Wednesday, May 20, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRC yakiranye ubwuzu icyemezo cyo koherezayo ingabo za EAC ariko ngo ntishakamo RDF

radiotv10by radiotv10
18/06/2022
in MU RWANDA
0
DRC yakiranye ubwuzu icyemezo cyo koherezayo ingabo za EAC ariko ngo ntishakamo RDF
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yakiriye neza icyemezo cya Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya unayoboye EAC cyo kohereza ingabo zihuriweho z’uyu muryango muri DRC, gusa ivuga ko idashaka ko zizaba zirimo iz’u Rwanda.

Guverinoma ya Congo yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena 2022 nyuma y’umunsi umwe hasohotse itangazo cya Uhuru Kenyata rivuga ko yemeje ko ingabo zihuriweho n’Ibihugu bigize EAC zijya kurandura imitwe yitwaje intwaro iri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

DRC ivuga ko yishimiye iki cyemezo cya Uhuru Kenya cyo koherezayo ingabo zihuriweho n’Ibihugu bigize EAC zikajya guhangana n’imitwe yitwaje intwaro irimo M23 ikomeje kwigarurira uduce dutandukanye.

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikomeje gushinja u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23, yavuze ko uyu mutwe ndetse n’u Rwanda bakomeje kwigarurira ibice bitandukanye.

Iri tangazo rivuga ko bishimiye iyoherezwa ry’ingabo za EAC, rikomeza rigira riti “Turimeza ko tutazemerera u Rwanda kugira uruhare muri iri tsinda ry’ingabo zihuriweho.”

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iratangaza ibi mu gihe u Rwanda rwatangaje ko ruzatanga ingabo zizajya muri iri tsinda rihuriweho rya EAC zizoherezwa muri DRC.

Mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’ubutwererana, Prof Nshuti Manasseh, yemeje ko u Rwanda na rwo ruzatanga umusanzu muri ibi bikorwa by’ingabo za EAC zizajya kurandura imitwe yitwaje intwaro muri DRC.

Prof Nshuti Manasseh kandi yemeje ko Ibihugu byombi biteganya kuganira ku buryo byakemura ibibazo biri hagati y’Ibihugu byombi ndetse ko Abakuru babyo bateganya guhurira mu biganiro byo gushaka umuti.

Ingabo z’u Rwanda zitifuzwa na DRC, ni zimwe zikomeje kuba ubukombe mu kugarura amahoro mu Bihugu bitandukanye ku Isi aho zihangana n’imitwe yitwaje intwaro zikayitsinsura mu gihe gito.

Kuri uyu wa Gatanu kandi, hagati y’u Rwanda na DRC hongeye kuba igikorwa cy’ubushotoranyi aho umusirikare wa FARDC yinjiye mu Rwanda arasa abaturage bariho bambukiranya umupaka ndetse n’abapoliri bawurinda, agakomeretsamo bamwe, bigatuma Umupolisi w’u Rwanda na we amurasa agahita apfa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

M23 yahanuye kajugujugu y’intambara ya FARDC

Next Post

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Related Posts

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Dosiye ya Kabuga waregwaga uruhare muri Jenoside yashyinguwe burundu nyuma y’urupfu rwe

by radiotv10
20/05/2026
0

Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y'Insigarira y'Inkiko Mpanabyaha IRMCT, rwahagaritse dosiye yaregwagamo Félicien Kabuga waregwaga kugira uruhare rukomeye muri Jenoside...

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

by radiotv10
20/05/2026
0

Minisitiri w’u Bubanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier yatangaje ko ubufatanaye bw’u Rwanda na Mozambique bwatanze umusaruro kandi akazi kakozwe na...

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku byari byavuzwe ko imipaka ifunze

Guverinoma y’u Rwanda yatanze umucyo ku byari byavuzwe ko imipaka ifunze

by radiotv10
20/05/2026
0

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Uwera Jean Maurice yavuze ko imipaka ihuza iki Gihugu n’ibituranyi idafunze, ahubwo ko mu...

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

Iby’ingenzi wamenya ku masezerano u Rwanda rwasinyanye n’u Burusiya

by radiotv10
20/05/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burusiya zasinye amasezerano y’imikoranire mu rwego rw’Ubuzima, ariko ingingo zinyuranye zirimo kuzamura urwego rw’abakora mu buvuzi,...

Eng.-Rwanda Confirms Its Security Forces Will Continue Their Mission in Mozambique

Eng.-Rwanda Confirms Its Security Forces Will Continue Their Mission in Mozambique

by radiotv10
20/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has announced that the partnership between Rwanda and Mozambique...

IZIHERUKA

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi
MU RWANDA

Dosiye ya Kabuga waregwaga uruhare muri Jenoside yashyinguwe burundu nyuma y’urupfu rwe

by radiotv10
20/05/2026
0

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

20/05/2026
Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

20/05/2026
Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

Byemejwe ko u Rwanda rutakivanye ingabo zarwo muri Mozambique nk’uko rwari rwavuze ko rushobora kubikora

20/05/2026
Gen.Muhoozi yavuze ikizakorerwa imodoka ihenze yafatiriwe n’wahoze ari Perezidante w’Inteko

Gen.Muhoozi yavuze ikizakorerwa imodoka ihenze yafatiriwe n’wahoze ari Perezidante w’Inteko

20/05/2026
Ubutumwa Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umuhungu wabo urangije muri Kaminuza y’Abanyamerika

Ubutumwa Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umuhungu wabo urangije muri Kaminuza y’Abanyamerika

20/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dosiye ya Kabuga waregwaga uruhare muri Jenoside yashyinguwe burundu nyuma y’urupfu rwe

Guverinoma ya Botswana yitandukanyije n’itangazo ryayitiriwe ko yahaye ikiruhuko abafana ba Arsenal

Umugabo yapfuye akorana imibanano n’umugore utari we ubwo yacaga inyuma uwe wabyabye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.