Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr.Biruta wahinduriwe inshingano mu mavuguru yabaye muri Guverinoma yinjiye muri Minisiteri y’Umutekano

radiotv10by radiotv10
18/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dr.Biruta wahinduriwe inshingano mu mavuguru yabaye muri Guverinoma yinjiye muri Minisiteri y’Umutekano
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Vincent Biruta uherutse kugirwa Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, yererekanyije ububasha bw’inshingano na Alfred Gasana yasimbuye, we wasabiwe guhagararira u Rwanda mu Buholandi.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 18 Kamena 2024 nk’uko tubikesha Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu, yatangaje ko iri hererekanyabubasha bw’inshingano ryabaye mu gitondo cya none ku wa Kabiri.

Uyu muhango kandi wanitabiriwe n’abayobozi b’Ibigo bishamikiye kuri iyi Minisiteri y’Umutekano w’Imbere ndetse n’abayobozi muri iyi Minisiteri.

Dr Vincent Biruta yahawe inshingano zo kuba Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, mu mavugururwa yakozwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, mu cyumweru gishize.

Aya mavugurura, yasize Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane yinjiyemo Ambasaderi Olivier Nduhungirehe wasimbuye Dr Vincent Biruta.

Amb. Olivier Nduhungirehe wahawe izi nshingano akuwe ku mwanya wo guhagararira u Rwanda mu Buholandi, yahise asimburwa na Alfred Gasana wanahererekanyije ububasha na Dr Biruta kuri uyu Kabiri.

Gasana ugiye kuba Ambasaderi w’u Rwanda mu Buholandi, yari yagizwe Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu muri mpera za 2021 mu kwezi k’Ukuboza, ubwo iyi Minisiteri yagarurwagaho mu gihe yari imaze igihe itariko.

Icyo gihe Alfred Gasana yari avuye mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza n’Umutekano (NISS) na rwo ruherutse guhabwa Umunyamabanga Mukuru mushya, ari we Aimable Havugiyaremye wari Umushinjacyaha Mukuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Habaye igisa n’igitangaza ku bimukira bari baburiwe irengero mu nyanja rwagati

Next Post

Hafunguwe Ibiro by’Akarere ka Burera hanatangazwa amafaranga byuzuye bitwaye

Related Posts

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

by radiotv10
18/12/2025
0

Kigali is quietly becoming one of Africa’s most attractive destinations for digital nomads. Known for its cleanliness, safety, strong internet...

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

by radiotv10
18/12/2025
0

From mobile money to online banking and QR-code payments, the world is rapidly moving toward a cashless society. In Rwanda,...

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

by radiotv10
18/12/2025
0

Abahinzi b’umuceri mu gishanga cya Cyunuzi bavuga ko umusaruro wabo utinda guhuza ibipimo bikenerwa kugira ngo ugurwe kuko batagira imashini...

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
18/12/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya nyuma y'umwaka wa 2025, yaranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo kugezwaho isinywa ry’amasezerano y’Amahoro n’Ubufatanye mu by’Ubukungu hagati y’u...

IZIHERUKA

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4
IBYAMAMARE

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

Who are eligible to work from home in Kigali, and how is it transforming the City?

18/12/2025
Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hafunguwe Ibiro by’Akarere ka Burera hanatangazwa amafaranga byuzuye bitwaye

Hafunguwe Ibiro by’Akarere ka Burera hanatangazwa amafaranga byuzuye bitwaye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.