Tuesday, November 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika

radiotv10by radiotv10
06/09/2022
in MU RWANDA
0
DStv mu bigo biza ku isonga bifite ‘Brands’ zikunzwe kurusha izindi muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo gicuruza serivisi n’ibikoresho by’isakazamashusho DStv kiri mu bigo 100 bya mbere ku Mugabane wa Afurika bifite brands (ibirango) zikunzwe kurusha izindi muri Afurika aho iki kigo kiri ku mwanya wa gatatu mu bigo byo muri Afurika.

Urubuga rwa African Business rwagaragaje uru rutonde rufite umutwe ugira uti “Africa’s Top 100 Brands in 2022” [Ibigo 100 bifite ibirango bikunzwe kurusha ibindi muri 2022], rugaragaraza ibigo by’ubucuruzi n’ishoramari byanikiye ibindi ku Mugabane wa Afurika.

Uru rutonde ruri mu cyegeranyo ngarukamwa cya Brand Africa, rugaragaza ko DStv nk’Ikigo kiri mu ishoramari ry’itangazamakuru, kiza mu bigo 100 bifite brands zishimiriwa kandi zikunzwe kurusha izindi [Top 100 most admired brands] ku Mugabane wa Afurika.

Iki cyegeranyo kigaragaza ko muri uyu mwaka wa 2022, habayeho izamuka rya 4% kuko ryageze kuri 17% rivuye kuri 13% ryari ryabayeho muri 2020-2021.

Mu myaka itatu ishize, Ibigo by’ubucuruzi n’iby’ishoramari byo ku Mugabane wa Afurika, byarushijeho gukoresha imbaraga nyinshi mu rwego rwo guhangana n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19 ndetse no kwihutisha intego z’Isoko Rusange rya Afurika (AfCFTA) bigendeye ku ngamba zashyizweho n’Ibihugu, bituma na byo ubwabyo bizamuka.

Ku rutonde rusange, DStv iza ku mwanya wa 37 mu gihe mu bigo byo muri Afurika iza ku mwanya wa gatatu nyuma MTN na Dangote ziyoboye urutonde rw’ibi bigo byo muri Afurika bifite brands zikunzwe kurusha izindi muri Afurika.

MTN iri ku mwanya wa mbere mu bigo byo muri Afurika, iri ku mwanya wa 10 ku rutonde rusange, naho Dangote ikaza ku mwanya wa 22.

Ku rutonde rusange, Nike iri ku mwanya wa mbere muri brands zikunzwe kurusha izindi muri Afurika, igakurikirwa na Adidas, ku mwanya wa gatatu hakaza Samsung, ku wa kane hakaza Coca Cola ikurikirwa na Apple ya gatanu.

Ku mwanya wa gatandatu haza Tecno ikurikirwa na Gucci ku mwanya wa karindwi, ku mwanya wa munani hakaza Toyota na yo ikurikirwa na Puma iza ku mwanya wa cyenda.

Mu bigo bikora ibijyanye n’itangazamakuru, DStv iza ku mwanya wa mbere ku rutonde rusange mu bigo bikunzwe bikunzwe kuri uyu Mugabane wa Africa. Ikurikirwa na BBC, ku mwanya wa 3 hakaza CNN mu gihe Al Jazeera ari iya 4 naho Canal + ikaba ku mwanya wa 5.

Brand Africa kandi yagaragaje ibigo 25 byo ku Mugabane wa Afurika bifite brands ziteye ishema, aho DStv iza ku mwanya wa kane. Ikurikira MTN iri ku mwanya wa gatatu, na yo ikurikira Ethiopian Airlines mu gihe Dangote iri ku mwanya wa mbere.

 

DStv, intagereranywa muri serivisi z’isakazamashusho…Ibigwi byayo birivugira

DStv, imwe muri kompanyi zicuruza serivisi zijyanye n’isakazamashusho ku mugabane wa Afurika, ikaba ku isonga mu kwerekana amashusho meza anogeye ijisho ndetse ikaba izwiho kuba ari iya mbere mu gutanga serivisi zinoze.

Iyi sosiyete ikomoka muri Afurika y’Epfo, yabonye izuba mu 1992 ubwo yagaragazaga amashusho azwi nka Analogue, iza kumurikwa ku mugaragaro tariki 06 Ukwakira 1996 ubwo hatangiraga amashusho meza azwi nka digital ari nabwo yahise ifata iri zina rya DStv (Digital Satellite Television).

Muri uwo mwaka kandi yahise itangira gukorera mu Bihugu 20 byo ku Mugabane wa Afurika, ndetse iba sosiyete ya mbere yazanye ubucucuruzi bw’isakazamashusho ryo mu ngo kuri uyu Mugabane wa Afurika.

Muri 2002, DStv yatangije uburyo bwa Dekoderi buri no mu bukoreshwa cyane muri iki gihe aho bufasha umuntu kuba yareba amashene atandukanye yo ku Isi hose.

Muri 2006, hatangijwe igerageza ryo kureba amashusho hifashishijwe telefone ngendanwa bwatangijwe buzwi nka DStv Mobile ubu bukaba buzwi nka DStv App aho bwamuritswe ku mugaragaro muri 2011.

Iyi sosiyete icuruza serivisi z’isakamazamashusho, kugeza ubu ikorera mu Bihugu 50 byo ku Mugabane wa Afurika birimo ibyo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara.

Imibare ya 2020, igagaraza ko DStv ifite abafatabuguzi miliyoni 20,1 bo ku Mugabane wa Afurika.

DStv kandi izwiho kuba iza ku isonga mu kwerekana ibiganiro byihariye by’imyidagaduro, iby’ubumenyi, films ndetse n’imikino iba igezweho ku Isi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 10 =

Previous Post

Mushikiwabachou- Mushikiwabo ijambo yungukiye mu Rwanda yamaze kurisanisha n’izina rye

Next Post

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

Related Posts

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Mu Murenge wa Rwabicuma mu Karere ka Nyanza, abaturage basanze umurambo w'umugabo mu nzu itabamo abantu, bigaragara ko wari umazemo...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

by radiotv10
24/11/2025
0

Umugabo w’imyaka 47 y’amavuko wo mu Murenge wa Murunda mu Karere ka Rutsiro, wari ufitanye amakimbirane n’umugore we amushinja kumuca...

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

Umuturage umaze imyaka 14 yarabuze uwamurenganura asobanuye ingaruka z’ibyamubayeho

by radiotv10
24/11/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, avuga ko amaze imyaka 14 abariwe inguranye y’ubutaka bwe bwubatsweho...

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

Two Childhoods, One Home: The Hidden Cause of Parenting Disagreements

by radiotv10
24/11/2025
0

In many homes, disagreements between parents often come from one simple but powerful source: the desire to raise children the...

10 Reasons why you should visit Rwanda

10 Reasons why you should visit Rwanda

by radiotv10
24/11/2025
0

Rwanda has become one of Africa’s most inspiring destinations, a place where natural beauty, safety, culture, and progress blend into...

IZIHERUKA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu
MU RWANDA

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

by radiotv10
25/11/2025
0

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

24/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

24/11/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wakekaga ko umwana umwe muri batandatu yabyaranye n’umugore we atari uwe bamusanze yapfuye

24/11/2025
Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

Uko byagenze ngo FARDC n’umwe mu mitwe iyifasha bakozanyeho mu mirwano noneho ikomeye

24/11/2025
Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

Mu mirwano ihanganishije AFC/M23 na FARDC n’abayifasha hongeye gukoreshwa intwaro za rutura

24/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

Mwabitekereje nabi- Umudepite abwira RSSB yaguze ubutaka bwa miliyari 137 ikabubika ngo kuko buri guhenda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyo bakeka nyuma yo kubona umurambo wari umaze iminsi ibiri mu nzu itabamo abantu

Eng.-AFC/M23 has again accused FARDC and its allies of using heavy weapons

Hamenyekanye ibishya muri dosiye ifitanye isano n’amashusho yo mu buriri y’umuhanzi Yampano n’umukunzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.