Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr.Habineza ufite icyizere gihagije cyo kuzatorerwa kuyobora Abanyarwanda yavuze amajwi yumva azagira

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dr.Habineza ufite icyizere gihagije cyo kuzatorerwa kuyobora Abanyarwanda yavuze amajwi yumva azagira
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Frank Habineza, umukandida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu matora ya Perezida wa Repubulika, yavuze ko nubwo ahanganye n’umukandida ukomeye, ariko afite icyizere gihagije cyo kuzabona intsinzi ku majwi ari hejuru ya 50%.

Uyu munyapolitiki wiyamamaje ku nshuro ya kabiri, ni umwe mu bakandida batatu bahatanye mu matora ya Perezida wa Repubulika, abura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo abe, aho ahanganye na Paul Kagame akaba Umukandida wa FPR-Inkotanyi, ndetse na Mpayimana Philippe; Umukandida wigenga.

Mu kiganiro yagiranye na TV10, Dr Frank Habineza wagarutse ku bikorwa byo kwiyamamaza amazemo iminsi, aho amaze kugera mu Turere 26, yavuze ko yagaragarijwe urugwiro rwinshi n’abaturage ku rwego rutandukanye no muri 2017 ubwo yiyamamarizaga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Dr Frank Habineza uvuga kandi ko ubwo yajyaga kwiyamamariza mu Karere ka Nyaruguru ahakunze kwitwa ku butaka butagatifu kubera amabonekerwa ya Bikiramariya yahabereye, yanagiye gusengera ku ngoro y’Umubyeyi Bikiramariya, ndetse akahakura imigisha myinshi ikomeje kumukurikirana ndetse akaba yizeye ko izanageza mu gihe cy’Amatora.

Ati “Mbishingiyeho, uwa Perezida wo turawukozaho imitwe y’intoki, dufite amahirwe ageze nko kuri 55%, n’Abadepite dufite icyizere ko tuzakuba inshuro icumi, twari dufite babiri, twumva ko nibura bazaba makumyabiri.”

Uyu munyapolitiki avuga ko ibi abishingira ku kuba umutwe wa Politiki wa Green Party of Rwanda ayoboye, ufite igikundiro mu Banyarwanda, kuko ari wo na FPR-Inkotanyi azwi cyane n’Abanyarwanda.

Avuga kandi ko uyu mutwe wa Politiki wubatse inzego z’abagore n’urubyiruko, kuva ku rwego rw’Akagari kugeza ku rw’Igihugu.

Ati “Ibi byose ni ibintu twashyizeho nk’inzego ku buryo iyo tugiye ahantu tuba dufiteyo abantu bacu bose ku buryo baba bitabiriye. Ibyo turi kubona ubu ni umusaruro w’ibikorwa twakoze tumazemo imyaka ibiri dukora.”

Avuga kandi ko ikindi cyizere gishingira ku musaruro w’amajwi bakura mu Banyarwanda ugenda uzamuka, kuko muri 2017 ubwo yiyamamariza ku mwanya wa Perezida yari yabonye amajwi ari munsi ya 1%, ariko muri 2018 ubwo ishyaka rye ryahatanaga mu matora y’Abadepite, ryabonye amajwi 5%, ku buryo yumva afite icyizere ko uyu mwaka azarenza 50% bitewe no kuba iri shyaka rye rimaze kumenyekana.

Ati “Iyo ubajije abaturage amashyaka bazi, bavuga FPR na Green Party. Mu by’ukuri turi ishyaka rya kabiri mu Gihugu, kandi biragaragara, ni yo mpamvu andi mashyaka yose ari gushyigikira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, ni uko bazi ko nta cyizere bifitiye cyo gutsinda, twe twifitiye icyizere cyo gutsinda.”

Yakomeje agira ati “Ndabizi ko mpanganye n’Umukandida ukomeye cyane ufite ubushobozi, ni yo mpamvu ntavuze 90%, mvuze 55% kuko ndabona ko bishoboka. 90% ndabizi ko bidashoboka kuko ndabizi ko na we afite abantu benshi bamushyigikiye, rero tuzahangana turebe uko bizagenda.”

Dr Frank Habineza avuga kandi ko umutwe wa Politiki we ufite imigabo n’imigambi myiza kandi yagiye ishimwa n’abaturage aho bagiye bayigaragaza hose, kuko yose igamije kuzageza ku Banyarwanda amajyambere bifuza.

Aherutse kujya gusengera i Kibeho
Imigisha yahakuye abona izamugeza no ku ntsinzi
Ubu akomeje ibikorwa byo kwiyamamaza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 17 =

Previous Post

Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Next Post

Uko abantu bakwitwara mu gihe habaye inkongi itunguranye batarindiriye ko Polisi ihagera

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko abantu bakwitwara mu gihe habaye inkongi itunguranye batarindiriye ko Polisi ihagera

Uko abantu bakwitwara mu gihe habaye inkongi itunguranye batarindiriye ko Polisi ihagera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.