Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima

radiotv10by radiotv10
15/10/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
DRCongo imbere y’Isi yose noneho yashinje u Rwanda kuyiba ingagi n’inkima
Share on FacebookShare on Twitter

Uhagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango w’Abibumbye, yongeye gushinja u Rwanda kwiba umutungo muri kiriya Gihugu avuga ko rwanakibye inkima n’ingagi, uruhagarariye na we avuga ko ibirego nk’ibi ari ibya cyera kandi ko bidafite ishingiro.

Ubwo Inteko Rusange y’Umuryango w’Abimbye yasozaga imirimo yayo ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 12 Ukwakira 2022, Ambasaderi Georges Nzongola-Ntalaja, yatse ijambo, yongera gushinja u Rwanda ibirego by’ibinyoma.

Mu ijambo rye, uyu uhagarariye Congo-Kinshasa wakunze gukoresha amagambo aremereye ashinja u Rwanda, yavuze ko “Nta muntu utazi ko u Rwanda rwinjiye muri Congo mu 1998 rukageza muri 2003.”

Yakomeje avuga ko ubu u Rwanda ruri mu Bihugu byohereza hanze Zahabu nyinshi kandi ko ntahandi ruyikura atari muri Congo.

Ati “Ubu batwara n’inkima ndetse n’ingagi bakura mu mashyamba ya Congo bakazijyana mu Rwanda. ibyo byose birazwi.”

Uyu mudipolomate wa Congo yakomeje avuga ko Isi yashyize imbaraga mu gushaka umuti w’ibibazo biri i Burayi, ikirengagiza ibyo muri Afurika.

Yagize ati “Imbaraga bari gukoresha mu kugura intwaro bohereza muri Ukraine, bakabaye natwe babidukorera. None badushyiriyeho ibihano ku buryo tudashobora kugura intwaro. Iyo politike igonmba guhinduka, imiryango ikamagana yivuye inyuma Ibihugu byose bishoza intambara ku bindi.”

Uwari uhagarariye u Rwanda muri iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, yatangiye ijambo rye yisegura ko ritari ryateguwe ariko ko nk’u Rwanda rutabura kugira icyo ruvuga ku bikomeje gutangazwa n’Igihugu cy’igituranyi cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yavuze ko ibirego iki Gihugu gikomeje kwegeka ku Rwanda atari byo byatanga umuti w’ibibazo bikirimo mu gihe ari rwo ruwufite mu biganza byacyo.

Yagize ati “Kwegeka ibibazo byabo ku bandi ntabwo byakemura ikibazo, ariko Abanyepolitiki bakomeje gushinja ibinyoma ibihugu by’ibituranyi.”

Mu Nteko Rusange ya 77 y’Abakuru b’Ibihugu yabaye mu kwezi gushize, Perezida Paul Kagame na we yagarutse kuri ibi bibazo, nyuma yuko mugenzi wa Congo, Felix Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda kuba ari rwo rwateye Igihugu cye rwitwaje umutwe wa M23.

Icyo gihe Perezida Paul Kagame yavuze ko gukemura ibibazo nk’ibi biri muri Congo-Kinshasa, bisaba ubushake bwa politiki aho gukomeza kwegeka ibibazo ku kindi Gihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − eight =

Previous Post

Gicumbi: Hamenyekanye igihano cyahanishijwe uwishe umugore amukekaho kumuroga kudakora imibonano

Next Post

Nitwe twabibye n’imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

Related Posts

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Sosieye y’Abafaransa itunganya ikanacuruza ibijyanye n’ingufu, TotalEnergies yinjiye mu bufatanye na DelAgua mu mushinga wo gukwirakwiza amashyiga ya kijyambere ku...

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

by radiotv10
13/11/2025
0

Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore, yateguje ko mu bihe biri imbere abatuye mu Mujyi wa Kigali bafite amikoro make bazajya...

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

by radiotv10
13/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho kwiba arenga miliyoni 17 Frw mu bujura bumaze iminsi buvugwa...

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

by radiotv10
13/11/2025
0

Umurambo w’umugabo utamenyekana imyirondoro, wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi ku gice cyo mu Kagari k'Urugarama mu Murenge wa Gahini mu...

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

Abiga uburezi mu Rwanda bahishuye amakuru y’urucantege bahabwa

by radiotv10
13/11/2025
0

Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri nderabarezi, bavuga ko bagiye bacibwa intege babwirwa ko ayo masomo asuzuguritse, kandi ko akazi...

IZIHERUKA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua
IMIBEREHO MYIZA

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

by radiotv10
13/11/2025
0

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

13/11/2025
Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

13/11/2025
Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

Umuhanzi w’ikirangirire mu karere unazwi muri Politiki yagaragaye aririmba indirimbo y’Umunyarwanda

13/11/2025
Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Amakuru mashya: Hatahuwe abakekwaho ubujura buvugwa muri Sitasiyo ya Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

13/11/2025
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Kiyaga cya Muhazi

13/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nitwe twabibye n’imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

Nitwe twabibye n'imihanda se?- Nduhungirehe ku by’uhagarariye DRC wavuze ko u Rwanda rwabibye Ingagi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingo 200.000 mu Rwanda zigiye kubona amashyiga agezweho mu bufatanye bwa TotalEnergies na DelAgua

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

Hategujwe ko ab’amikoro aciriritse muri Kigali bazajya barara muri salle

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.