Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo

radiotv10by radiotv10
04/08/2022
in Uncategorized
0
DRCongo irifuza ko umuvugizi wa MONUSCO yirukanwa igitaraganya ku butaka bwayo
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye ko Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann ava ku butaka bw’iki Gihugu mu gihe gito gishoboka.

Mu itangazo ryatanzwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Christophe Lutundula, yasabye Umuryango w’Abibumbye kwirukana uyu Mathias Gillmann ku butaka bw’iki gihugu.

Yagize ati “Guverinoma irashimishwa n’ibyemezo bifatirwa Mathias Gillmann ko agomba kuva ku butaka bwa Congo mu gihe gito gishoboka.”

Christophe Lutundula yakomeje avuga ko kuba Mathias Gillmann yaguma ku butaka bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byarushaho kwangiza umubano no kwakangiza icyizere biri hagati ya Leta na MONUSCO.

Yavuze ko iki cyifuzo gishingiye ku byatangajwe n’uyu Mathias Gillmann kuri Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ko MONUSCO idafite ubushobozi mu bya gisirikare bwo guhangana na M23.

Umwe mu bagize Guverinoma ya DRC, wavuganye n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa AFP, yagize ati “Turasaba MONUSCO mu buryo bw’ubucuti ko ava (Mathias Gillmann) mu Gihugu cyacu.”

Iri jambo riri kuzizwa Umuvugizi wa MONUSCO, Mathias Gillmann, yarivuze tariki 13 Nyakanga ubwo yagira ati “Nta bushobozi dufite buhagije bwo kugira icyo dukora gikenewe, n’Igisirikare cya Congo ntigifite ubwo bushobozi buhagije.”

Ibi yatangaje byatumye MONUSCO yijundikwa n’Abanye-Congo, bavuga ko niba idafite ubushobozi idakwiye kuguma mu Gihugu cyabo dore ko ngo n’ubundi kuva yaza ntacyo yabamariye.

Guverinoma ya Congo ivuga ko ariya magambo ari yo ntandaro rutwitsi y’imyigaragambyo yari imaze iminsi muri iki Gihugu yo kwamagana MONUSCO.

Bamwe mu bategetsi bo muri iki Gihugu bavugaga ko kuva aba baje muri ubu butumwa bw’Umuryango bagera mu Gihugu ari bwo ibibazo by’umutekano mucye byagiye byiyongera, bagasaba abaturage kubamagana bakabavira mu Gihugu ari na bwo hatangiye imyigaragambyo yo kubamagana.

Iyi myigaragambyo yafashe indi ntera tariki 25 Nyakanga, yaguyemo abantu bagera muri 36 barimo abaturage 32 ndetse n’abo ku ruhande rwa MONUSCO bane.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + twenty =

Previous Post

Inzigo yabererekeye business: Juno Kizigenza na Ariel Ways bahuriye mu ndirimbo

Next Post

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Umuvandimwe wa Buravan yanyomoje urupfu rwe anatangaza uko amerewe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.