Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umudepite yasabye ibisobanuro mu magambo Minisiti w’Ingabo, Gilbert Kabanda Kurhenga, impamvu M23 yatsinzwe muri 2013 ariko ikaba igikomeje guhungabanya umutekano w’iki Gihugu.

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022, abarwanyi b’umwe twa M23 bagabye ibitero ku birindiro by’ingabo z’Igihugu mu duce twa Tchanzu na Runyoni, muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.

Nyuma y’ibi bitero byanavuzweho byinshi, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo, Juvenal Munubo yabajije ibibazo mu magambo Minisitiri w’Ingabo n’abasezerewe mu ngabo, Gilbert Kabanda Kurhenga ku byerekeye ikibazo cy’uyu mutwe ukomeje kubahungabanyiriza umutekano.

Uyu mudepite yabazaga Ministiri w’Ingabo niba yakwmeza koko niba M23 yagabye ibitero ku basirikare b’Ibigugu.

Ati “Niba igisubizo ari yego, ni iki gishobora gusobanura impamvu M23 yakwiyuburura kandi byaratangajwe ku mugaragaro ko mwayinesheje muri 2013.”

Arongera ati “Ni iki FARDC ikora kugira ngo irandure burundu ibitero bya M23 igaba muri Kivu ya Ruguru.”

Ibi bibazo bitatu byabajijwe na Depite Juvenal Munubo, bisaba Minisitiri w’Umutekano kubitangaho ibisobanuro mu izina rya rubanda.

Nyuma y’ibi bitero byatumye abaturage babarirwa mu magana bahungira muri Uganda, Igisirikare cya Congo n’ubuyobozi bw’iki Gihugu bongeye gushinja Igisirikare cy’u Rwanda gufasha izi nyeshyamba za M23, mu gihe Ubuyobozi bw’u Rwanda bwamaganye ibi birego, buvuga ko ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Nyuma y’uko bitangajwe n’ubuyobozi bwa DRC ko abasirikare babiri bafashwe mpiri ari ab’u Rwanda, Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengera mu Rwanda, bwamaganye aya makuru buvuga ko abo basirikare atari aba RDF.

Itangazo ryashyizweho umukono na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois, rivuga ko u Rwanda rwakoze ibishoboka byose mu mikoranire yo gucyura abahoze muri M23 bashyize intwaro hasi ariko ko u Rwanda rutabazwa intege nke za DRC mu kurangiza iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − 12 =

Previous Post

Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Next Post

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.