Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNCH) ryatangaje ko ritagifite ubushobozi bwo gutanga ubufasha bw’ibanze ku mpunzi ziri muri DRCongo kubera ubwiyongere bukabije bw’abakomeje kuva mu byabo.

UHNCR yatangaje ibi kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022, ivuga ko kubera ubwinshi bw’abaturage bakomeje kuva mu byabo bitewe n’ibibazo by’umutekano mucye, byatumye umubare w’impunzi utumbagira.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye kandi rivuga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari kimwe mu bihugu bihabwa amafaranga macye yo gukoresha mu bikorwa by’ubutabazi mu gihe ari kimwe mu Bihugu binugarijwe n’ikibazo cy’abava mu byabo benshi.

Itangazo rya UNHCR rivuga ko “Itagifite uburyo bwo gutanga ubutabazi bw’ibanze kubera ibikorwa byabwo byiyongere” rikomeza rigira riti “Tariki 30 Kamena 2022 habonetse 19% by’amafaranga akenewe ari yo miliyoni 225 z’amadolari.”

Kuva mu ntangoro z’uyu mwaka, HCR yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakiriye impunzi zirenga ibihumbi 500 ndetse mu Gihugu imbere hakaba habarirwa Miliyoni 5,6 z’abaturage bakuwe mu byabo bakiri imbere mu Gihugu.

Intambara zagiye zihuza Ingabo z’Igihugu ndetse n’imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yatumye kuva muri Mata 2022 abaturage ibihumbi 160 bava mu byabo.

Havugwa kandi ko mu Ntara ya Ituri gusa habaruwe abantu 800 bagiye baburira ubuzima bwabo mu bitero byagiye bigabwa mu baturage birimo n’ibyabaga birimo abitwaje intwaro gakondo nk’imihoro, byanatumye ababarirwa mu bihumbi 20 bava mu ngo zabo.

HCR ivuga ko abaturage 82% by’abavanywe mu byabo n’ibi bikorwa by’umutekano mucye, batabasha kubona inkunga, ibintu byanatumye bamwe ubu bari mu kaga kubera imibereho igoye barimo ndetse n’aho bari hakaba hadatekanye ku buryo igihe icyo ari cyo cyose bagabwaho ibitero b’imitwe yitwaje intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − 5 =

Previous Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Next Post

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.