Sunday, January 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye

radiotv10by radiotv10
23/05/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo: Umunyapolitiki wagabweho igitero cyari kinagamiye guhirika ubutegetsi yatorewe umwanya ukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyapolitiki Vital Kamerhe uherutse kugarukwaho ubwo urugo rwe rwagabwagaho igitero cyanakomereje mu Biro by’Umukuru w’Igihugu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatorewe kuyobora Inteko Ishinga amategeko, umwanya yigeze kugira mu myaka 15 ishize.

Ni nyuma y’igitero cyabaye mu gitondo cya kare ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, byavuzwe ko cyari kigamije guhirika ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi.

Umugore wa Vital Kamerhe, Hamida Chatur Kamerhe ubwo yavugaga uko byari byifashe ubwo urugo rwabo rwagabwagaho iki gitero, yavuze ko cyari kigambiriye kumwivugana, ndetse ko byari bikomeye cyane kubera urusaku rw’amasasu yavugiye iwe, ku buryo atabura kuvuga ko ari Imana yabatabaye.

Nyuma y’iminsi ibiri gusa habaye iki gitero cyari kigambiriye kumwivugana, Vital Kamerhe kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Gicurasi 2024 yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, dore ko yari n’umukandida kuri uyu mwanya.

Ni umwanya yatorewe ku bwiganze bwo hejuru, ndetse akaba yahundagajweho amajwi n’abagize Inteko benshi mu Ihuriro riri ku butegetsi muri Congo Kinshasa.

Vital Kamerhe ubwo yari amaze gutorerwa uyu mwanya kuri uyu wa Gatatu, yagaragaje ibyishimo byo kuba yagiriwe icyizere n’abagize Inteko Ishinga Amategeko, by’umwihariko agaruka ku biherutse kumubaho by’iki gitero cyari kigambiriye kumuhitana.

Ati “Muri uyu mwanya mbari imbere, reka nkoresheje uyu mwanya mbabwira ko Imana ishobora byose, kuba yaremeye ko uyu munsi ugera ngo tugere ku gikorwa nk’iki cyo gukorera Igihugu.”

Etienne Andrito, Perezida w’Ishyaka rya de Vital Kamerhe, yavuze ko yishimiye itorwa ry’uyu munyapolitiki, amwifuriza ko Inteko Ishinga Amateteko ye izagira uruhare rukomeye mu gushyira imbere impinduka mu gushaka umuti w’ibibazo byugarije Abanyekongo.

Yagize ati “Igihugu cyacu cyugarijwe n’ibibazo. Ubuyobozi bw’Inteko bugomba kuzakora ibishoboka byose kugira ngo bworoshye akazi kabwo, kandi bugakora icukumbura ry’Inteko. Ni Inteko y’Igihugu igomba gufasha Guverinoma gukora mu gushyira mu bikorwa gahunda zigamije ineza ya rubanda.”

Vital Kamerhe, ni umwe mu banyapolitiki bafite uburambe mu butegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, dore ko uyu mwanya wo kuyobora Inteko Ishinga Amategeko n’ubundi atari mushya kuri we, aho yigeze kuwubaho hagati ya 2006 na 2009.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Rwanda: Abahinzi b’icyayi bahishuye ikiri ku isonga mu bituma bakiri kuri 50% y’umusaruro bifuza

Next Post

Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

25/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we

Uwari umurinzi w’umuhanzi w’ikirangirire yahishuye byinshi ku byanenzwe yakoreye uwari umukunzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.