• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in Uncategorized
0
DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyagaruje uduce tubiri twari mu maboko y’umutwe wa M23 uherutse kugaba igitero gikomeye i Rutshuru kigatuma bamwe mu baturage bahunga.

Utu duce twagarujwe na FARD, ni Ngugo iherereye muri groupement ya Rugari na Nyasisi yo muri groupement ya Kisigari.

Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze butangaza ko turiya duce twamaze kuvamo abarwanyi ba M23 bari batwigaruriye.

Éric Mashagiro uyobora groupement ya Rugari yemeje ko ubu ibikorwa byo gutsinsura bariya barwanyi muri kariya gace byarangiye.

Icyakora avuga ko abaturage bahuze ingo zabo bataragaruka, ati “Abahunze baracyari aho bahungiye biriya bitero biheruka. FARDC yo yarangije gutsinsura umwanzi mu bice bya Ngugo na Nyasisi.”

Mu ntangiro z’uku kwezi ni bwo umutwe wa M23 wongeye kubura ibitero aho wateye mu misosi ya Ndiza, Runyoni na Chanzu yo muri Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Nyuma ya biriya bitero, hari amakuru yashinjaga Igisirikare cy’u Rwanda gutera inkunga bariya barwanyi gusa ubuyobozi bwacyo bwaje kuyanyomoza.

Itangazo ryasohowe na RDF tariki 09 Ugushyingo 2021, ryavugaga ko ingabo z’u Rwanda zidafite uruhare na ruto muri biriya bitero ndetse ko zitanatera inkunga umutwe wa M23.

RDF yavugaga ko abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 batigeze bahungira mu Rwanda ahubwo ko bahungiye muri Uganda, yemeje ko abagabye ibi bitero ari na ho baturutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − three =

Previous Post

Udahemuka wayoboye Kamonyi yahishuye umutwaro uba uri ku gahanga ka ba Meya bamwe

Next Post

Bruce Melodie yateguje abantu indirimbo yatumye havugwa byinshi ko yaba yarakoze ubukwe

Related Posts

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

Mu mupira w’amaguru w’abagore mu Rwanda barabyinira ku rukoma

by radiotv10
18/05/2026
0

Umupira w’amaguru w’abari n’abategarugori urabyinira ku rukoma kubera amafaranga ari gushyirwamo, guhera ku bihembo amakipe ari gutsindira. Mu kiciro cya...

How to spend money wisely and build a better financial future

How to spend money wisely and build a better financial future

by radiotv10
07/05/2026
0

Most people think their future depends on how much money they will make one day. But in reality, your future...

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Next Post
Bruce Melodie yateguje abantu indirimbo yatumye havugwa byinshi ko yaba yarakoze ubukwe

Bruce Melodie yateguje abantu indirimbo yatumye havugwa byinshi ko yaba yarakoze ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.