Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Iyicwa ry’abakora mu bikorwa by’ubutabazi babiri ryatumye M23 igenera amahanga ubutumwa

radiotv10by radiotv10
03/07/2024
in AMAHANGA
0
DRC: Iyicwa ry’abakora mu bikorwa by’ubutabazi babiri ryatumye M23 igenera amahanga ubutumwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wamaganye iyicwa ry’abantu babiri bakoraga mu bikorwa byo gutabara imbabare, wibutsa umuryango mpuzamahanga ko utahwemye kuwutabaza ku bwicanyi bukomeje gukorwa n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDRL, arimo ukaba ukomeje guterera agati mu ryinyo, ariko ko uyu mutwe wo udashobora kubyihanganira.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka agaruka ku rupfu rw’abantu babiri bakoraga mu bikorwa byo gutabara imbarabare, bishwe mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 30 Kamena rishyira ku wa Mbere tariki 01 Nyakanga 2024.

Lawrence Kanyuka yagize ati “AFC/M23 yamaganye yivuye inyuma iyicwa ry’abakozi babiri bo mu bikorwa byo gutabara imbabare ryabaye tariki 30 Kamena 2024, ubwo bageraga muri Butembo muri Lubero.”

Kanyuka yakomeje agira ati “Kuva cyera twakomeje kumenyesha Igihugu ndetse n’umuryango mpuzamahanga ku bikorwa bihuriweho na ADF, FDLR na Wazalendo muri Lubero i Butembo no mu bice bihakikije, bishyigikiwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Umuvugizi wa M23 yakomeje avuga ko ibikorwa by’ubwicanyi bikomeje gukorerwa abasivile ndetse n’abakozi b’imiryango itabara imbabare, kandi bigakorwa n’iyi mitwe ishyigikiwe na Leta ya Congo, akavuga ko uyu mutwe udashobora kubyihanganira.

Aba bantu babiri bishwe n’insoresore zabateze igico mu muhanda wavaga Lubero werecyeza muri Beni, banyuze muri Butembo, ubwo zashumikaga imodoka eshanu ndetse zikanica zitwitse aba bantu babiri basanzwe bakorera Umuryango mpuzamahanga ukora ibikorwa by’ubutabazi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × two =

Previous Post

Muri Oman haturutseyo inkuru y’incamugongo y’Umunyarwandakazi wabagayo

Next Post

I Nairobi bikomeje kudogera: Abigaragambya bakamejeje mu isura nshya batwika ibikorwa

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

I Nairobi bikomeje kudogera: Abigaragambya bakamejeje mu isura nshya batwika ibikorwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.