Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr.Habineza ufite icyizere gihagije cyo kuzatorerwa kuyobora Abanyarwanda yavuze amajwi yumva azagira

radiotv10by radiotv10
12/07/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dr.Habineza ufite icyizere gihagije cyo kuzatorerwa kuyobora Abanyarwanda yavuze amajwi yumva azagira
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Frank Habineza, umukandida w’Ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikije mu matora ya Perezida wa Repubulika, yavuze ko nubwo ahanganye n’umukandida ukomeye, ariko afite icyizere gihagije cyo kuzabona intsinzi ku majwi ari hejuru ya 50%.

Uyu munyapolitiki wiyamamaje ku nshuro ya kabiri, ni umwe mu bakandida batatu bahatanye mu matora ya Perezida wa Repubulika, abura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo abe, aho ahanganye na Paul Kagame akaba Umukandida wa FPR-Inkotanyi, ndetse na Mpayimana Philippe; Umukandida wigenga.

Mu kiganiro yagiranye na TV10, Dr Frank Habineza wagarutse ku bikorwa byo kwiyamamaza amazemo iminsi, aho amaze kugera mu Turere 26, yavuze ko yagaragarijwe urugwiro rwinshi n’abaturage ku rwego rutandukanye no muri 2017 ubwo yiyamamarizaga ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.

Dr Frank Habineza uvuga kandi ko ubwo yajyaga kwiyamamariza mu Karere ka Nyaruguru ahakunze kwitwa ku butaka butagatifu kubera amabonekerwa ya Bikiramariya yahabereye, yanagiye gusengera ku ngoro y’Umubyeyi Bikiramariya, ndetse akahakura imigisha myinshi ikomeje kumukurikirana ndetse akaba yizeye ko izanageza mu gihe cy’Amatora.

Ati “Mbishingiyeho, uwa Perezida wo turawukozaho imitwe y’intoki, dufite amahirwe ageze nko kuri 55%, n’Abadepite dufite icyizere ko tuzakuba inshuro icumi, twari dufite babiri, twumva ko nibura bazaba makumyabiri.”

Uyu munyapolitiki avuga ko ibi abishingira ku kuba umutwe wa Politiki wa Green Party of Rwanda ayoboye, ufite igikundiro mu Banyarwanda, kuko ari wo na FPR-Inkotanyi azwi cyane n’Abanyarwanda.

Avuga kandi ko uyu mutwe wa Politiki wubatse inzego z’abagore n’urubyiruko, kuva ku rwego rw’Akagari kugeza ku rw’Igihugu.

Ati “Ibi byose ni ibintu twashyizeho nk’inzego ku buryo iyo tugiye ahantu tuba dufiteyo abantu bacu bose ku buryo baba bitabiriye. Ibyo turi kubona ubu ni umusaruro w’ibikorwa twakoze tumazemo imyaka ibiri dukora.”

Avuga kandi ko ikindi cyizere gishingira ku musaruro w’amajwi bakura mu Banyarwanda ugenda uzamuka, kuko muri 2017 ubwo yiyamamariza ku mwanya wa Perezida yari yabonye amajwi ari munsi ya 1%, ariko muri 2018 ubwo ishyaka rye ryahatanaga mu matora y’Abadepite, ryabonye amajwi 5%, ku buryo yumva afite icyizere ko uyu mwaka azarenza 50% bitewe no kuba iri shyaka rye rimaze kumenyekana.

Ati “Iyo ubajije abaturage amashyaka bazi, bavuga FPR na Green Party. Mu by’ukuri turi ishyaka rya kabiri mu Gihugu, kandi biragaragara, ni yo mpamvu andi mashyaka yose ari gushyigikira Umukandida wa FPR-Inkotanyi, ni uko bazi ko nta cyizere bifitiye cyo gutsinda, twe twifitiye icyizere cyo gutsinda.”

Yakomeje agira ati “Ndabizi ko mpanganye n’Umukandida ukomeye cyane ufite ubushobozi, ni yo mpamvu ntavuze 90%, mvuze 55% kuko ndabona ko bishoboka. 90% ndabizi ko bidashoboka kuko ndabizi ko na we afite abantu benshi bamushyigikiye, rero tuzahangana turebe uko bizagenda.”

Dr Frank Habineza avuga kandi ko umutwe wa Politiki we ufite imigabo n’imigambi myiza kandi yagiye ishimwa n’abaturage aho bagiye bayigaragaza hose, kuko yose igamije kuzageza ku Banyarwanda amajyambere bifuza.

Aherutse kujya gusengera i Kibeho
Imigisha yahakuye abona izamugeza no ku ntsinzi
Ubu akomeje ibikorwa byo kwiyamamaza

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + four =

Previous Post

Perezida Biden yakoze ibyatumye hongera kwibazwa ku zabukuru ze

Next Post

Uko abantu bakwitwara mu gihe habaye inkongi itunguranye batarindiriye ko Polisi ihagera

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko abantu bakwitwara mu gihe habaye inkongi itunguranye batarindiriye ko Polisi ihagera

Uko abantu bakwitwara mu gihe habaye inkongi itunguranye batarindiriye ko Polisi ihagera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.