Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe uherutse kugarukwaho ubwo urugo rwe rwagabwagaho igitero cyanakomereje mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatorewe kuyobora Inteko Ishinga amategeko, umwanya yigeze kugira mu myaka 15 ishize.

Ni nyuma y’igitero cyabaye mu gitondo cya kare ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, byavuzwe ko cyari kigamije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi.

Umugore wa Vital Kamerhe, Hamida Chatur Kamerhe ubwo yavugaga uko byari byifashe ubwo urugo rwabo rwagabwagaho iki gitero, yavuze ko cyari kigambiriye kumwivugana, ndetse ko byari bikomeye cyane kubera urusaku rw’amasasu yavugiye iwe, ku buryo atabura kuvuga ko ari Imana yabatabaye.

Nyuma y’iminsi ibiri gusa habaye iki gitero cyari kigambiriye kumwivugana, Vital Kamerhe kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024 yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, dore ko yari n’umukandida kuri uyu mwanya.

Ni umwanya yatorewe ku bwiganze bwo hejuru, ndetse akaba yahundagajweho amajwi n’abagize Inteko benshi mu Ihuriro riri ku butegetsi muri Congo Kinshasa.

Vital Kamerhe ubwo yari amaze gutorerwa uyu mwanya kuri uyu wa Gatatu, yagaragaje ibyishimo byo kuba yagiriwe icyizere n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, by’umwihariko agaruka ku biherutse kumubaho by’iki gitero cyari kigambiriye kumuhitana.

Ati “Muri uyu mwanya mbari imbere, reka nkoresheje uyu mwanya mbabwira ko Imana ishobora byose, kuba yaremeye ko uyu munsi ugera ngo tugere ku gikorwa nk’iki cyo gukorera Igihugu.”

Etienne Andrito, Perezida w’Ishyaka rya de Vital Kamerhe, yavuze ko yishimiye itorwa ry’uyu munyapolitiki, amwifuriza ko Inteko Ishinga Amateteko ye izagira uruhare rukomeye mu gushyira imbere impinduka mu gushaka umuti w’ibibazo byugarije Abanyekongo.

Yagize ati “Igihugu cyacu cyugarijwe n’ibibazo. Ubuyobozi bw’Inteko bugomba kuzakora ibishoboka byose kugira ngo bworoshye akazi kabwo, kandi bugakora icukumbura ry’Inteko. Ni Inteko y’Igihugu igomba gufasha Guverinoma gukora mu gushyira mu bikorwa gahunda zigamije ineza ya rubanda.”

Vital Kamerhe, ni umwe mu banyapolitiki bafite uburambe mu butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, dore ko uyu mwanya wo kuyobora Inteko Ishinga Amategeko n’ubundi atari mushya kuri we, aho yigeze kuwubaho hagati ya 2006 na 2009.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 2 =

Previous Post

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

Next Post

Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we

Related Posts

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

Hagaragajwe igishimangira ko imikoranire y’igisirikare cya Congo na FDLR igishinze imizi

by radiotv10
12/05/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rivuga ko igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gikomeje gukorana n’imitwe irimo uwa FDLR ugambiriye guhungabanya...

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

IZIHERUKA

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego
FOOTBALL

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

by radiotv10
12/05/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

12/05/2025
Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

12/05/2025
U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

U Rwanda rugiye guhamya umubano mwiza hagati yarwo n’ikindi Gihugu cy’i Burayi

12/05/2025
Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

Perezida Kagame ari muri Côte d’Ivoire mu nama yahuriyemo n’abarimo Cyril Ramaphosa wa Afurika

12/05/2025
Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

Ibivugwa ku mugore w’i Nyarugenge wakubiswe na mugenzi we akamugira intere n’icyo yamuhoye

12/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we

Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Ikibazo cy’Umusekirite wagaragaye akubita umutego umufana wa Rayon akagwa bikanganye cyinjiwemo n’inzego

Perezida Kagame yavuze ku buhuza bwa Qatar na America mu by’u Rwanda na Congo

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku byemezo bya Trump byo guhagarikira inkunga Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.