Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo

radiotv10by radiotv10
29/03/2022
in MU RWANDA
0
DRC: M23 yagarutse ite kandi mwarayitsinze muri 2013?-Umudepite yasabye ibisobanuro Minisitiri w’Ingabo
Share on FacebookShare on Twitter

Mu nteko rusange y’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umudepite yasabye ibisobanuro mu magambo Minisiti w’Ingabo, Gilbert Kabanda Kurhenga, impamvu M23 yatsinzwe muri 2013 ariko ikaba igikomeje guhungabanya umutekano w’iki Gihugu.

Mu ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere tariki 28 Werurwe 2022, abarwanyi b’umwe twa M23 bagabye ibitero ku birindiro by’ingabo z’Igihugu mu duce twa Tchanzu na Runyoni, muri Teritwari ya Rutshuru muri Kivu ya Ruguru.

Nyuma y’ibi bitero byanavuzweho byinshi, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Congo, Juvenal Munubo yabajije ibibazo mu magambo Minisitiri w’Ingabo n’abasezerewe mu ngabo, Gilbert Kabanda Kurhenga ku byerekeye ikibazo cy’uyu mutwe ukomeje kubahungabanyiriza umutekano.

Uyu mudepite yabazaga Ministiri w’Ingabo niba yakwmeza koko niba M23 yagabye ibitero ku basirikare b’Ibigugu.

Ati “Niba igisubizo ari yego, ni iki gishobora gusobanura impamvu M23 yakwiyuburura kandi byaratangajwe ku mugaragaro ko mwayinesheje muri 2013.”

Arongera ati “Ni iki FARDC ikora kugira ngo irandure burundu ibitero bya M23 igaba muri Kivu ya Ruguru.”

Ibi bibazo bitatu byabajijwe na Depite Juvenal Munubo, bisaba Minisitiri w’Umutekano kubitangaho ibisobanuro mu izina rya rubanda.

Nyuma y’ibi bitero byatumye abaturage babarirwa mu magana bahungira muri Uganda, Igisirikare cya Congo n’ubuyobozi bw’iki Gihugu bongeye gushinja Igisirikare cy’u Rwanda gufasha izi nyeshyamba za M23, mu gihe Ubuyobozi bw’u Rwanda bwamaganye ibi birego, buvuga ko ari ibinyoma bidafite ishingiro.

Nyuma y’uko bitangajwe n’ubuyobozi bwa DRC ko abasirikare babiri bafashwe mpiri ari ab’u Rwanda, Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengera mu Rwanda, bwamaganye aya makuru buvuga ko abo basirikare atari aba RDF.

Itangazo ryashyizweho umukono na Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko Francois, rivuga ko u Rwanda rwakoze ibishoboka byose mu mikoranire yo gucyura abahoze muri M23 bashyize intwaro hasi ariko ko u Rwanda rutabazwa intege nke za DRC mu kurangiza iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × one =

Previous Post

Uganda: Indirimbo yakundwaga na Perezida w’Inteko witabye Imana yabyinwe n’Abadepite bamwunamira

Next Post

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Umutoza mushya w’Amavubi yamenyekanye: Amwe mu makipe yanyuzemo ntiyayatinzemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.