Saturday, September 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dodo zizamuka gute turi mu gihe cy’Imvura?- Minisitiri yemeje ko hari abacuruzi buririye ku bibazo

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA
0
Dodo zizamuka gute turi mu gihe cy’Imvura?- Minisitiri yemeje ko hari abacuruzi buririye ku bibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi, Beata Habyarimana avuga ko hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zumvikana kubera ibibazo biriho ku rwego mpuzamahanga ariko ko hari n’ibindi byazamuwe n’abacuruzi babyuririyeho nta mpamvu zihari.

Kuva intambara yo muri Ukraine yatera, ibiciro by’ibicuruzwa byaratumbagiye mu buryo budasanzwe birimo n’ibisanzwe bikenerwa mu mibereho ya buri munsi nk’isukari n’ibikoresho by’isuku.

Nta rwego rwari rwagize icyo rubivugaho uretse kuba bamwe mu basesenguzi mu bijyanye n’ubukungu, bagiye bavuga ko ari ingaruka z’intambara uri kubera muri Ukraine.

Minsitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana kuri iki Cyumweru tariki 06 Werurwe 2022, yavuze ko hari ibicuruzwa byuriye bitewe n’iyi ntambara birimo ibikomoka ku ngano.

Ati “Ukraine n’u Burusiya batanga ingano nyinshi, umwe ni exporter [Igihugu gicuruza hanze] wa mbere undi ni uwa gatanu ku Isi, bivuga ngo hari Ibihigu bizagira ingaruka ku bijyanye n’ingano.”

Minisitiri Beata avuga ko hari n’izindi ngaruka bishobora kuzagira zijyanye n’Ibikomoka kuri petrole, ndetse n’izijyanye no kwishyura.

Yagarutse ku bicuruzwa bikomeje guhenda muri iki gihe birimo isukari n’amavuta, avuga ko “Nubwo mu Rwanda tubikora ariko ntabwo twihagije. Isukari dukora mu Rwanda dushobora igeza ku 10% ku yo Abanyarwanda bose bakeneye, ni ukuvuga ngo 90% tuyitumiza hanze.”

Kimwe n’amavuta yo guteka, avuga ko mu Rwanda habasha gutunganyirizwa agera kuri 37% y’akenewe mu Gihugu ariko mu gihe andi aturuka mu Bihugu birimo Misiri no mu bindi Bihugu byo ku mugabane w’u Burayi, ku buryo anyura mu Nyanja.

Kuri iki cy’amavuta, avuga ko hari ikibazo kimaze imyaka ibiri kuva icyorezo cya COVID-19 cyatangira kijyanye n’ubwikorezi bwo mu Nyanja.

Ati “Ibiciro byarahindutse, ku buryo nk’ubwato bwashoboraga muri Aziya buje inaha bwashoboraga guca 3 500 by’amadolari kugira ngo bugere inaha ubu ni hafi 9 500 cyangwa 10 000.”

Avuga ko nko ku bijyanye n’isukari, inyinshi ituruka mu Bihugu byo muri Afurika, ariko ko mu bihe by’imvura inganda zabyo zikunze gukora amasuku bigatuma isukari yaturukagayo igabanuka.

Minsitiri Beata avuga ko hari ibindi bicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zitumvikana.

Ati “Hirya y’isukari, amavuta n’isabune; twabonye hari ibicuruzwa bisanzwe byo mu Rwanda byazamutse ku mpamvu zidasobanutse. Iyo ubonye umuntu azamura nka dodo duri mu gihe cy’imvura harimo ikibazo. Mu by’ukuri ntaho bihuriye na Ukraine n’u Burusiya. Iyo umunyu azamuye sorwatom, tugira imyero itatu mu mwaka y’inyanya nabyo ubona hari umuntu uri kwitwaza ko abantu bavuga bati ‘hari ibyazamutse’ bakazamura n’ibisigaye.”

Avuga ko hakozwe igenzura mu basanzwe binjiza ibi bicuruzwa birimo Isabune n’amavuta, akavuga ko hari abayimanye ku bushake ndetse n’abagiye bakoresha uburyo bw’uburiganya bagamije kubyungukiramo.

Ati “Hari abo twasanze bandika nk’ibiciro ibihumbi 55 muri system ariko umuntu yaza kumuranguraho ntamuhe EBM akamubwira ati yampe mu ntoki, akamuca ibihumbi 63.”

Ministiri Beata avuga ko hari n’abahanwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro barimo abaciwe amande n’abafungiwe kubera ubu buriganya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =

Previous Post

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Next Post

Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Related Posts

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

by radiotv10
12/09/2025
0

Umusore n’inkumi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bagombaga gukora ubukwe, bajyanywe mu Bitaro nyuma yo gutegwa...

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

Nyaruguru: Abahinzi b’icyayi bagaragarijwe isomo bakwiye gukura mu kuba cyarabahinduriye imibereho

by radiotv10
12/09/2025
0

Minisitiri w'Ubuhinzi n'Ubworozi, Dr Mark Cyubahiro Bagabe, avuga ko ubuhinzi bw'icyayi mu karere ka Nyaruguru bwazamuye imibereho y'ababukora, bityo ko...

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

Ntibanyurwa n’igisubizo bakunze guhabwa ku mbogamizi batahwemye kugaragaza

by radiotv10
12/09/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Kibaya-Cyunuzi mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kuba badafite aho banika...

IZIHERUKA

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo
MU RWANDA

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

12/09/2025
Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

12/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

12/09/2025
Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

Amakuru arambuye ku bukwe bwahindutse agahinda habura amasaha ngo butahe

12/09/2025
Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

Dore ibihano bishya bizajya bitangwa ku makosa yagaragaye mu mupira w’amaguru mu Rwanda

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

Umuhanzi Israel Mbonyi yararikiye abakunzi be n’aba muzika Nyarwanda icyo abahishiye

Amakuru mashya: Ukekwaho kwica Charlie wavugishije benshi ku Isi yafashwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.