Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Dr Sabin wari wahagaritswe by’agateganyo kubera ibyo akurikiranyweho yasimbujwe

radiotv10by radiotv10
27/01/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Dr Sabin wari wahagaritswe by’agateganyo kubera ibyo akurikiranyweho yasimbujwe
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Sabin Nsanzimana wari wahagaritswe by’agateganyo na Perezida wa Repubulika kubera ibyo akurikiranyweho yagombaga kubazwa, ubu yamaze gusimbuzwa undi ari we Prof Claude Mambo Muvunyi wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC).

Prof Claude Mambo Muvunyi wasimbuye Dr Sabin Nsanzimana ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru wa RBC, yemejwe n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022.

Prof Claude Mambo Muvunyi asanzwe ari Umwarimu muri Kaminuza mu bijyanye n’ubuvuzi bw’indwara ziterwa n’udukoko duto, akaba afite impamyabumenyi y’ikirenga (PhD) muri ubu buvuzi.

Yigishije muri kaminuza n’amashuri makuru atandukanye arimo University of Rwanda (Kaminuza y’u Rwanda), Kigali University Teaching Hospital na College of Medicine and Health sciences.

Inama y’Abaminisitiri kandi yashyizeho abandi bayobozi muri iki kigo barimo Noella Birimana wagizwe Umuyobozi Mukuru Wungirije ndetse na Dr Isabelle Mukagatare wagizwe Ukuriye ishami rya Serivisi.

Dr Sabin Nsanzimana yari yabaye ahagaritswe by’agateganyo mu ntangiro z’Ukuboza umwaka ushize wa 2021 ubwo tariki 07 z’uko kwezi, Ibiro bya Minisitiri byatangazaga ko Perezida wa Repubulika yabaye amuhagaritse kubera ibyo akurikiranyweho agomba kubazwa.

Dr Sabin Nsanzimana yavanywe kuri uyu mwanya amaze imyaka ibiri ayobora iki kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), dore ko yari yashyizweho tariki ya 29 Nyakanga 2019.

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 26 Mutarama 2022 kandi yashyizeho abandi bayobozi barimo Philippe Habinshuti wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza na Benjamin Sesonga wagizwe Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umutekano mu Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + six =

Previous Post

Kugera mu rugo byongeweho amasaha abiri, ibitaramo no kujya kuri stade birakomorerwa

Next Post

Umunyamategeko ukomeye muri Uganda arasaba ko Museveni yerekana Permis yo gutwara imodoka

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibiganiro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bikomeje gukorwa ku nzego zinyuranye...

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibyatangajwe na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America byo guhagarikira inkunga Ibihugu bya Afurika,...

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

by radiotv10
12/05/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda irafungura ku mugaragaro Ambasade yayo mu Gihugu cya Hongrie cyo ku Mugabane w’u Burayi, hanabe ibiganiro hagati...

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Paul Kagame ari i Abidjan muri Côte d’Ivoire aho yagiye kwifatanya na bagenzi be bo ku Mugabane wa Afurika...

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

by radiotv10
12/05/2025
0

Umugore wakubiswe na mugenzi we wo mu Murenge wa Nyakabanda mu Karere ka Nyarugenge nyuma yo kumusanga avugana n’umugabo we...

IZIHERUKA

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro
MU RWANDA

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

by radiotv10
12/05/2025
0

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamategeko ukomeye muri Uganda arasaba ko Museveni yerekana Permis yo gutwara imodoka

Umunyamategeko ukomeye muri Uganda arasaba ko Museveni yerekana Permis yo gutwara imodoka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.