Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga

radiotv10by radiotv10
19/04/2022
in Uncategorized
0
DRCongo: Umusirikare yishe arashe abantu barindwi barimo Colonel n’uwamurindaga
Share on FacebookShare on Twitter

Umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye mu Gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishe arashe abantu barindwi barimo umusirikare ufite ipeti rya Colonel ndetse n’uwamurindaga n’abasivile batanu.

Uyu musirikare bikekwa ko yari yagize ikibazo cyo mu mutwe, yishe aba bantu mu gitindo cyo kuri iki Cyumweru tariki 17 Mata 2022 mu gace ka Bambu muri Teritwari ya Djugu.

ACTUALITE.CD dukesha aya makuru, ivuga ko uyu musirikare yarashe urufaya rw’amasasu mu kivunge cy’abantu ahagana saa kumi n’ebyiri.

Umwe mu bayobozi bo mu nzego z’ibanze yagize ati “Colonel Janvier, wari Komanda wa Batayo ya kabiri n’umurinzi we bahise bapfa.”

Uyu musirikare kandi na we byagaragaraga ko yagize ikibazo cyo mu mutwe, yahise araswa n’abasirikare bagenzi be ahita apfa.

Imirambo y’abishwe ndetse n’uwabishe yahise ijyanwa mu buruhukiro bw’ibitaro bya Bunia kugira ngo ikorerwe isuzuma rya nyuma.

Iki gikorwa cyabanje gutera impagarara muri aka gaca ka Bambu, ndetse urujya n’uruza rw’ibinyabiziga byerecyeza Bunia-Mongbwalu rurahagara ariko inzego z’umutekano zaje kuhagoboka zisubiza ibintu mu buryo ndetse urujya n’uruza rurasubukurwa nk’uko byemeza n’imiryango itari iya Leta.

Muri Kanama 2021, undi musirikare wo ku rwego rwa Ofisiye na we byaketswe ko yari yagize ikibazo cyo mu mutwe, yishe arashe abasirikare babiri barimo uwari ufite ipeti rya Captain.

Ibikorwa nk’ibi mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwakunze kumvikana ndetse binatuma Sosiyete Sivile ihaguruka irabyamagana, isaba ko kwinjiza abasirikare bashya muri FARDC bikwiye gukoranwa ubushishozi buhanitse hakarebwa inyangamugayo n’abantu badafite imyitwarire idahwitse.

Ku mbuga nkoranyambaga zinyuranye hakunze kugaragara amashusho ya bamwe mu basirikare ba FARDC bahaze ka manyinya bagenda badandabirana ndetse bamwe bagakora n’ibikorwa bigayitse.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + nineteen =

Previous Post

Muhoozi yatangaje ko Masamba Intore azaririma mu birori by’Isabukuru ye

Next Post

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Nta Gihugu gifite ubumuntu cyarebera- Patel yasubije abanenze ibyo kohereza abimukira mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.