Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri

radiotv10by radiotv10
29/03/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Eddy Kenzo akigera mu Rwanda dore uko yabyitwayemo ashimiwe ko umukunzi we yagizwe Minisitiri
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi w’ikirangirire muri Afurika, Eddy Kenzo wamaze kugera mu Rwanda, nyuma y’umunsi umwe aherekeje mu muhango w’irahira uwo bivugwa ko ari umukunzi we wagizwe Minisitiri muri Uganda, akigera i Kigali yashimiwe iyi ntambwe umukunzi we yateye, agaragaza nk’udashaka kugira byinshi abivugaho, gusa agira ati “Ni byiza, murakoze.”

Eddy Kenzo yageze mu Rwanda mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatanu tarik 29 Werurwe 2024 aho aje gushyigikira Umuhanzi Platini P. ufite igitaramo cyiswe Baba Experience.

Akigera ku kibuga cy’Indege cya Kigali i Kanombe, Eddy Kenzo yakirijwe indabo n’abakobwa beza, bari mu itsinda ry’abakira abashyitsi baje muri iki gitaramo, ubundi umuhanzi Platini ahita amuramutsa.

Yahise yegera ahari itangazamakuru kugira ngo agire icyo ababwira ku rugendo rwe n’uburyo yiteguye igitaramo, umwe mu banyamakuru abanza kumushimira kuba “umukunzi wawe [Girlfriend] yarazamuwe mu ntera.”

Uyu muhanzi yahise amwenyura, umunyamakuru akomeza agira ati “twabonye waranitabiriye umuhango w’irahira rye.” Ariko n’ubundi uyu muhanzi akomeza kugaragaza ko adasha kugira icyo abivugaho, gusa azunguza umutwe agaragaza ko abyemeye, ati “It’s okay it’s fine. Asante sana [Ni byo, ni byiza murakoze cyane].”

📹VIDEO📹
Umuhanzi Eddy Kenzo akigera mu Rwanda, yashimiwe kuba umukunzi we yarazamuwe mu ntera.

📹Instagram: Emmy Rwanda Ikinege pic.twitter.com/xR0p2GSbXZ

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) March 29, 2024

Mu muhango w’irahira ry’abaherutse kugirwa abayobozi mu buyobozi bukuru muri Uganda wabaye ku wa Gatatu tariki 27 Werurwe 2024, Eddy Kenzo yaherekeje Phiona Nyamutoro wagizwe Minisitiri w’Ingufu n’Iterambere ry’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, bivugwa ko bari mu rukundo.

Urukundo rw’aba bombi, rumaze igihe ruvugwa, ndetse umwaka ushize byavuzwe ko Eddy Kenzo yahaye impano y’imodoka uyu mukunzi we uherutse kwinjira muri Guverinoma ya Uganda.

Phiona Nyamutoro ejobundi ubwo yarahiraga

Yaherekejwe na Eddy Kenzo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 2 =

Previous Post

Umuvugabutumwa uzwi mu Rwanda yavuze ibimubaho bimutungura nyuma y’uko afunguwe

Next Post

Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Related Posts

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

Shaddyboo wamenyekanyeho gususurutsa abantu ku mbuga nkoranyambaga agarukanye ubutumwa bw’agahinda yanyuzemo

by radiotv10
07/01/2026
0

Mbabazi Shadia wamamaye nka Shaddy Boo ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banitaga ‘Umwamikazi wazo’, yagaragaje ko umwaka ushize wamubereye uw’imitwaro, ariko...

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

Amakuru mashya: DJ Toxxyk bwa mbere mu Rukiko urubanza rwe rurasubitswe

by radiotv10
07/01/2026
0

Umuvangamiziki Shema Arnaud uzwi nka DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibyaha birimo ibishingiye ku mpanuka aherutse gukora ubwo yagongaga umupolisi akitaba Imana,...

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Umuhanga mu kuvangavanga imiziki, Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk uherutse gutabwa muri yombi nyuma yo kugonga umupolisi agahita yitaba...

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

by radiotv10
05/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano yavuze ko uretse ibibazo by’amashusho ye y’urukozasoni yasakaye, yanagize ibindi byago bikomeye byo gupfusha...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ubutumwa bwuzuye agahinda bw’umuhanzi Yampano bw’ibyamubayeho muri 2025

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano, yagaragaje ko umwaka ushize wa 2025 yawuhuriyemo na byinshi bimukomeretsa umutima, anahishura ko atangiye...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa muri Centrafrique bakorewe igikorwa cyo kubashimira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.