Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

radiotv10by radiotv10
29/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Eddy Kenzo wamaze kugera mu Rwanda, nyuma y’umunsi umwe aherekeje mu muhango w’irahira uwo bivugwa ko ari umukunzi we wagizwe Minisitiri muri Uganda, akigera i Kigali yashimiwe iyi ntambwe umukunzi we yateye, agaragaza nk’udashaka kugira byinshi abivugaho, gusa agira ati “Ni byiza, murakoze.”

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tarik 29 Werurwe 2024 aho aje gushyigikira Umuhanzi Platini P. ufite igitaramo cyiswe Baba Experience.

Akigera ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, Eddy Kenzo yakirijwe indabo n’abakobwa beza, bari mu itsinda ry’abakira abashyitsi baje muri iki gitaramo, ubundi umuhanzi Platini ahita amuramutsa.

Yahise yegera ahari itangazamakuru kugira ngo agire icyo ababwira ku rugendo rwe n’uburyo yiteguye igitaramo, umwe mu banyamakuru abanza kumushimira kuba “umukunzi wawe [Girlfriend] yarazamuwe mu ntera.”

Uyu muhanzi yahise amwenyura, umunyamakuru akomeza agira ati “twabonye waranitabiriye umuhango w’irahira rye.” Ariko n’ubundi uyu muhanzi akomeza kugaragaza ko adasha kugira icyo abivugaho, gusa azunguza umutwe agaragaza ko abyemeye, ati “It’s okay it’s fine. Asante sana [Ni byo, ni byiza murakoze cyane].”

📹VIDEO📹
Umuhanzi Eddy Kenzo akigera mu Rwanda, yashimiwe kuba umukunzi we yarazamuwe mu ntera.

📹Instagram: Emmy Rwanda Ikinege pic.twitter.com/xR0p2GSbXZ

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) March 29, 2024

Mu muhango w’irahira ry’abaherutse kugirwa abayobozi mu buyobozi bukuru muri Uganda wabaye ku wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, Eddy Kenzo yaherekeje Phiona Nyamutoro wagizwe Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, bivugwa ko bari mu rukundo.

Urukundo rw’aba bombi, rumaze igihe ruvugwa, ndetse umwaka ushize byavuzwe ko Eddy Kenzo yahaye impano y’imodoka uyu mukunzi we uherutse kwinjira muri Guverinoma ya Uganda.

Phiona Nyamutoro ejobundi ubwo yarahiraga

Yaherekejwe na Eddy Kenzo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × five =

Previous Post

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Related Posts

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umunyamakuru Aimée Beauté Mushashi uzwiho ubuhanga mu gusoma amakuru kuri Televiziyo, yatangaje itariki azakoreraho ubukwe n’umukunzi we. Uyu munyamakuru ukorera...

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

Byinshi utari uzi ku muhanzi Israel Mbonyi ugeze kure ategura Icyambu Season 4

by radiotv10
18/12/2025
0

Umuhanzi w’icyamamare Israel Mbonyi yagiranye ikiganiro n’itangazamakuru avuga inkomoko y’igitaramo akora buri mwaka kuri Noheli kitwa ICYAMBU, ukuntu yanganga amazina...

Havuzwe ibimaze kugerwaho mu iperereza ku munyamakuru Djihad waje mu Rukiko yambaye bidasanzwe

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe abarimo umunyamakuru Djihad baregwa gusakaza amashusho y’urukozasoni

by radiotv10
17/12/2025
0

Abarimo umunyamakuru Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, na bagenzi be baregwa ibyaha birimo gusakaza amashusho y’urukozasoni, bafatiwe icyemezo cyo gufungwa...

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi Yvonne Kayitesi uzwi nka Tessy uri mu myiteguro yo gukorana ubukwe n’umuraperi Shizzo, yakorewe ibirori byo gusezera ku rungano...

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

Dore ubutumwa umuhanzikazi Aline Gahongayire yigeneye ku isabukuru ye

by radiotv10
12/12/2025
0

Umuhanzikazi w’icyamamare mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yizihije isabukuru y’amavuko kuri uyu wa 12 Ukuboza 2025,...

IZIHERUKA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo
MU RWANDA

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

by radiotv10
19/12/2025
0

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

19/12/2025
Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impinduka mu Buyobozi Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, Bazivamo agarukamo

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.