Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNCH) ryatangaje ko ritagifite ubushobozi bwo gutanga ubufasha bw’ibanze ku mpunzi ziri muri DRCongo kubera ubwiyongere bukabije bw’abakomeje kuva mu byabo.

UHNCR yatangaje ibi kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022, ivuga ko kubera ubwinshi bw’abaturage bakomeje kuva mu byabo bitewe n’ibibazo by’umutekano mucye, byatumye umubare w’impunzi utumbagira.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye kandi rivuga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari kimwe mu bihugu bihabwa amafaranga macye yo gukoresha mu bikorwa by’ubutabazi mu gihe ari kimwe mu Bihugu binugarijwe n’ikibazo cy’abava mu byabo benshi.

Itangazo rya UNHCR rivuga ko “Itagifite uburyo bwo gutanga ubutabazi bw’ibanze kubera ibikorwa byabwo byiyongere” rikomeza rigira riti “Tariki 30 Kamena 2022 habonetse 19% by’amafaranga akenewe ari yo miliyoni 225 z’amadolari.”

Kuva mu ntangoro z’uyu mwaka, HCR yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakiriye impunzi zirenga ibihumbi 500 ndetse mu Gihugu imbere hakaba habarirwa Miliyoni 5,6 z’abaturage bakuwe mu byabo bakiri imbere mu Gihugu.

Intambara zagiye zihuza Ingabo z’Igihugu ndetse n’imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yatumye kuva muri Mata 2022 abaturage ibihumbi 160 bava mu byabo.

Havugwa kandi ko mu Ntara ya Ituri gusa habaruwe abantu 800 bagiye baburira ubuzima bwabo mu bitero byagiye bigabwa mu baturage birimo n’ibyabaga birimo abitwaje intwaro gakondo nk’imihoro, byanatumye ababarirwa mu bihumbi 20 bava mu ngo zabo.

HCR ivuga ko abaturage 82% by’abavanywe mu byabo n’ibi bikorwa by’umutekano mucye, batabasha kubona inkunga, ibintu byanatumye bamwe ubu bari mu kaga kubera imibereho igoye barimo ndetse n’aho bari hakaba hadatekanye ku buryo igihe icyo ari cyo cyose bagabwaho ibitero b’imitwe yitwaje intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Next Post

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
25/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.