Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Abaturage ibihumbi biraye mu mihanda basaba Igihugu cyabo guca ukubiri n’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Abaturage ibihumbi biraye mu mihanda basaba Igihugu cyabo guca ukubiri n’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage ibihumbi n’ibihumbi bo mu Mujyi wa Bukavu muri Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biraye mu mihanda basaba Igihugu cyabo guhagarika amasezerano yose gifitanye n’u Rwanda.

Iyi myigaragambyo yabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022, yatangiriye ahitwa Munzihirwa aho abari bayiyoboye bagendaga bagaragaza ibyo bifuza ku butegetsi bwabo.

Bavugaga ko basaba ubuyobozi bw’Igihugu cyabo guhagarika ibikorwa byose by’ububanyi n’imigenderanire n’u Rwanda ngo kubera ibyo iki Gihugu cy’igituranyi cyabo kiri kubakorera.

Aba baturage bigaragara ko bacengewe n’ingengabitekerezo ihabanye n’ukuri yakunze kwamamazwa n’abarimo abayobozi bo mu Gihugu cyabo ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23.

U Rwanda rwakomeje kugaragaza ko rudashobora gutera inkunga umutwe wahungabanya umutekano w’ikindi Gihugu, rwakunze kugaragaza ko ibibera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bireba iki Gihugu ubwacyo ndetse ko n’umuti uzava muri cyo.

Aba baturage bigaragarambyaga i Bukavu, mu butumwa bageneye Perezida w’Igihugu cyabo, Felix Tshisekedi, basabye ko Igihugu cyabo gihagarika ibikorwa byose by’ububanyi n’u Rwanda.

Basabye ko Igihugu cyabo gifatira ibihano u Rwanda birimo gufunga imipaka yoose yo ku butaka ndetse n’iyo ku bibuga by’indege ndetse ngo n’ibihano by’ubukungu ku bikorwa by’u Rwanda biri ku butaka bwa DRC.

Basabye kandi ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarika amasezerano yose ifitanye n’u Rwanda

Umuyobozi w’imiryango itari iya Leta muri Kivu y’Epfo, Zozo Sakali yagize ati “Uyu munsi twishyize hamwe twamagana ubushotoranyi dusaba abaturage bacu guhaguruka bakarwanira ikiza.”

Aba baturage bo muri DRC bakoze iyi myigaragambyo yo gusaba Igihugu cyabo guhagarika imibanire n’u Rwanda mu gihe abaturage b’u Rwanda bo bakomeje kugaragaza ko bifuza kubana n’iki Gihugu aho kuri uyu wa Kabiri hari bamwe mu basanzwe bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bazindukiye kuri Stade Umuganda mu Karere ka Rubavu basaba ko ibintu byasubira mu buryo bagakomeza imigenderanire.

Aba baturage bavuga ko bagera mu Gihugu cy’abaturanyi bakagirirwa nabi nyuma yuko mu mubano w’Ibihugu byombi ujemo igitotsi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta, mu kiganiro yagiranye n’Abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 31 Gicurasi 2022, yagarutse ku bikorwa by’ubushotoranyi byakozwe na DRC birimo kuba Igisirikare cy’iki Gihugu cyararashe mu Rwanda inshuro ebyiri zirimo iyabaye mucyumweru gishize ubwo cyarasaga ibisasu biremereye mu Karere ka Musanze bigakomeretsa bamwe mu Banyarwanda.

Dr Vincent Biruta yavuze Guverinoma y’u Rwanda yamenyesheje abahagarariye Ibihugu byabo mu Rwanda ko ibi bikorwa by’ubushotoranyi nibikomeza, u Rwanda rutazicara ngo rurebere kuko rufite uburenganzira n’ubushobozi bwo kurinda abaturage barwo.

U Rwanda kandi rwagaragaje ko rwifuza ko ibibazo byashakirwa umuti binyuze mu nzira zemewe zirimo inzego zihuriweho n’Ibihugu byombi ndetse n’Imiryango bihuriyemo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Visi Meya wanze gusubiza Umunyamakuru afitiye ubutumwa ababibonye nk’ubwirasi

Next Post

Operasiyo ihuriweho n’Igisirikare cya Congo n’icya Uganda yongerewe igihe

Related Posts

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu, bavuga ko umuhanda utagira rigore utuma amazi awuturukamo aruhukira...

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

by radiotv10
09/12/2025
0

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

IZIHERUKA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga
IMIBEREHO MYIZA

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

by radiotv10
10/12/2025
0

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

09/12/2025
Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

09/12/2025
Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Operasiyo ihuriweho n’Igisirikare cya Congo n’icya Uganda yongerewe igihe

Operasiyo ihuriweho n’Igisirikare cya Congo n’icya Uganda yongerewe igihe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bagaragaje amakosa yabayeho batunga agatoki kuba ntandaro yo gushyira ubuzima bwabo mu kaga

Uwari Chairman wa APR FC yemeje ko atakiri muri izi nshingano avuga n’impamvu

Israel yashyizwe ku isonga ku Isi mu gushinjwa kwica abanyamakuru bari mu kazi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.