Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima

radiotv10by radiotv10
15/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango w’Abibumbye, yongeye gushinja u Rwanda kwiba umutungo muri kiriya Gihugu avuga ko rwanakibye inkima n’ingagi, uruhagarariye na we avuga ko ibirego nk’ibi ari ibya cyera kandi ko bidafite ishingiro.

Ubwo Inteko Rusange y’Umuryango w’Abimbye yasozaga imirimo yayo ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, Ambasaderi Georges Nzongola-Ntalaja, yatse ijambo, yongera gushinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma.

Mu ijambo rye, uyu uhagarariye Congo-Kinshasa wakunze gukoresha amagambo aremereye ashinja u Rwanda, yavuze ko “Nta muntu utazi ko u Rwanda rwinjiye muri Congo mu 1998 rukageza muri 2003.”

Yakomeje avuga ko ubu u Rwanda ruri mu Bihugu byohereza hanze Zahabu nyinshi kandi ko ntahandi ruyikura atari muri Congo.

Ati “Ubu batwara n’inkima ndetse n’ingagi bakura mu mashyamba ya Congo bakazijyana mu Rwanda. ibyo byose birazwi.”

Uyu mudipolomate wa Congo yakomeje avuga ko Isi yashyize imbaraga mu gushaka umuti w’ibibazo biri i Burayi, ikirengagiza ibyo muri Afurika.

Yagize ati “Imbaraga bari gukoresha mu kugura intwaro bohereza muri Ukraine, bakabaye natwe babidukorera. None badushyiriyeho ibihano ku buryo tudashobora kugura intwaro. Iyo politike igonmba guhinduka, imiryango ikamagana yivuye inyuma Ibihugu byose bishoza intambara ku bindi.”

Uwari uhagarariye u Rwanda muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yatangiye ijambo rye yisegura ko ritari ryateguwe ariko ko nk’u Rwanda rutabura kugira icyo ruvuga ku bikomeje gutangazwa n’Igihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko ibirego iki Gihugu gikomeje kwegeka ku Rwanda atari byo byatanga umuti w’ibibazo bikirimo mu gihe ari rwo ruwufite mu biganza byacyo.

Yagize ati “Kwegeka ibibazo byabo ku bandi ntabwo byakemura ikibazo, ariko Abanyepolitiki bakomeje gushinja ibinyoma ibihugu by’ibituranyi.”

Mu Nteko Rusange ya 77 y’Abakuru b’Ibihugu yabaye mu kwezi gushize, Perezida Paul Kagame na we yagarutse kuri ibi bibazo, nyuma yuko mugenzi wa Congo, Felix Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda kuba ari rwo rwateye Igihugu cye rwitwaje umutwe wa M23.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yavuze ko gukemura ibibazo nk’ibi biri muri Congo-Kinshasa, bisaba ubushake bwa politiki aho gukomeza kwegeka ibibazo ku kindi Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Gicumbi: Hamenyekanye igihano cyahanishijwe uwishe umugore amukekaho kumuroga kudakora imibonano

Next Post

Nitwe twabibye n’imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

The FDLR is still active and receiving support from the DRC, making the signing of a final agreement between Presidents...

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

by radiotv10
26/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko isinywa ry’amasezerano ya burundu hagati y’u Rwanda na DRC agomba kuzashyirwaho...

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

Kigali, Rwanda, MoMo Rwanda and RSSB Launch “Iremere EjoHeza” to Help Rwandans Save for a Secure Future

by radiotv10
26/11/2025
0

MoMo Rwanda Ltd, in partnership with the Rwanda Social Security Board (RSSB), has officially launched ‘Iremere EjoHeza’, a digital solution...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
MU RWANDA

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

by radiotv10
26/11/2025
0

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nitwe twabibye n’imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

Nitwe twabibye n'imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.