Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamategeko bunganira imiryango itari iya Leta Iharanira Uburenganzira bwa Muntu yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kirego ku rupfu rwa mugenzi wabo Floribert Chebeya n’uwari umushoferi we Fidèle Bazana, bashinja ubutegetsi bwa Joseph Kabila urupfu rw’aba bagabo muri 2010.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022, hatangiye kumvwa urubanza rw’imiryango itari iya Leta Iharanira Uburenganzira bwa Muntu ku kirego ku iyicwa rya mugenzi wabo Floribert Chebeya.

Nibura mu cyumba cy’urukiko harimo abanyamategeko bagera muri 20 bunganira iyi miryango itari iya Leta, ishinja Leta iki cyaha gikomeye.

Umwe muri aba banyameteko witwa Me Peter Ngomo, yavuze ko kiriya gikorwa cy’ubwicanyi cyakozwe n’abantu bafite ubunararibonye mu gisirikare cyangwa se bamwe mu barindaga umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Twagaragaje uruhare rwa buri wese duhereye kuri Perezida Kabila, John Numbi [muri 2010 yari Umuyobozi Mukuru wa Polisi]… ndetse n’Abapolisi bose bagize uruhare muri iki gikorwa.”

Aba banyamategeko kandi bagaragaje ko Floribert Chebeya we n’abandi Bahirimbanira uburenganzira bwa muntu bari bafite ijwi, muri 2010 bashakaga kurogoya umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa DRC, Leta igahitamo kumwikiza.

Bamwe mu bagize uruhare mu rupfu rwe barimo abapolisi babiri ari bo; Hergile Ilunga na Alain Kayeye, bahise bahunga nyuma y’uko kiriya cyaha kimaze kuba.

Uru rubanza rwari rwararangiye, rwongeye kuburwa muri Gashyantare 2021 nyuma y’uko habonetse ibindi bimenyetso kuri iki cyaha byatanzwe n’uwitwa Paul Mwilambwe uvuga ko yiboneye kiriya cyaha gikorwa.

Uyu Paul Mwilambwe wari Umupolisi wari warakatiwe urwo gupfa adahari mu rubanza rwo muri 2011, yiyemeje kuzagaragariza Urukiko ukuri kose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + eighteen =

Previous Post

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Next Post

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Related Posts

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

IZIHERUKA

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA
MU RWANDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.