Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka izahembwa Nyampinga w’u Rwanda wa 2022, Miss Muheto Nshuti Divine umaze amezi ane yegukanye ikamba, yamaze kugera ku rwego rugomba kuyimushyikiriza, rukaba ruri gutegura ibikorwa byo kubanza kuyimurikira Abanyarwanda ubundi rukayimuha.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Hyundai Venue, yageze mu Rwanda itinze kuko yaje muri Gicurasi kubera ibikorwa byo gusana icyambu cya Dar es Salaam yagombaga gucaho, byatumye ibicuruzwa binyura kuri iki cyambu bitinda mu nzira.

Amakuru ahari ubu, aremeza ko iyi modoka yamaze gushyikirizwa Inteko y’Igihugu y’Umuco yahawe inshingano zo gucunga no gukurikirana ibikorwa byose bya Miss Rwanda.

Umwe mu bazi amakuru, yabwiye RADIOTV10 ko nyuma yuko iyi modoka ishyikirijwe Inteko y’Umuco, ubu iyi nteko iri gutegura uburyo izashyikirizwa Miss Muheto.

Uyu waduhaye amakuru utifuje gutangazwa, yavuze ubusanzwe iyi modoka mbere yuko ihabwa Nyampinga yashyirwaga mu masangano y’imihanda [Rond-Point] mu mujyi rwagati ikabanza kwerekwa Abanyarwanda, ndetse ko n’iyi izahabwa Muheto izabanza kuberekwa.

Yavuze ko Inteko y’Umuco yamaze kwandikira ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ibusaba ko iyi modoka ishyirwa muri aya masangano ikamaramo iminsi kugira ngo Abanyarwanda babanze bayibone

Yagize ati “Kubera ko igomba kujya muri rond-point, Inteko yamaze kwandikira Umujyi wa Kigali kugira ngo iriya modoka ishyirweyo ubundi babone kuyiha Miss.”

Iyi modoka igiye gushyikirizwa Muheto, mu gihe irushanwa rya Miss Rwanda ryajemo ibibazo byatewe n’ibirego bishinjwa Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] usanzwe ari umuyobozi wa Kompanyi yahoze iritegura, ubu ufungiye ibyaha akekwaho birimo kwaka ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − nine =

Previous Post

Fayulu wizeye kuzayobora Congo yatangije ubukangurambaga bwo gukusanya amafaranga azakoresha mu kwiyamamaza

Next Post

Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro

Related Posts

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Abarimo umunyamakuru ‘Djihad’ bakurikiranyweho amashusho y’urukozasoni baragaruka imbere y’Urukiko

by radiotv10
29/12/2025
0

Abantu bane barimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, bakurikiranyweho gusakaza amashusho y'urukozasoni y'umuhanzi 'Yampano', baherutse gufatirwa icyemezo cyo gufungwa by'agateganyo,...

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

IZIHERUKA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo
MU RWANDA

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

by radiotv10
30/12/2025
0

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

30/12/2025
Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

29/12/2025
Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro

Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.