Sunday, April 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC: Umutwe w’inyeshyamba wiyemereye ku mugaragaro ko uri gufasha FARDC

radiotv10by radiotv10
13/07/2022
in MU RWANDA
0
DRC: Umutwe w’inyeshyamba wiyemereye ku mugaragaro ko uri gufasha FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umwe mu mitwe yitwaje intwaro irwanira muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, weruye ko uri gufasha igisirikare cy’Igihugu mu ntambara kiri kurwanamo na M23.

Uyu mutwe wa Maï-Maï APCLS utangaza ko intego yawo ari ukurinda Igihugu cyabo bityo ko utarebera mu gihe cyaba cyugarijwe.

Héritier Ndang Ndang usanzwe ari Umuvugizi w’uyu mutwe, yagize ati “Intego yacyo kuva cyera ni iyo gukumira umwanzi wese waturuka hanze aje guhungabanya Igihugu cyacu, kandi turabona hari abanzi ndetse n’ababatera ingabo mu bitugu bo mu Biyaga Bigari bashaka kwambukiranya imipaka ya DRC.”

Yavuze ko biteguye guhangana n’umwanzi wese waza mu Gihugu aje gusahura umutungo w’iki Gihugu ahoy aba aturutse hose.

Uyu mutwe wa Maï-Maï APCLS ni umwe mu mitwe yiyambajwe na FARDC mu rugamba imazemo iminsi rwo guhangana n’umutwe wa M23 ukomeje kotsa igitutu ingabo z’Igihugu.

Maï-Maï APCLS isanzwe ifite ibirindiro muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga ko yiteguye guhashya uyu mutwe wa M23 muri Rutshuru ndetse n’undi mwanzi wese waturuka hanze.

Umutwe wa M23 wakunze kugenera ubutumwa FARDC ndetse n’indi mitwe yiyambaje ko badafite ubushobozi bwo kuwuhagarara imbere kuko ntaho bahuriye mu mirwanire.

M23 iherutse kugaragaza ibice bigera muri 15 iri kugenzura, ikomeje kugarukwaho na bamwe bemeza ko ifite imbaraga n’ibikoresho bihambaye.

Uyu mutwe wakunze gutuma u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo birebana ay’ingwe, ukomeje gusaba ubutegetsi bwa DRC kubahiriza ibikubiye mu masezerano y’imishyirano bagiranye.

DRC ishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe wa M23 mu gihe na rwo rubitera utwatsi rukavuga ko ikibazo cy’uyu mutwe kireba Congo ubwayo nubwo yakomeje kwirengagiza icyo urwanira.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu kiganiro aherutse kugirana na RBA, yavuze ko u Rwanda rwakunze kugira inama Congo ko gukemura iki kibazo bidasaba imbaraga za gisirikare ahubwo hakenewe iza politiki ariko ko ubutegetsi bw’iki Gihugu bwakomeje kubyima amatwi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − 4 =

Previous Post

Rubavu: Umukozi wirukaniwe guhagararirwa n’umukwikwi mu Kwibuka yashyize hanze ukundi kuri

Next Post

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umugabo w’i Bugesera wishe umugore we akamukata ijosi

Related Posts

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

by radiotv10
11/04/2026
0

Life can feel overwhelming with endless responsibilities, distractions, and opportunities. It’s easy to get caught up in things that don’t...

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rusizi: Uwari Umuyobozi wa RIB yahamijwe icyaha cyo kwakira indonke ahanishwa gufungwa imyaka 8

Hamenyekanye igihano cyakatiwe umugabo w’i Bugesera wishe umugore we akamukata ijosi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.