Tuesday, August 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Depite Lubaya Claudel Andre wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ubuyobozi gufasha abaturage gusohoka mu rujijo yabashyizemo, bukabasobanurira iby’ibiganiro bwagiranye na M23 mu Rwanda muri 2019.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA mu cyumweru gishize tariki 04 Nyakanga 2022, yavuze ko ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagiye buza mu Rwanda inshuro nyinshi kuganira na bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba M23 bahahungiye.

Yavuze ko muri icyo gihe cyose ubuyobozi bwa DRC bwagiye busezeranya ibitangaza byinshi uyu mutwe wa M23 ariko ntibugire icyo bukora.

Depite Lubaya Claudel Andre mu Nteko Ishinga Amategeko ya DRC, mu butumwa yanyijije kuri Twitter, yavuze ko ku byerekeye intambara iri kubera mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ubutegetsi bw’iki Gihugu cye bukwiye kugira ibyo busobanurira abaturage babwo.

#RDC Sur la guerre dans l’Est, Kinshasa doit, en interne, sortir du populisme et du confusionnisme et user de la transparence en disant la vérité au peuple sur ses engagements de 2019 avec M23 à Kigali. Notre stratégie de reconquête des territoires occupés par #M23 bat de l’aile

— Lubaya Claudel André (@LubayaClaudel) July 12, 2022

Yavuze ko Leta yashyize mu rujijo no mu kigare abaturage ntibasobanurire ibyerecyeke ibiganiro n’amasezerano yagiranye na M23.

Yagize ati “Kinshasa igomba gukuraho ikigare n’urujijo, igashyira hanze umucyo n’ukuri ku baturage ku byo yumvikanyeho na M23 i Kigali muri 2019.”

Iyi ntumwa ya rubanda, ivuga ko umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uzaturuka imbere mu Gihugu, yavuze ko guha abaturage ibi bisobanuro ari imwe mu nzira igamije gukura M23 mu bice yafashe.

Imirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kuzamura umwuka mubi hagati ya Congo n’u Rwanda aho iki Gihugu gishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe, mu gihe rwo rubihakana ahubwo rukavuga ko iki Gihugu ari cyo gifasha umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Abakuru b’Ibihugu byombi baherutse guhurira i Luanda muri Angola mu nama y’imishyikirano yarangije bombi bemeranyijwe guhagarika uyu mwuka mubi uri hagati y’Ibihugu.

Iyi nama yanemeje ko hashyirwaho Komisiyo ihuriweho igamije kwiga iko uyu mwuka mubi warangira, yanagombaga guterana bwa mbere kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga ariko ikaba yasubitswe bitunguranye kubera ibihe bidasanzwe biri muri Angola byo kunamira uwahoze ari Perezida wayo uherutse kwitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − thirteen =

Previous Post

Bitunguranye inama ya komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na DRC yari iteganyijwe none yasubitswe

Next Post

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Related Posts

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

by radiotv10
12/08/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yahakanye ibyatangajwe n’umwe ku mbuga nkoranyambaga ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye...

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

by radiotv10
12/08/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump yakomoje ku gikorwa cy’Umuganda rusange umaze kumenyerwa mu Rwanda, wanagiye ufatirwaho...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
12/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

U Rwanda rwamaganye ibirego byazanye RDF mu bwicanyi buvugwa ko bwakorewe Abanyekongo 300

by radiotv10
12/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibirego by’ibinyoma by’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe Uburenganzira bwa Muntu (OHCHR) bishinja Ingabo z’iki Gihugu (RDF) ngo...

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

Ibyishimo by’amazi meza bahawe ngo byabaye iby’akanya gato

by radiotv10
12/08/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Dahwe mu Murenge wa Ndora mu Karere ka Gisagara, bavuga ko bongeye kuvoma amazi y’ibishanga nyamara...

IZIHERUKA

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje
FOOTBALL

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

by radiotv10
12/08/2025
0

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

12/08/2025
Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

12/08/2025
Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

Igisubizo Polisi yasubije uwavuze ko mu gupima abatwaye ibinyabiziga banyoye ibisindisha hari gukoreshwa akuma ‘bakarigataho’

12/08/2025
Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

Perezida wa America Donald Trump yakomoje kuri kimwe mu bikorwa by’Ubudasa bw’u Rwanda

12/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

12/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bidasubirwaho hemejwe kandidatire y’ushobora kuyobora FERWAFA nyuma y’impaka zabanje

Ntimwite ku myaka yanjye n’uko ngaragara-Umukowa w’imyaka 20 arifuza kuzahatana na Museveni w’imyaka 80

Undi munyamakuru mu Rwanda yerecyeje ku kindi gitangazamakuru

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.