Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
28/02/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRCongo&Rwanda: Tshisekedi yagejeje ku muhuza icyo yifuza mbere yo guhura na Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yagiye kuganira na mugenzi wa wa Angola, João Lourenço; atanga icyifuzo anemeza ko yazahura na Perezida Paul Kagame, anavuga ibyo yifuza ko bishyirwa mu bikorwa, mbere yo kuzahura.

Amakuru yo guhura kwa Félix Tshisekedi na João Lourenço, yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu butumwa bwa Perezidansi ya DRC bwatangajwe ku rubuga nkoranyambaga rwa X, buvuga ko Perezida Félix Tshisekedi “Kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro byo mu muhezo [tête-à-tête] na mugenzi we wa Angola, João Lourenço.”

Perezidansi ya DRC ikomeza ivuga ko nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Angola, Tete Antonio; ibi biganiro byahuje Tshisekedi na João Lourenço byamaze amasaha atatu.

Tete Antonio yatangaje ko muri ibi biganiro “Perezida Félix Tshisekedi yatanze icyifuzo akanasezeranya ku guhura na mugenzi we w’u Rwanda.”

Ku bwa Tete Antonio kandi, igihe kirageze ngo ubuhuza butange umusaruro wo ku zindi nzego, nk’uko biteganyijwe ko habaho guhura hagati ya Perezida wa Congo n’u Rwanda.

Muri ibi biganiro, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yasabye ko mbere yo guhura na Perezida Paul Kagame, ngo ingabo z’u Rwanda ziva ku butaka bw’u Rwanda, ndetse no kuba umutwe wa M23 wahagarika imirwano ukajya aho wasabwe kujya.

Ibi biganiro bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri, habaye ibindi byabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, byahuriyemo Perezida Tshisekedi wa DRC, Paul Kagame w’u Rwanda, João Lourenço wa Angola wari wanabitumije, ndetse na William Ruto wa Kenya, na Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo.

Iyi nama yafatiwemo imyanzuro itandukanye, irimo isaba ko imirwano imaze igihe ihanganishije FARDC na M23 ihagarara vuba na bwangu, ndetse inemeza ko huburwa ibiganiro hagati y’Abakuru b’Ibihugu bya DRC n’u Rwanda.

Muri Ethiopia kandi, hanabaye ibiganiro byagiye bihuza João Lourenço n’Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda na DRC, aho uyu Perezida wa Angola wahawe inshingano z’ubuhuza, yagendaga ahura n’Umukuru w’Igihugu ku giti cye mu bihe bitandukanye.

Tshisekedi yagiye guhura na Perezida wa Angola
Bagiranye ibiganiro
Yamugejejeho ibyifuzo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Iburengerazuba: Bamwe batangiye gusuhuka kubera inzara yabateye batayiteguye bafite abo bayishinja

Next Post

Hatangajwe umubare uteye inkeke w’inyamaswa zishwe n’ubukonje mu Gihugu kimwe muri Asia

Related Posts

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
22/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko rikomeje kwakira ubuhamya bw’Abanyekongo benshi bari mu nkambi y’impunzi ya Gatumba mu Burundi, bavuga ko bakomeje...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe umubare uteye inkeke w’inyamaswa zishwe n’ubukonje mu Gihugu kimwe muri Asia

Hatangajwe umubare uteye inkeke w’inyamaswa zishwe n’ubukonje mu Gihugu kimwe muri Asia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.