Monday, February 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yakiranye ubwuzu icyemezo cyo koherezayo ingabo za EAC ariko ngo ntishakamo RDF

radiotv10by radiotv10
18/06/2022
in MU RWANDA
0
DRC yakiranye ubwuzu icyemezo cyo koherezayo ingabo za EAC ariko ngo ntishakamo RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya unayoboye EAC cyo kohereza ingabo zihuriweho z’uyu muryango muri DRC, gusa ivuga ko idashaka ko zizaba zirimo iz’u Rwanda.

Guverinoma ya Congo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022 nyuma y’umunsi umwe hasohotse itangazo cya Uhuru Kenyata rivuga ko yemeje ko ingabo zihuriweho n’Ibihugu bigize EAC zijya kurandura imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

DRC ivuga ko yishimiye iki cyemezo cya Uhuru Kenya cyo koherezayo ingabo zihuriweho n’Ibihugu bigize EAC zikajya guhangana n’imitwe yitwaje intwaro irimo M23 ikomeje kwigarurira uduce dutandukanye.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, yavuze ko uyu mutwe ndetse n’u Rwanda bakomeje kwigarurira ibice bitandukanye.

Iri tangazo rivuga ko bishimiye iyoherezwa ry’ingabo za EAC, rikomeza rigira riti “Turimeza ko tutazemerera u Rwanda kugira uruhare muri iri tsinda ry’ingabo zihuriweho.”

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iratangaza ibi mu gihe u Rwanda rwatangaje ko ruzatanga ingabo zizajya muri iri tsinda rihuriweho rya EAC zizoherezwa muri DRC.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererana, Prof Nshuti Manasseh, yemeje ko u Rwanda na rwo ruzatanga umusanzu muri ibi bikorwa by’ingabo za EAC zizajya kurandura imitwe yitwaje intwaro muri DRC.

Prof Nshuti Manasseh kandi yemeje ko Ibihugu byombi biteganya kuganira ku buryo byakemura ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi ndetse ko Abakuru babyo bateganya guhurira mu biganiro byo gushaka umuti.

Ingabo z’u Rwanda zitifuzwa na DRC, ni zimwe zikomeje kuba ubukombe mu kugarura amahoro mu Bihugu bitandukanye ku Isi aho zihangana n’imitwe yitwaje intwaro zikayitsinsura mu gihe gito.

Kuri uyu wa Gatanu kandi, hagati y’u Rwanda na DRC hongeye kuba igikorwa cy’ubushotoranyi aho umusirikare wa FARDC yinjiye mu Rwanda arasa abaturage bariho bambukiranya umupaka ndetse n’abapoliri bawurinda, agakomeretsamo bamwe, bigatuma Umupolisi w’u Rwanda na we amurasa agahita apfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 1 =

Previous Post

M23 yahanuye kajugujugu y’intambara ya FARDC

Next Post

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Related Posts

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new digital identification registration has officially begun in Kigali, marking a major step in the nationwide rollout of the...

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

by radiotv10
08/02/2026
0

Abasirikare n'Abapolisi b'u Rwanda bongeye kwitabira amarushanwa rya UAE SWAT Challenge riri kubera i Dubai, muri Leta Zunze Ubumwe z'Abaruabu,...

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nduba mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali bakunze kwita Pasiteri, akurikiranyweho kwica umugore...

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica yasuye iz’u Rwanda zagiye gutanga umusanzu

by radiotv10
07/02/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamayika (JDF), Vice Admiral Antonette Wemyss-Gorman, yasuye abasirikare b'u Rwanda bari mu gace kitwa Trelawny, zagiye...

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

When Is the Right Age for Kids to Have Phones and social media?

by radiotv10
07/02/2026
0

Walk into any home, bus, or school yard today and you will see it: children holding phones, scrolling, laughing, watching...

IZIHERUKA

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR
FOOTBALL

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

08/02/2026
Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

08/02/2026
Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

Perezida wa FERWAFA yinjiye muri komite nshya ya CECAFA ikomeje kunengwa

08/02/2026
Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

Gukundana hagati y’abakozi babiri bakorana hari icyo bitwaye?: Kuki hari aho babibuzanya

07/02/2026
Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

Muri Gasabo haravugwa umugabo bita ‘Pasiteri’ ukekwaho kwica umugore bari bamaranye igihe gito bashakanye

07/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda Premier League yateye utwatsi Al Hilal yifuzaga kwimurirwa umukino wa APR

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Abasirikare n’Abapolisi b’u Rwanda bitabiriye amarushana y’ubumenyi bwihariye mu birimo kurasa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.