Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Icyo Gatulika ivuga ku bidakwiye byakorewe Karidinali ukomeye muri Kiliziya ku Isi

radiotv10by radiotv10
15/04/2024
in AMAHANGA
0
DRCongo: Icyo Gatulika ivuga ku bidakwiye byakorewe Karidinali ukomeye muri Kiliziya ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Karidinali Fridolin Ambongo, Arikiyepisikopi wa Arikidiyoseze ya Kiliziya Gatulika ya Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo uri no mu bajyanama bacye ba Papa Francis, yangiwe gukoresha inzira y’abanyacyubahiro ku Kibuga cy’Indege cya N’Djili, bifatwa nk’agasuzuguro gakomeye.

Ibi byabaye kuri Karidinali Fridolin Ambongo ufatwa nk’uyoboye Kiliziya Gatulika muri Congo, kuri iki Cyumweru tariki 14 Mata 2024 ubwo yari avuye i Roma mu Butaliyani.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bwa Arikidiyoseze ya Kinshasa, nyuma y’uko ibi bibaye, bwavuze ko bwamaganyane “uku guteshwa agaciro” byakorewe Umujyanama wa Papa mu guhabwa serivisi zo ku kibuga cy’Indege cya Kinshasa.

Padiri Clet-Clay Mamvemba, Umunyamabanga wa Shanseliye ya Arikidiyoseze ya Kinshasa, yavuze ko ibi byakorewe Karidinali mu maso y’abantu benshi, batanashoboye kwihanganira ako gasuzuguro kakorewe uyu munyacyubahiro muri Kiliziya Gatulika.

Uyu mukaridinali asanzwe ari umwe mu bakomeye muri Kiliziya Gatulika ku Isi, dore ko ari umwe mu Bakaridinari icyenda (9) bafite inshingano zo kugira inama Papa mu mavugurura ya Kiliziya.

Ubusanzwe kandi ibi byatumye Karidinali Fridolin Ambongo ahabwa Pasiporo y’Abadipolomate ituma yakirwa ku Bibuga by’indege mu buryo bwihariye, nko kunyura mu nzira z’abanyacyubahiro.

Karidinali yakunze kunenga ibikorwa n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse anagira icyo avuga ku bikorwa by’umutekano mucye bimaze igihe mu burasirazuba bw’iki Gihugu, aho yavuze ko imikorere mibi y’ubutegetsi ari yo ituma hari abinjira mu mitwe nk’ihuriro AFC (Alliance Fleuve Congo) ribarizwamo n’umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + fourteen =

Previous Post

Muhanga: Uko byagenze ngo Umupolisi arase ukekwaho ubujura agahita apfa

Next Post

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda gishobora kurara kibonye nyiracyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.