganda Cranes nyuma y’imyaka ine

Next Post

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Related Posts

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

In today’s economy, loans from banks can be a powerful tool, not just a financial burden. When used wisely, they...

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

by radiotv10
18/04/2026
0

Nyuma yuko umusore anyujije ubutumwa bw'amashusho ku mbuga nkoranyambaga avuga ko ari gutabariza abamotari bagenzi be bo mu Karere ka...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

by radiotv10
17/04/2026
0

Abasore bane bakekwaho guhabwa akazi n’umugabo wo mu Murenge wa Rambura mu Karere ka Nyabihu ko kumwicira umugore, bemera icyaha...

Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

by radiotv10
17/04/2026
0

Imibare igaragaza ko umwaka ushize wa 2025, ingo zahawe gatanya binyuze mu Nkiko mu Rwanda ari 2 629, aho muri...

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’Ikimenyetso cy’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ryakozwe i Rouen

by radiotv10
17/04/2026
0

U Bufaransa bwamaganye iyangizwa ry’ikimenyetso cy’urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ryakozwe mu mujyi wa Rouen nyuma...

IZIHERUKA

Imwe mu ngamba zashyiriweho guhangana n’itumbagira ry’ibiciro yongeye gukanyagwa
MU RWANDA

Important things to use a bank loan for and get good returns

by radiotv10
18/04/2026
0

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

18/04/2026
Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

17/04/2026
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Abasore bashinjwa guhabwa akazi n’umugabo ngo bamwicire umugore bahishuye impamvu yagambiriye kumwica

17/04/2026
Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

Ihangana hagati y’abakinnyi bayoboye ruhago ku Isi ya none ryimukiye mu ishoramari

17/04/2026
Twinjire mu mizi y’intandaro y’itumbagira rya ‘Divorce-Gatanya’ mu Rwanda n’uburyo bushya bwayica intege

Hagiye hanze imibare ya vuba yerekana ishusho ya gatanya mu Rwanda n’uko Intara zikurikirana

17/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Afurika y’Epfo yohereje ingabo zikabakaba 1500 muri Mozambique kurwanya inyeshyamba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Important things to use a bank loan for and get good returns

Uwakwirakwije amakuru y’ibihuha ko abamotari bari kwicwa yatawe muri yombi

Amakuru mashya: Iran yemeje ko yafunguye Umuhora wa Hormuz wari wateje ibibazo bikomeye ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.