• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo

radiotv10by radiotv10
11/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRC-Butembo: Hatahuwe kasho zitari zizwi z’ubutasi bwa FARDC hanavugwa ibyakorerwagamo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubugenzuzi bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwatahuye buhita bunafunga Kasho enye zitemewe n’amategeko z’ubutasi bw’Igisirikare zari ziri mu Mujyi wa Butembo muri Kivu ya Ruguru.

Ni ahantu hafungirwaga abantu mu buryo butazwi, byakorwaga n’inzego z’umutekano zirinda umupaka, by’umwihariko abasirikare bagize Rejiyo ya 34.

Bivugwa ko aha hantu hifashishwaga n’abasirikare mu kuburizamo ibikorwa bitemewe byinjiraga mu Mujyi wa Butembo, ariko bikaba byagaragaye ko ahubwo abasirikare bahakoreshaga mu bikorwa bihunganya umutekano.

Nkuko byatangajwe n’Umugenzuzi w’Igisirikare muri Butembo, Major Georges Nkuwa; yavuze ko urwego rwa Polisi nk’urwego rw’ubutabera, rukwiye gushyira imbaraga mu gukurikirana no kugenzura ibikorwa nk’ibi, kandi bakagendera ku mabwiriza aturuka hejuru ku rwego rw’Igihugu, aho kwishora mu bikorwa bihunganya uburenganzira bwa muntu.

Nyuma y’ifungwa ry’izi kasho zakoraga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, Ihuriro ry’Imiryango iharanira Uburenganzira bwa Muntu muri Butembo rizwi nka REDHO (Réseau pour les droits de l’homme), ryishimiye iki cyemezo.

Umuhuzabikorwa w’iri Huriro, Muhindo Wasivinywa yagize ati “REDO yakiriye neza ifungwa ry’izi kasho zitemewe n’amategeko zifashishwaga n’inzego z’umutekano n’iza gisirikare. Ni intambwe ya mbere iganisha ku butabera ku bibazo abaturage bari bamaze igihe bataka ibikorwa by’ihohoterwa n’iyicarubozo bakorerwaga hariya hantu.”

Uyu muyobozi mu Ihuriro ry’Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu, yakomeje asaba ko inzego zose zigomba gukora zigendeye ku mabwiriza yaturutse hejuru, kandi hakaba hajyaho kasho imwe izwi mu rwego rwo kwirinda ko ibi byazongera kubaho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − three =

Previous Post

Abanyeshuri batinze kujya ku ishuri bagaragaje icyabibateye

Next Post

Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Nyanza: Hari urujijo ku murambo w’umuntu watoraguwe mu cyuzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.