Wednesday, December 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Depite Lubaya Claudel Andre wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ubuyobozi gufasha abaturage gusohoka mu rujijo yabashyizemo, bukabasobanurira iby’ibiganiro bwagiranye na M23 mu Rwanda muri 2019.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA mu cyumweru gishize tariki 04 Nyakanga 2022, yavuze ko ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagiye buza mu Rwanda inshuro nyinshi kuganira na bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba M23 bahahungiye.

Yavuze ko muri icyo gihe cyose ubuyobozi bwa DRC bwagiye busezeranya ibitangaza byinshi uyu mutwe wa M23 ariko ntibugire icyo bukora.

Depite Lubaya Claudel Andre mu Nteko Ishinga Amategeko ya DRC, mu butumwa yanyijije kuri Twitter, yavuze ko ku byerekeye intambara iri kubera mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ubutegetsi bw’iki Gihugu cye bukwiye kugira ibyo busobanurira abaturage babwo.

#RDC Sur la guerre dans l’Est, Kinshasa doit, en interne, sortir du populisme et du confusionnisme et user de la transparence en disant la vérité au peuple sur ses engagements de 2019 avec M23 à Kigali. Notre stratégie de reconquête des territoires occupés par #M23 bat de l’aile

— Lubaya Claudel André (@LubayaClaudel) July 12, 2022

Yavuze ko Leta yashyize mu rujijo no mu kigare abaturage ntibasobanurire ibyerecyeke ibiganiro n’amasezerano yagiranye na M23.

Yagize ati “Kinshasa igomba gukuraho ikigare n’urujijo, igashyira hanze umucyo n’ukuri ku baturage ku byo yumvikanyeho na M23 i Kigali muri 2019.”

Iyi ntumwa ya rubanda, ivuga ko umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uzaturuka imbere mu Gihugu, yavuze ko guha abaturage ibi bisobanuro ari imwe mu nzira igamije gukura M23 mu bice yafashe.

Imirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kuzamura umwuka mubi hagati ya Congo n’u Rwanda aho iki Gihugu gishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe, mu gihe rwo rubihakana ahubwo rukavuga ko iki Gihugu ari cyo gifasha umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Abakuru b’Ibihugu byombi baherutse guhurira i Luanda muri Angola mu nama y’imishyikirano yarangije bombi bemeranyijwe guhagarika uyu mwuka mubi uri hagati y’Ibihugu.

Iyi nama yanemeje ko hashyirwaho Komisiyo ihuriweho igamije kwiga iko uyu mwuka mubi warangira, yanagombaga guterana bwa mbere kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga ariko ikaba yasubitswe bitunguranye kubera ibihe bidasanzwe biri muri Angola byo kunamira uwahoze ari Perezida wayo uherutse kwitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − two =

Previous Post

Bitunguranye inama ya komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na DRC yari iteganyijwe none yasubitswe

Next Post

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Related Posts

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Moving to a new place can feel overwhelming, especially when you’re doing it by yourself. From packing your things to...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

Hari abafashwe mu iperereza ku bantu bane bapfuye nyuma yo gusangira inzoga

by radiotv10
31/12/2025
0

Abantu babiri batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rw’abantu bane bo mu Murenge wa Rukoma mu Karere ka...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Eng.-Rwanda’s Foreign Minister says FARDC spokesperson’s suspension was driven by Western pressure

by radiotv10
31/12/2025
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation of Rwanda, Olivier Nduhungirehe, says that the suspension of Major General Sylvain...

IZIHERUKA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier
MU RWANDA

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

by radiotv10
31/12/2025
0

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

31/12/2025
Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

31/12/2025
Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

Hamenyekanye aho kurangiriza umwaka no gutangirira umushya uri mu byishimo muri Kigali

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Moving Alone? 8 Simple Tips to Make the Process Easier

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.