Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari

radiotv10by radiotv10
03/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: HCR yayamanitse ivuga ko itagifite ubushobozi bwo guhaza impunzi zihari
Share on FacebookShare on Twitter

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNCH) ryatangaje ko ritagifite ubushobozi bwo gutanga ubufasha bw’ibanze ku mpunzi ziri muri DRCongo kubera ubwiyongere bukabije bw’abakomeje kuva mu byabo.

UHNCR yatangaje ibi kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kanama 2022, ivuga ko kubera ubwinshi bw’abaturage bakomeje kuva mu byabo bitewe n’ibibazo by’umutekano mucye, byatumye umubare w’impunzi utumbagira.

Iri shami ry’Umuryango w’Abibumbye kandi rivuga ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari kimwe mu bihugu bihabwa amafaranga macye yo gukoresha mu bikorwa by’ubutabazi mu gihe ari kimwe mu Bihugu binugarijwe n’ikibazo cy’abava mu byabo benshi.

Itangazo rya UNHCR rivuga ko “Itagifite uburyo bwo gutanga ubutabazi bw’ibanze kubera ibikorwa byabwo byiyongere” rikomeza rigira riti “Tariki 30 Kamena 2022 habonetse 19% by’amafaranga akenewe ari yo miliyoni 225 z’amadolari.”

Kuva mu ntangoro z’uyu mwaka, HCR yatangaje ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yakiriye impunzi zirenga ibihumbi 500 ndetse mu Gihugu imbere hakaba habarirwa Miliyoni 5,6 z’abaturage bakuwe mu byabo bakiri imbere mu Gihugu.

Intambara zagiye zihuza Ingabo z’Igihugu ndetse n’imitwe yitwaje intwaro mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, yatumye kuva muri Mata 2022 abaturage ibihumbi 160 bava mu byabo.

Havugwa kandi ko mu Ntara ya Ituri gusa habaruwe abantu 800 bagiye baburira ubuzima bwabo mu bitero byagiye bigabwa mu baturage birimo n’ibyabaga birimo abitwaje intwaro gakondo nk’imihoro, byanatumye ababarirwa mu bihumbi 20 bava mu ngo zabo.

HCR ivuga ko abaturage 82% by’abavanywe mu byabo n’ibi bikorwa by’umutekano mucye, batabasha kubona inkunga, ibintu byanatumye bamwe ubu bari mu kaga kubera imibereho igoye barimo ndetse n’aho bari hakaba hadatekanye ku buryo igihe icyo ari cyo cyose bagabwaho ibitero b’imitwe yitwaje intwaro.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × 4 =

Previous Post

Umunyamakuru ukunzwe mu Rwanda yambitse impeta umukunzi we mu birori by’akataraboneka (AMAFOTO)

Next Post

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Related Posts

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Bishobotse n’umwaka utaha bazabongereraho akandi- Impuguke isanga kongerera abarimu umushahara byazakomeza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.