Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yagiye kuregera Museveni Igihugu gifasha M23 kandi ngo umuti ntiwaboneka batamwiyambaje

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA
0
DRC yagiye kuregera Museveni Igihugu gifasha M23 kandi ngo umuti ntiwaboneka batamwiyambaje
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Félix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yoherereje intumwa mugenzi we Yoweri Museveni wa Uganda, zamubwiye ko ijambo afite mu karere rikenewe mu gushakira umuti ikibazo cy’umutekano giterwa na M23 ngo ifashwa n’Igihugu cy’igituranyi.

Izi ntumwa ziyobowe na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo n’ibikorwa rusange, Alexis Gisaro, zagiye muri Uganda kuri uyu wa Kane tariki 14 Nyakanga 2022.

Ubwo zakirwaga na Perezida Yoweri Kaguta Museveni, Alexis Gisaro yamubwiye ko ikibagenza ntakindi, ari ikibazo cy’umutekano cyugarije Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kiri guterwa n’umutwe wa M23.

Muri iki kiganiro bagiranye dukesha UBC, Alexis Gisaro yongeye gushimangira ko uyu mutwe wa M23 ufashwa n’Igihugu kimwe.

Ati “Nyakubahwa Perezida, igitumye turi hano ni uko tuzi ijambo ufite mu karere kandi twizeye ko igisubizo kitapfa kuboneka utabigizemo uruhare. Twaje kugira ngo tuganire ku nzira zatuganisha ku muti w’ikibazo dufite.”

Mu ijambo rye, Perezida Museveni wari wambaye imyambaro ya Gisirikare, yavuze ko hari icyo yifuza gusangiza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyatuma ibona umuti ariko hatabayeho intambara kuko zimaze kuba nyinshi mu karere.

Ati “Twarwanye intambara kuva cyera ndakeka ko ubu bibaye nk’imyaka 50 hano muri Uganda ndetse no mu Bihugu by’ibituranyi. Niba ushaka kurwana kandi ugatsinda ugomba kurwana nyine Intambara.”

Museveni yavuze ko rimwe na rimwe intambara ituruka ku mpamvu za politiki ubundi hakarebwa icyakorwa gikenewe, ati “Niba hakoreshwa inzira z’amahoro, ibiganiro cyangwa intambara cyangwa se byombi.”

Yavuze ko yifuza gushimira Perezida Tshisekedi kuba yaragabanyije igitutu cyari kimuriho cyo kuvuga ngo “Ntukorane na Uganda mu gukemura iki kibazo. Aya mateka ashobora gutanga igisubizo, ikindi kandi ushobora kureba ingero zacu zoroheje. Icyifuzo cyanjye ni ugukemura iki kibazo burundu, hakabaho guhagarika intambara iri kuba, imirwano igahagarara ubundi Kenya ikazamo, hanyuma bya biganiro bigakorwa, ubundi hakabaho gukemura ikibazo.”

Perezida Tshisekedi yoherereje intumwa Museveni nyuma y’icyumweru habaye ibiganiro hagati ye [Tshisekedi] na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda byabereye i Luanda byafatiwemo imyanzuro igamije guhagarika umwuka mubi hagati y’ibi Bihugu byombi (Rwanda na DRC).

Abasesenguzi bemeza ko umusaruro w’iyi nama watangiye kugaragara kuko amahambo y’urwango yavugwaga na bamwe mu bategetsi muri Congo yanenyezaga uyu mwuka mubi, yagabanutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Ukena ufite itungo rikakugoboka: Hari abari kudandaza imyenda bambara ngo babone ko bwacya kabiri

Next Post

Burundi-Cibitoke: Barambiwe kubona abo mu nzego z’umutekano bakorana na FLN irwanya u Rwanda

Related Posts

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

by radiotv10
29/12/2025
0

U Rwanda rwatangaje ko rushyigikiye ibyatangajwe n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe n’uwa Afurika y’Iburasirazuba, yagaragaje ko Igihugu cya Somalia kigomba...

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

by radiotv10
29/12/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora,...

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

by radiotv10
29/12/2025
0

Rwanda has announced that it supports the statements issued by the African Union (AU) and the East African Community (EAC),...

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

The Painkiller Culture: Why we reach for pills at every discomfort

by radiotv10
29/12/2025
0

In today’s fast-paced world, pain has become something we want gone immediately. A headache before work, back pain after a...

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

IZIHERUKA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe
AMAHANGA

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

29/12/2025
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

29/12/2025
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

29/12/2025
Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

29/12/2025
Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

Eng.-Rwanda’s position on statements rejecting the recognition of Somaliland as a country

29/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Burundi-Cibitoke: Barambiwe kubona abo mu nzego z’umutekano bakorana na FLN irwanya u Rwanda

Burundi-Cibitoke: Barambiwe kubona abo mu nzego z’umutekano bakorana na FLN irwanya u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo u Rwanda ruvuga ku byatangajwe n’Imiryango yateye utwatsi ivuka ry’Igihugu gishya muri Afurika

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.