Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Davis D wagaragaye hamwe n’udukingirizo twakoreshejwe icyo yabikoreye cyasohotse

radiotv10by radiotv10
06/01/2023
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Davis D wagaragaye hamwe n’udukingirizo twakoreshejwe icyo yabikoreye cyasohotse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Icyishaka David uzwi nka Davis D uherutse kugaragara mu cyumba kirimo udukingirizo tugaragara nk’utwakoreshejwe, yamaze gushyira hanze ishoramari rigaragaza ko biriya yari yabikoze nk’integuza yaryo.

Uyu muhanzi uri mu bagezweho muri iyi minsi, yashyize hanze udukingirizo twitwa ‘D Protection’ turiho n’ifoto ye.

Uyu muhanzi winjiye mu bashoramari, yavuze ko yashyize hanze utu dukingirizo ari mu buryo bw’ishoramari ariko nanone ashaka gutanga umusanzu we mu rugamba rwo kurwanya Virusi itera SIDA.

Yagize ati “Ndashaka gushishikariza urubyiruko kwikingira. Kugira ngo babyumve neza nabakoreye agakingirizo kanjye, ku buryo abenshi bakunda Davis D n’ibihangano byanjye bagakoresha ndetse banishimira ko bari gukoresha agakingirizo k’umuhanzi wabo bakunda.”

Uyu muhanzi uzwiho gushyira hanze ibihangano byumvikanamo amagambo y’inzongamubiri, yavuze ko muri iki gihe Virusi itera SIDA yugarije urubyiruko bityo ko yumva ntacyamubuza kugira uruhare mu kuyirwanya.

Ati “Nk’umuhanzi kandi w’urubyiruko nifuje gutanga umusanzu wanjye ku rubyiruko benshi badukurikirana, icyo nagiraga ngo mbashishikarize ni ukwirinda SIDA cyane ko ari cyo kibazo cyugarije urubyiruko cyane.”

Uyu muhanzi avuga ko utu dukingirizo tutarajya hanze ngo dutangire kugurwa n’abifuza kudukoresha, ariko ko mu gihe cya vuba tuba twatangiye gusohoka.

Mu cyumweru gishize hari hagiye hanze amafoto agaragaza uyu muhanzi ari mu cyumba cyagaragaraga ko ari mu macumbi, yakuyemo umwambaro wo hejuru, imbere ye hari udukingirizo twakoreshejwe.

Bamwe baketse ko ari umukobwa bari bamaze kugira uko bigenza wamutamaje akamushyira hanze, gusa umwe mu banyamakuru ba RADIOTV10 bamaze kumenyera iby’imyidagaduro mu Rwanda, yari yavuze ko ibi byaba biri mu murongo w’ibizwi nko gutwika.

Iyi mvugo yiswe gutwika ku bahanzi, ni uburyo bakoresha buba butavugwaho rumwe, ariko bagamije gukomeza kuguma mu mitwe y’abantu bitewe n’imishinga mishya baba bafite nk’ibihangano baba bagira ngo bizakurikiranwe cyane.

Udukingirizo twe turiho ifoto ye

Davis D yari aherutse kugaragara ari mu cyumba hamwe n’udukingirizo twakoreshejwe
Yari kumwe kandi n’umukobwa mu gitanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − five =

Previous Post

Umukinnyikazi wa film mu Rwanda wigeze ‘guterwa gapapu’ yasezeranye mu Murenge

Next Post

Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Related Posts

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

by radiotv10
15/01/2026
0

Umuhanzikazi Bwiza Emerance avuga ko yatunguwe no kumva amakuru y’uko yafatiwe irembo n’umusore bamaze igihe bakundana ndetse bitegura kurushinga, ahamya...

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa Filimi Uwihoreye Jean Bosco wamamaye nka Ndimbati, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi....

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Hatangajwe Umusenateri usimbura uwari Perezida wa Sena weguye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.