Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Icyo Gatulika ivuga ku bidakwiye byakorewe Karidinali ukomeye muri Kiliziya ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in AMAHANGA
0
DRCongo: Icyo Gatulika ivuga ku bidakwiye byakorewe Karidinali ukomeye muri Kiliziya ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Karidinali Fridolin Ambongo, Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kiliziya Gatulika ya Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri no mu bajyanama bacye ba Papa Francis, yangiwe gukoresha inzira y’abanyacyubahiro ku Kibuga cy’Indege cya N’Djili, bifatwa nk’agasuzuguro gakomeye.

Ibi byabaye kuri Karidinali Fridolin Ambongo ufatwa nk’uyoboye Kiliziya Gatulika muri Congo, kuri iki Cyumweru tariki 14 Mata 2024 ubwo yari avuye i Roma mu Butaliyani.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bwa Arikidiyoseze ya Kinshasa, nyuma y’uko ibi bibaye, bwavuze ko bwamaganyane “uku guteshwa agaciro” byakorewe Umujyanama wa Papa mu guhabwa serivisi zo ku kibuga cy’Indege cya Kinshasa.

Padiri Clet-Clay Mamvemba, Umunyamabanga wa Shanseliye ya Arikidiyoseze ya Kinshasa, yavuze ko ibi byakorewe Karidinali mu maso y’abantu benshi, batanashoboye kwihanganira ako gasuzuguro kakorewe uyu munyacyubahiro muri Kiliziya Gatulika.

Uyu mukaridinali asanzwe ari umwe mu bakomeye muri Kiliziya Gatulika ku Isi, dore ko ari umwe mu Bakaridinari icyenda (9) bafite inshingano zo kugira inama Papa mu mavugurura ya Kiliziya.

Ubusanzwe kandi ibi byatumye Karidinali Fridolin Ambongo ahabwa Pasiporo y’Abadipolomate ituma yakirwa ku Bibuga by’indege mu buryo bwihariye, nko kunyura mu nzira z’abanyacyubahiro.

Karidinali yakunze kunenga ibikorwa n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse anagira icyo avuga ku bikorwa by’umutekano mucye bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, aho yavuze ko imikorere mibi y’ubutegetsi ari yo ituma hari abinjira mu mitwe nk’ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo) ribarizwamo n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − four =

Previous Post

Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Next Post

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Related Posts

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

by radiotv10
26/01/2026
0

U Buhindi bwizihije umunsi w’ubwigenge uzwi nka ‘Republic Day’ waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo akarasisi kamukiwemo n’intwaro zirimo izikomeye. Ni ibirori...

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.