Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamategeko bunganira imiryango itari iya Leta Iharanira Uburenganzira bwa Muntu yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kirego ku rupfu rwa mugenzi wabo Floribert Chebeya n’uwari umushoferi we Fidèle Bazana, bashinja ubutegetsi bwa Joseph Kabila urupfu rw’aba bagabo muri 2010.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022, hatangiye kumvwa urubanza rw’imiryango itari iya Leta Iharanira Uburenganzira bwa Muntu ku kirego ku iyicwa rya mugenzi wabo Floribert Chebeya.

Nibura mu cyumba cy’urukiko harimo abanyamategeko bagera muri 20 bunganira iyi miryango itari iya Leta, ishinja Leta iki cyaha gikomeye.

Umwe muri aba banyameteko witwa Me Peter Ngomo, yavuze ko kiriya gikorwa cy’ubwicanyi cyakozwe n’abantu bafite ubunararibonye mu gisirikare cyangwa se bamwe mu barindaga umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Twagaragaje uruhare rwa buri wese duhereye kuri Perezida Kabila, John Numbi [muri 2010 yari Umuyobozi Mukuru wa Polisi]… ndetse n’Abapolisi bose bagize uruhare muri iki gikorwa.”

Aba banyamategeko kandi bagaragaje ko Floribert Chebeya we n’abandi Bahirimbanira uburenganzira bwa muntu bari bafite ijwi, muri 2010 bashakaga kurogoya umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa DRC, Leta igahitamo kumwikiza.

Bamwe mu bagize uruhare mu rupfu rwe barimo abapolisi babiri ari bo; Hergile Ilunga na Alain Kayeye, bahise bahunga nyuma y’uko kiriya cyaha kimaze kuba.

Uru rubanza rwari rwararangiye, rwongeye kuburwa muri Gashyantare 2021 nyuma y’uko habonetse ibindi bimenyetso kuri iki cyaha byatanzwe n’uwitwa Paul Mwilambwe uvuga ko yiboneye kiriya cyaha gikorwa.

Uyu Paul Mwilambwe wari Umupolisi wari warakatiwe urwo gupfa adahari mu rubanza rwo muri 2011, yiyemeje kuzagaragariza Urukiko ukuri kose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + four =

Previous Post

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Next Post

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.