Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Impirimbanyi z’uburenganzira bwa muntu ziburanira mugenzi wabo wishwe zagarutse kuri Kabila
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamategeko bunganira imiryango itari iya Leta Iharanira Uburenganzira bwa Muntu yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu kirego ku rupfu rwa mugenzi wabo Floribert Chebeya n’uwari umushoferi we Fidèle Bazana, bashinja ubutegetsi bwa Joseph Kabila urupfu rw’aba bagabo muri 2010.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Gashyantare 2022, hatangiye kumvwa urubanza rw’imiryango itari iya Leta Iharanira Uburenganzira bwa Muntu ku kirego ku iyicwa rya mugenzi wabo Floribert Chebeya.

Nibura mu cyumba cy’urukiko harimo abanyamategeko bagera muri 20 bunganira iyi miryango itari iya Leta, ishinja Leta iki cyaha gikomeye.

Umwe muri aba banyameteko witwa Me Peter Ngomo, yavuze ko kiriya gikorwa cy’ubwicanyi cyakozwe n’abantu bafite ubunararibonye mu gisirikare cyangwa se bamwe mu barindaga umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Twagaragaje uruhare rwa buri wese duhereye kuri Perezida Kabila, John Numbi [muri 2010 yari Umuyobozi Mukuru wa Polisi]… ndetse n’Abapolisi bose bagize uruhare muri iki gikorwa.”

Aba banyamategeko kandi bagaragaje ko Floribert Chebeya we n’abandi Bahirimbanira uburenganzira bwa muntu bari bafite ijwi, muri 2010 bashakaga kurogoya umuhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa DRC, Leta igahitamo kumwikiza.

Bamwe mu bagize uruhare mu rupfu rwe barimo abapolisi babiri ari bo; Hergile Ilunga na Alain Kayeye, bahise bahunga nyuma y’uko kiriya cyaha kimaze kuba.

Uru rubanza rwari rwararangiye, rwongeye kuburwa muri Gashyantare 2021 nyuma y’uko habonetse ibindi bimenyetso kuri iki cyaha byatanzwe n’uwitwa Paul Mwilambwe uvuga ko yiboneye kiriya cyaha gikorwa.

Uyu Paul Mwilambwe wari Umupolisi wari warakatiwe urwo gupfa adahari mu rubanza rwo muri 2011, yiyemeje kuzagaragariza Urukiko ukuri kose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

Kuva uyu mwaka watangira imvura nyinshi imaze kwica abantu 40 mu Rwanda

Next Post

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

How social media Is Changing the Meaning of Fame
IMYIDAGADURO

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
19/01/2026
0

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How social media Is Changing the Meaning of Fame

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.