Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye

radiotv10by radiotv10
25/11/2021
in Uncategorized
0
DRCongo: M23 yakubiswe incuro ivanwa mu duce tubiri yari yigaruriye
Share on FacebookShare on Twitter

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyagaruje uduce tubiri twari mu maboko y’umutwe wa M23 uherutse kugaba igitero gikomeye i Rutshuru kigatuma bamwe mu baturage bahunga.

Utu duce twagarujwe na FARD, ni Ngugo iherereye muri groupement ya Rugari na Nyasisi yo muri groupement ya Kisigari.

Ubuyobozi bw’Inzego z’ibanze butangaza ko turiya duce twamaze kuvamo abarwanyi ba M23 bari batwigaruriye.

Éric Mashagiro uyobora groupement ya Rugari yemeje ko ubu ibikorwa byo gutsinsura bariya barwanyi muri kariya gace byarangiye.

Icyakora avuga ko abaturage bahuze ingo zabo bataragaruka, ati “Abahunze baracyari aho bahungiye biriya bitero biheruka. FARDC yo yarangije gutsinsura umwanzi mu bice bya Ngugo na Nyasisi.”

Mu ntangiro z’uku kwezi ni bwo umutwe wa M23 wongeye kubura ibitero aho wateye mu misosi ya Ndiza, Runyoni na Chanzu yo muri Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Nyuma ya biriya bitero, hari amakuru yashinjaga Igisirikare cy’u Rwanda gutera inkunga bariya barwanyi gusa ubuyobozi bwacyo bwaje kuyanyomoza.

Itangazo ryasohowe na RDF tariki 09 Ugushyingo 2021, ryavugaga ko ingabo z’u Rwanda zidafite uruhare na ruto muri biriya bitero ndetse ko zitanatera inkunga umutwe wa M23.

RDF yavugaga ko abarwanyi b’uyu mutwe wa M23 batigeze bahungira mu Rwanda ahubwo ko bahungiye muri Uganda, yemeje ko abagabye ibi bitero ari na ho baturutse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − two =

Previous Post

Udahemuka wayoboye Kamonyi yahishuye umutwaro uba uri ku gahanga ka ba Meya bamwe

Next Post

Bruce Melodie yateguje abantu indirimbo yatumye havugwa byinshi ko yaba yarakoze ubukwe

Related Posts

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bruce Melodie yateguje abantu indirimbo yatumye havugwa byinshi ko yaba yarakoze ubukwe

Bruce Melodie yateguje abantu indirimbo yatumye havugwa byinshi ko yaba yarakoze ubukwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.