Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

radiotv10by radiotv10
29/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Eddy Kenzo wamaze kugera mu Rwanda, nyuma y’umunsi umwe aherekeje mu muhango w’irahira uwo bivugwa ko ari umukunzi we wagizwe Minisitiri muri Uganda, akigera i Kigali yashimiwe iyi ntambwe umukunzi we yateye, agaragaza nk’udashaka kugira byinshi abivugaho, gusa agira ati “Ni byiza, murakoze.”

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tarik 29 Werurwe 2024 aho aje gushyigikira Umuhanzi Platini P. ufite igitaramo cyiswe Baba Experience.

Akigera ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, Eddy Kenzo yakirijwe indabo n’abakobwa beza, bari mu itsinda ry’abakira abashyitsi baje muri iki gitaramo, ubundi umuhanzi Platini ahita amuramutsa.

Yahise yegera ahari itangazamakuru kugira ngo agire icyo ababwira ku rugendo rwe n’uburyo yiteguye igitaramo, umwe mu banyamakuru abanza kumushimira kuba “umukunzi wawe [Girlfriend] yarazamuwe mu ntera.”

Uyu muhanzi yahise amwenyura, umunyamakuru akomeza agira ati “twabonye waranitabiriye umuhango w’irahira rye.” Ariko n’ubundi uyu muhanzi akomeza kugaragaza ko adasha kugira icyo abivugaho, gusa azunguza umutwe agaragaza ko abyemeye, ati “It’s okay it’s fine. Asante sana [Ni byo, ni byiza murakoze cyane].”

📹VIDEO📹
Umuhanzi Eddy Kenzo akigera mu Rwanda, yashimiwe kuba umukunzi we yarazamuwe mu ntera.

📹Instagram: Emmy Rwanda Ikinege pic.twitter.com/xR0p2GSbXZ

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) March 29, 2024

Mu muhango w’irahira ry’abaherutse kugirwa abayobozi mu buyobozi bukuru muri Uganda wabaye ku wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, Eddy Kenzo yaherekeje Phiona Nyamutoro wagizwe Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, bivugwa ko bari mu rukundo.

Urukundo rw’aba bombi, rumaze igihe ruvugwa, ndetse umwaka ushize byavuzwe ko Eddy Kenzo yahaye impano y’imodoka uyu mukunzi we uherutse kwinjira muri Guverinoma ya Uganda.

Phiona Nyamutoro ejobundi ubwo yarahiraga

Yaherekejwe na Eddy Kenzo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 13 =

Previous Post

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Related Posts

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.