Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23

radiotv10by radiotv10
12/07/2022
in MU RWANDA
0
DRCongo: Umudepite abona Leta ishyira abaturage mu rwijiji ku byayo na M23
Share on FacebookShare on Twitter

Depite Lubaya Claudel Andre wo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye ubuyobozi gufasha abaturage gusohoka mu rujijo yabashyizemo, bukabasobanurira iby’ibiganiro bwagiranye na M23 mu Rwanda muri 2019.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na RBA mu cyumweru gishize tariki 04 Nyakanga 2022, yavuze ko ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwagiye buza mu Rwanda inshuro nyinshi kuganira na bamwe mu bahoze ari abarwanyi ba M23 bahahungiye.

Yavuze ko muri icyo gihe cyose ubuyobozi bwa DRC bwagiye busezeranya ibitangaza byinshi uyu mutwe wa M23 ariko ntibugire icyo bukora.

Depite Lubaya Claudel Andre mu Nteko Ishinga Amategeko ya DRC, mu butumwa yanyijije kuri Twitter, yavuze ko ku byerekeye intambara iri kubera mu burasirazuba bw’iki Gihugu, ubutegetsi bw’iki Gihugu cye bukwiye kugira ibyo busobanurira abaturage babwo.

#RDC Sur la guerre dans l’Est, Kinshasa doit, en interne, sortir du populisme et du confusionnisme et user de la transparence en disant la vérité au peuple sur ses engagements de 2019 avec M23 à Kigali. Notre stratégie de reconquête des territoires occupés par #M23 bat de l’aile

— Lubaya Claudel André (@LubayaClaudel) July 12, 2022

Yavuze ko Leta yashyize mu rujijo no mu kigare abaturage ntibasobanurire ibyerecyeke ibiganiro n’amasezerano yagiranye na M23.

Yagize ati “Kinshasa igomba gukuraho ikigare n’urujijo, igashyira hanze umucyo n’ukuri ku baturage ku byo yumvikanyeho na M23 i Kigali muri 2019.”

Iyi ntumwa ya rubanda, ivuga ko umuti w’ibibazo by’umutekano biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uzaturuka imbere mu Gihugu, yavuze ko guha abaturage ibi bisobanuro ari imwe mu nzira igamije gukura M23 mu bice yafashe.

Imirwano ihanganishije FARDC na M23 yongeye kuzamura umwuka mubi hagati ya Congo n’u Rwanda aho iki Gihugu gishinja u Rwanda gufasha uyu mutwe, mu gihe rwo rubihakana ahubwo rukavuga ko iki Gihugu ari cyo gifasha umutwe wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Abakuru b’Ibihugu byombi baherutse guhurira i Luanda muri Angola mu nama y’imishyikirano yarangije bombi bemeranyijwe guhagarika uyu mwuka mubi uri hagati y’Ibihugu.

Iyi nama yanemeje ko hashyirwaho Komisiyo ihuriweho igamije kwiga iko uyu mwuka mubi warangira, yanagombaga guterana bwa mbere kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nyakanga ariko ikaba yasubitswe bitunguranye kubera ibihe bidasanzwe biri muri Angola byo kunamira uwahoze ari Perezida wayo uherutse kwitaba Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + fourteen =

Previous Post

Bitunguranye inama ya komisiyo ihuriweho n’u Rwanda na DRC yari iteganyijwe none yasubitswe

Next Post

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Paris: Bucyibaruta yakatiwe gufungwa imyaka 20, Abanyamategeko be bahita bijima mu maso

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.