Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa

radiotv10by radiotv10
14/07/2022
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Cyera kabaye Miss Muheto agiye gushyikirizwa imodoka yatsindiye…Hamenyekanye uko azayihabwa
Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka izahembwa Nyampinga w’u Rwanda wa 2022, Miss Muheto Nshuti Divine umaze amezi ane yegukanye ikamba, yamaze kugera ku rwego rugomba kuyimushyikiriza, rukaba ruri gutegura ibikorwa byo kubanza kuyimurikira Abanyarwanda ubundi rukayimuha.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Hyundai Venue, yageze mu Rwanda itinze kuko yaje muri Gicurasi kubera ibikorwa byo gusana icyambu cya Dar es Salaam yagombaga gucaho, byatumye ibicuruzwa binyura kuri iki cyambu bitinda mu nzira.

Amakuru ahari ubu, aremeza ko iyi modoka yamaze gushyikirizwa Inteko y’Igihugu y’Umuco yahawe inshingano zo gucunga no gukurikirana ibikorwa byose bya Miss Rwanda.

Umwe mu bazi amakuru, yabwiye RADIOTV10 ko nyuma yuko iyi modoka ishyikirijwe Inteko y’Umuco, ubu iyi nteko iri gutegura uburyo izashyikirizwa Miss Muheto.

Uyu waduhaye amakuru utifuje gutangazwa, yavuze ubusanzwe iyi modoka mbere yuko ihabwa Nyampinga yashyirwaga mu masangano y’imihanda [Rond-Point] mu mujyi rwagati ikabanza kwerekwa Abanyarwanda, ndetse ko n’iyi izahabwa Muheto izabanza kuberekwa.

Yavuze ko Inteko y’Umuco yamaze kwandikira ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali ibusaba ko iyi modoka ishyirwa muri aya masangano ikamaramo iminsi kugira ngo Abanyarwanda babanze bayibone

Yagize ati “Kubera ko igomba kujya muri rond-point, Inteko yamaze kwandikira Umujyi wa Kigali kugira ngo iriya modoka ishyirweyo ubundi babone kuyiha Miss.”

Iyi modoka igiye gushyikirizwa Muheto, mu gihe irushanwa rya Miss Rwanda ryajemo ibibazo byatewe n’ibirego bishinjwa Ishimwe Dieudonne [Prince Kid] usanzwe ari umuyobozi wa Kompanyi yahoze iritegura, ubu ufungiye ibyaha akekwaho birimo kwaka ishimishamubiri rishingiye ku gitsina.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + seventeen =

Previous Post

Fayulu wizeye kuzayobora Congo yatangije ubukangurambaga bwo gukusanya amafaranga azakoresha mu kwiyamamaza

Next Post

Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro

Related Posts

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

IZIHERUKA

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz
FOOTBALL

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

by radiotv10
22/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro

Kigali: Umunyamahanga wakatiwe imyaka 5 yavuze ko adakwiye gufungwa kuko afitiye u Rwanda akamaro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejewe amakuru yavugwaga ku itandukana rya Rayon n’umutoza wungirije Haruna Ferouz

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.