Saturday, August 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Icyo Gatulika ivuga ku bidakwiye byakorewe Karidinali ukomeye muri Kiliziya ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in AMAHANGA
0
DRCongo: Icyo Gatulika ivuga ku bidakwiye byakorewe Karidinali ukomeye muri Kiliziya ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Karidinali Fridolin Ambongo, Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kiliziya Gatulika ya Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri no mu bajyanama bacye ba Papa Francis, yangiwe gukoresha inzira y’abanyacyubahiro ku Kibuga cy’Indege cya N’Djili, bifatwa nk’agasuzuguro gakomeye.

Ibi byabaye kuri Karidinali Fridolin Ambongo ufatwa nk’uyoboye Kiliziya Gatulika muri Congo, kuri iki Cyumweru tariki 14 Mata 2024 ubwo yari avuye i Roma mu Butaliyani.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bwa Arikidiyoseze ya Kinshasa, nyuma y’uko ibi bibaye, bwavuze ko bwamaganyane “uku guteshwa agaciro” byakorewe Umujyanama wa Papa mu guhabwa serivisi zo ku kibuga cy’Indege cya Kinshasa.

Padiri Clet-Clay Mamvemba, Umunyamabanga wa Shanseliye ya Arikidiyoseze ya Kinshasa, yavuze ko ibi byakorewe Karidinali mu maso y’abantu benshi, batanashoboye kwihanganira ako gasuzuguro kakorewe uyu munyacyubahiro muri Kiliziya Gatulika.

Uyu mukaridinali asanzwe ari umwe mu bakomeye muri Kiliziya Gatulika ku Isi, dore ko ari umwe mu Bakaridinari icyenda (9) bafite inshingano zo kugira inama Papa mu mavugurura ya Kiliziya.

Ubusanzwe kandi ibi byatumye Karidinali Fridolin Ambongo ahabwa Pasiporo y’Abadipolomate ituma yakirwa ku Bibuga by’indege mu buryo bwihariye, nko kunyura mu nzira z’abanyacyubahiro.

Karidinali yakunze kunenga ibikorwa n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse anagira icyo avuga ku bikorwa by’umutekano mucye bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, aho yavuze ko imikorere mibi y’ubutegetsi ari yo ituma hari abinjira mu mitwe nk’ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo) ribarizwamo n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + 10 =

Previous Post

Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Next Post

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Related Posts

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

by radiotv10
08/08/2025
0

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

IZIHERUKA

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft
IMIBEREHO MYIZA

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

by radiotv10
08/08/2025
0

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

08/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

The revival of Imigongo: Modern artists redefining ancient craft

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.