Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNCH) ryatangaje ko ritagifite ubushobozi bwo gutanga ubufasha bw’ibanze ku mpunzi ziri muri DRCongo kubera ubwiyongere bukabije bw’abakomeje kuva mu byabo.

UHNCR yatangaje ibi kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022, ivuga ko kubera ubwinshi bw’abaturage bakomeje kuva mu byabo bitewe n’ibibazo by’umutekano mucye, byatumye umubare w’impunzi utumbagira.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye kandi rivuga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari kimwe mu bihugu bihabwa amafaranga macye yo gukoresha mu bikorwa by’ubutabazi mu gihe ari kimwe mu Bihugu binugarijwe n’ikibazo cy’abava mu byabo benshi.

Itangazo rya UNHCR rivuga ko “Itagifite uburyo bwo gutanga ubutabazi bw’ibanze kubera ibikorwa byabwo byiyongere” rikomeza rigira riti “Tariki 30 Kamena 2022 habonetse 19% by’amafaranga akenewe ari yo miliyoni 225 z’amadolari.”

Kuva mu ntangoro z’uyu mwaka, HCR yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakiriye impunzi zirenga ibihumbi 500 ndetse mu Gihugu imbere hakaba habarirwa Miliyoni 5,6 z’abaturage bakuwe mu byabo bakiri imbere mu Gihugu.

Intambara zagiye zihuza Ingabo z’Igihugu ndetse n’imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yatumye kuva muri Mata 2022 abaturage ibihumbi 160 bava mu byabo.

Havugwa kandi ko mu Ntara ya Ituri gusa habaruwe abantu 800 bagiye baburira ubuzima bwabo mu bitero byagiye bigabwa mu baturage birimo n’ibyabaga birimo abitwaje intwaro gakondo nk’imihoro, byanatumye ababarirwa mu bihumbi 20 bava mu ngo zabo.

HCR ivuga ko abaturage 82% by’abavanywe mu byabo n’ibi bikorwa by’umutekano mucye, batabasha kubona inkunga, ibintu byanatumye bamwe ubu bari mu kaga kubera imibereho igoye barimo ndetse n’aho bari hakaba hadatekanye ku buryo igihe icyo ari cyo cyose bagabwaho ibitero b’imitwe yitwaje intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 11 =

Previous Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Next Post

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.