Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubugenzuzi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatahuye buhita bunafunga Kasho enye zitemewe n’amategeko z’ubutasi bw’Igisirikare zari ziri mu Mujyi wa Butembo muri Kivu ya Ruguru.

Ni ahantu hafungirwaga abantu mu buryo butazwi, byakorwaga n’inzego z’umutekano zirinda umupaka, by’umwihariko abasirikare bagize Rejiyo ya 34.

Bivugwa ko aha hantu hifashishwaga n’abasirikare mu kuburizamo ibikorwa bitemewe byinjiraga mu Mujyi wa Butembo, ariko bikaba byagaragaye ko ahubwo abasirikare bahakoreshaga mu bikorwa bihunganya umutekano.

Nkuko byatangajwe n’Umugenzuzi w’Igisirikare muri Butembo, Major Georges Nkuwa; yavuze ko urwego rwa Polisi nk’urwego rw’ubutabera, rukwiye gushyira imbaraga mu gukurikirana no kugenzura ibikorwa nk’ibi, kandi bakagendera ku mabwiriza aturuka hejuru ku rwego rw’Igihugu, aho kwishora mu bikorwa bihunganya uburenganzira bwa muntu.

Nyuma y’ifungwa ry’izi kasho zakoraga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, Ihuriro ry’Imiryango iharanira Uburenganzira bwa Muntu muri Butembo rizwi nka REDHO (Réseau pour les droits de l’homme), ryishimiye iki cyemezo.

Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Muhindo Wasivinywa yagize ati “REDO yakiriye neza ifungwa ry’izi kasho zitemewe n’amategeko zifashishwaga n’inzego z’umutekano n’iza gisirikare. Ni intambwe ya mbere iganisha ku butabera ku bibazo abaturage bari bamaze igihe bataka ibikorwa by’ihohoterwa n’iyicarubozo bakorerwaga hariya hantu.”

Uyu muyobozi mu Ihuriro ry’Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yakomeje asaba ko inzego zose zigomba gukora zigendeye ku mabwiriza yaturutse hejuru, kandi hakaba hajyaho kasho imwe izwi mu rwego rwo kwirinda ko ibi byazongera kubaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + 14 =

Previous Post

Abanyeshuri batinze kujya ku ishuri bagaragaje icyabibateye

Next Post

Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Related Posts

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

by radiotv10
30/10/2025
0

Umuryango urwanya Ubushomeri n’Iyicarubozo ALUCHOTO watanze umuburo ko Abarundi baba mu Bihugu bimwe nka Tanzania na Malawi, bari gukorerwa ibikorwa...

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

by radiotv10
30/10/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rw’i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwakatiye igihano cy’umwaka usubitse umusirikarekazi Adjudante Béanche Sarah Ebabi...

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

Ukuri mpamo ku modoka y’umutamenwa yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
29/10/2025
0

Ifoto y’imodoka yakozwe n’Igisirikare cy’u Burundi bivugwa ko ari umutamenwa, yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, ni iyo ingabo z’iki Gihugu zamurikiye...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

by radiotv10
29/10/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko rigiye gukora ibishoboka byose rigahagarika ibikorwa bibi biri...

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

Umusirikarekazi mu Ngabo za Congo yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera amafoto ye n’umukunzi we yasakaye

by radiotv10
29/10/2025
0

Adjudante Sarah Ebabi Ebadjara wo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) yasabiwe gufungwa imyaka 10 kubera icyaha...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.