Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dore igisubizo cyahawe uwavugaga ko yarenganyijwe na Camera zifotora abarengeje umuvuduko

radiotv10by radiotv10
10/06/2024
in MU RWANDA
1
Dore igisubizo cyahawe uwavugaga ko yarenganyijwe na Camera zifotora abarengeje umuvuduko
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku kibazo cy’uwavugaga ko yaciwe amande mu buryo bw’ikoranabuhanga kubera kurenza umuvuduko ubwo yafotorwaga na camera zo ku muhanda, kandi ngo ari mu muvuduko ugaragazwa n’icyapa, igaragaza uko byagenze ngo ayacibwe.

Uwitwa Rugamba Olivier, mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024, yavugaga ko yarenganyijwe, agacibwa amande yo kurenza umuvuduko kandi yari ari mu werekanwa n’icyapa.

Ni amande yaciwe kuri iki Cyumweru tariki 09 Kamena 2024, aho yagaragaje ko yari ari mu muvuduko wa 68Km/h mu muhanda Nyagatare-Ryabega, agacibwa ibihumbi 25 Frw.

Mu butumwa bwe, Rugamba Olivier yagize ati “camera yaramfotoye ndi kuri iyi speed [umuvuduko] kandi ahantu nari ndi hari icyapa cya 80km/h.”

Mu butumwa busubiza iki kibazo, Ubuyobozi bw’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda, bwagize buti “Nyuma yo gusuzuma ikibazo cyanyu, twasanze nyuma y’icyapa cya 80 hari icyapa cya 60, mu Kagali ka Rutaraka, Umudugudu wa Ryabega.”

Ubutumwa bwa Polisi y’u Rwanda, bukomeza bugira buti “Mwarenze ku cyapa cya 60, murenza umuvuduko uteganyijwe, camera irabafotora.”

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, ryasoje ubutumwa bugira inama abatwara ibinyabiziga kujya bubahiriza iteka ryose ibiteganywa n’ibyapa, birinda icyateza impanuka aho kwirinda gucibwa amande.

Mu cyumweru gishize, Senateri Evode Uwizeyimana yatanze inama y’uburyo hakosorwa ibyapa bigaragaza umuvuduko ugomba kubahirizwa, aho yavuze ko umuntu adashobora kuva mu muvuduko wa 80Km/h ngo ahite yinjira mu wa 60Km/h, akavuga ko habanza kujya hajyamo uwa 70Km/h.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Baptiste says:
    1 year ago

    Ngewe sinumvikana na evode ibyo byapa ntibikurikirana gutyo,asibire mwigazeti ya leta asomye neza atiriwe anasoma icyapa yajya amenya ngo ngiye kugera mu cyapa cya 80 ikindi icyapa gishyirwa muri metero runaka ahagaragara mbere Yuko ukigeraho uwo muvudiko Uba wawufashe rwose yirushya police yacu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + five =

Previous Post

Guverinoma ya Congo yagize icyo ivuga ku gitero cy’umutwe ukomeje guhitana inzirakarengane

Next Post

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

by radiotv10
08/07/2025
0

Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo bise ‘Shimwa Paul’ uherereye mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, bavuga ko ibikorwa by’iterambere...

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

by radiotv10
07/07/2025
1

Annette Murava, umugore wa Zacharie Habiyaremye wamenyekanye nka ‘Bishop Gafaranga’, yaje ku Rukiko rwakiriye ubujurire bw’uyu mugabo ku cyemezo cyo...

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

Eng.- Rwanda asked the U.S. to step up efforts in monitoring the implementation of the Peace Agreement with the DRC

by radiotv10
07/07/2025
0

The Government of Rwanda has called on the United States to ensure strict enforcement of the recently signed peace agreement...

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

Abarenga 20 bafatiwe ahakunze kuvugwaho ibikorwa bitemewe birimo uburaya muri Kigali

by radiotv10
07/07/2025
0

Abantu 22 bafatiwe ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro mu gihe cy’iminsi ibiri, bakekwaho ibikorwa...

IZIHERUKA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano
MU RWANDA

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

08/07/2025
Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

07/07/2025
APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

07/07/2025
Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

Annette Murava umugore wa ‘Bishop Gafaranga’ yagaragarije agahinda ku Rukiko

07/07/2025
Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

Buri wese yakoze iyo bwabaga-Twibukiranye ibyaranze igitaramo cya mbere cya MTN Iwacu Muzika Festival

07/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Umuburo ku Baturarwanda ku bushyuhe budasanzwe n’ibice bizashyuha kurusha ibindi mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Basobanuye ahavuye igitekerezo cyo guha izina ‘Shimwa Paul’ Umudugudu wabo

Igisirikare cya Congo n’icya Uganda bikomeje guhiga bukware ibyihebe by’umutwe wazengereje abaturage

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.