Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23

radiotv10by radiotv10
05/08/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Rwongeye rwambikanye hagati ya FARDC na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) zifatanyije n’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, bagabye igitero gikomeye ku birindiro bya M23 mu gace ka Kigoma.

Iyi mirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kubura mu cyumweru gishize, aho ubu mu ijoro ryacyeye ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’imitwe irimo FDLR bongeye kugaba igitero kuri M23.

Iki gitero cyagabwe mu gace ka Kigoma, bivugwa ko cyatangiye ahagana saa yine z’ijoro ryo kuri uyu wa Kane rishyira kuri uyu wa Gatanu.

Abari muri ibi bice biri kuberamo imirwano, bemeje ko impande zombi zikomeje gukozanyaho kuko FARDC yasanze M23 iryamiye amajanja na yo igahita iyirasaho.

Iyi mirwano kandi yanemejwe n’umwe mu bo muri sosiyete sivile, wahamirije ikinyamakuru Rwandatribune ko FARDC ari yo yagabye igitero kuri M23 ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane.

Uyu wo muri sosiyete sivile, yatangaje ko kugeza mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, urugamba rwari rucyambikanye hagati ya FARDC na M23 muri aka gace ka Kigoma ko muri Gurupoma ya Gisagara.

Iyi mirwano yubuye mu gihe umutwe wa M23 ukomeje gusabwa guhagarika imirwano ndetse ukanarekura ibice byose wafashe mu gihe wo wavuze ko udateze kubikora igihe cyose Leta ya Congo itarubahiriza amasezerano bagiranye.

Mu nama idasanzwe yayobowe na Perezida Felix Tshisekedi

ku wa Mbere w’iki cyumweru yigaga ku bibazo by’imyigaragambyo yo kwamagana MONUSCO, uyu mukuru wa DRC yibukije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye ko M23 yafatiwe imyanzuro mu nama zitandukanye ariko ko uyu mutwe ukomeje kwinangira kuyubahiriza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − four =

Previous Post

Rubavu: Yapfiriye mu icumbi nyuma kuraranamo n’uwahoze ari umugore we

Next Post

Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

Related Posts

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Polisi ikorera mu Mujyi wa Kigali, iratangaza ko yafashe abantu 10 mu Karere ka Nyarugenge bakurikiranyweho ibikorwa by’ubujura bwo gutobora...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
08/08/2025
0

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

by radiotv10
08/08/2025
0

Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda rwahaye ibihano byo guhagarika abanyamategeko 21 bunganira abandi (Abavoka) barimo Me Thierry Kevin Gatete usanzwe azwi...

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

Amakuru mashya: Umunyarwanda ukekwaho Jenoside wafatiwe i Burayi yohererejwe u Rwanda ngo ahaburanishirizwe

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda bwakiriye Umunyarwanda Francois Gasana woherejwe na Norvège kugira ngo aburanishirizwe mu Rwanda ku byaha bya Jenoside...

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

Eng.-Genocide suspect François Gasana handed over to Rwanda by Norway

by radiotv10
08/08/2025
0

The National Public Prosecution Authority (NPPA) has confirmed the extradition of Francois Gasana, also known as Franky Dusabe, from the...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

Undi musirikare wa FARDC warasiwe ku butaka bw’u Rwanda hamenyekanye uko yabugezeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.