Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dodo zizamuka gute turi mu gihe cy’Imvura?- Minisitiri yemeje ko hari abacuruzi buririye ku bibazo

radiotv10by radiotv10
07/03/2022
in MU RWANDA
0
Dodo zizamuka gute turi mu gihe cy’Imvura?- Minisitiri yemeje ko hari abacuruzi buririye ku bibazo
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi, Beata Habyarimana avuga ko hari ibicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zumvikana kubera ibibazo biriho ku rwego mpuzamahanga ariko ko hari n’ibindi byazamuwe n’abacuruzi babyuririyeho nta mpamvu zihari.

Kuva intambara yo muri Ukraine yatera, ibiciro by’ibicuruzwa byaratumbagiye mu buryo budasanzwe birimo n’ibisanzwe bikenerwa mu mibereho ya buri munsi nk’isukari n’ibikoresho by’isuku.

Nta rwego rwari rwagize icyo rubivugaho uretse kuba bamwe mu basesenguzi mu bijyanye n’ubukungu, bagiye bavuga ko ari ingaruka z’intambara uri kubera muri Ukraine.

Minsitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Beata Habyarimana kuri iki Cyumweru tariki 06 Werurwe 2022, yavuze ko hari ibicuruzwa byuriye bitewe n’iyi ntambara birimo ibikomoka ku ngano.

Ati “Ukraine n’u Burusiya batanga ingano nyinshi, umwe ni exporter [Igihugu gicuruza hanze] wa mbere undi ni uwa gatanu ku Isi, bivuga ngo hari Ibihigu bizagira ingaruka ku bijyanye n’ingano.”

Minisitiri Beata avuga ko hari n’izindi ngaruka bishobora kuzagira zijyanye n’Ibikomoka kuri petrole, ndetse n’izijyanye no kwishyura.

Yagarutse ku bicuruzwa bikomeje guhenda muri iki gihe birimo isukari n’amavuta, avuga ko “Nubwo mu Rwanda tubikora ariko ntabwo twihagije. Isukari dukora mu Rwanda dushobora igeza ku 10% ku yo Abanyarwanda bose bakeneye, ni ukuvuga ngo 90% tuyitumiza hanze.”

Kimwe n’amavuta yo guteka, avuga ko mu Rwanda habasha gutunganyirizwa agera kuri 37% y’akenewe mu Gihugu ariko mu gihe andi aturuka mu Bihugu birimo Misiri no mu bindi Bihugu byo ku mugabane w’u Burayi, ku buryo anyura mu Nyanja.

Kuri iki cy’amavuta, avuga ko hari ikibazo kimaze imyaka ibiri kuva icyorezo cya COVID-19 cyatangira kijyanye n’ubwikorezi bwo mu Nyanja.

Ati “Ibiciro byarahindutse, ku buryo nk’ubwato bwashoboraga muri Aziya buje inaha bwashoboraga guca 3 500 by’amadolari kugira ngo bugere inaha ubu ni hafi 9 500 cyangwa 10 000.”

Avuga ko nko ku bijyanye n’isukari, inyinshi ituruka mu Bihugu byo muri Afurika, ariko ko mu bihe by’imvura inganda zabyo zikunze gukora amasuku bigatuma isukari yaturukagayo igabanuka.

Minsitiri Beata avuga ko hari ibindi bicuruzwa byazamuriwe ibiciro ku mpamvu zitumvikana.

Ati “Hirya y’isukari, amavuta n’isabune; twabonye hari ibicuruzwa bisanzwe byo mu Rwanda byazamutse ku mpamvu zidasobanutse. Iyo ubonye umuntu azamura nka dodo duri mu gihe cy’imvura harimo ikibazo. Mu by’ukuri ntaho bihuriye na Ukraine n’u Burusiya. Iyo umunyu azamuye sorwatom, tugira imyero itatu mu mwaka y’inyanya nabyo ubona hari umuntu uri kwitwaza ko abantu bavuga bati ‘hari ibyazamutse’ bakazamura n’ibisigaye.”

Avuga ko hakozwe igenzura mu basanzwe binjiza ibi bicuruzwa birimo Isabune n’amavuta, akavuga ko hari abayimanye ku bushake ndetse n’abagiye bakoresha uburyo bw’uburiganya bagamije kubyungukiramo.

Ati “Hari abo twasanze bandika nk’ibiciro ibihumbi 55 muri system ariko umuntu yaza kumuranguraho ntamuhe EBM akamubwira ati yampe mu ntoki, akamuca ibihumbi 63.”

Ministiri Beata avuga ko hari n’abahanwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’imisoro barimo abaciwe amande n’abafungiwe kubera ubu buriganya.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × five =

Previous Post

Gicumbi: Umucungagereza yarashe mugenzi we bimuviramo urupfu

Next Post

Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Umuyobozi muri RCA yafatiwe mu cyuho yakira ruswa ya 100.000Frw we yitaga ‘agashimwe’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.