Friday, September 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo

radiotv10by radiotv10
04/08/2022
in Uncategorized
0
DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye ko Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann ava ku butaka bw’iki Gihugu mu gihe gito gishoboka.

Mu itangazo ryatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yasabye Umuryango w’Abibumbye kwirukana uyu Mathias Gillmann ku butaka bw’iki gihugu.

Yagize ati “Guverinoma irashimishwa n’ibyemezo bifatirwa Mathias Gillmann ko agomba kuva ku butaka bwa Congo mu gihe gito gishoboka.”

Christophe Lutundula yakomeje avuga ko kuba Mathias Gillmann yaguma ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byarushaho kwangiza umubano no kwakangiza icyizere biri hagati ya Leta na MONUSCO.

Yavuze ko iki cyifuzo gishingiye ku byatangajwe n’uyu Mathias Gillmann kuri Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ko MONUSCO idafite ubushobozi mu bya gisirikare bwo guhangana na M23.

Umwe mu bagize Guverinoma ya DRC, wavuganye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, yagize ati “Turasaba MONUSCO mu buryo bw’ubucuti ko ava (Mathias Gillmann) mu Gihugu cyacu.”

Iri jambo riri kuzizwa Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, yarivuze tariki 13 Nyakanga ubwo yagira ati “Nta bushobozi dufite buhagije bwo kugira icyo dukora gikenewe, n’Igisirikare cya Congo ntigifite ubwo bushobozi buhagije.”

Ibi yatangaje byatumye MONUSCO yijundikwa n’Abanye-Congo, bavuga ko niba idafite ubushobozi idakwiye kuguma mu Gihugu cyabo dore ko ngo n’ubundi kuva yaza ntacyo yabamariye.

Guverinoma ya Congo ivuga ko ariya magambo ari yo ntandaro rutwitsi y’imyigaragambyo yari imaze iminsi muri iki Gihugu yo kwamagana MONUSCO.

Bamwe mu bategetsi bo muri iki Gihugu bavugaga ko kuva aba baje muri ubu butumwa bw’Umuryango bagera mu Gihugu ari bwo ibibazo by’umutekano mucye byagiye byiyongera, bagasaba abaturage kubamagana bakabavira mu Gihugu ari na bwo hatangiye imyigaragambyo yo kubamagana.

Iyi myigaragambyo yafashe indi ntera tariki 25 Nyakanga, yaguyemo abantu bagera muri 36 barimo abaturage 32 ndetse n’abo ku ruhande rwa MONUSCO bane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + four =

Previous Post

Inzigo yabererekeye business: Juno Kizigenza na Ariel Ways bahuriye mu ndirimbo

Next Post

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Related Posts

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

IZIHERUKA

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro
MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

by radiotv10
19/09/2025
0

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

19/09/2025
Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

19/09/2025
Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

Ubutumwa umukinnyi nimero ya mbere ku Isi mu magare atanze agisesekara mu Rwanda

19/09/2025
Are weddings still based on love or financial show-off?

Are weddings still based on love or financial show-off?

19/09/2025
BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

BREAKING: Perezida Kagame yashyizeho abayobozi barimo uwinjiye muri Guverinoma n’abo muri Perezidansi

19/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingabo z’u Rwanda n’iza Tanzania zahuriye mu biganiro

Mu rugamba rwa AFC/M23 na FARDC hongeye kugaragazwa uruhande rwakoreshejwe intwaro rutura

Icyo umunyamategeko avuga ku kirego cyagarutsweho cyane kiregwamo uwari Minisitiri ngo utarashatse uwo yabisezeranyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.